<?xml version="1.0" encoding="utf-8"?>
<rss version="2.0">
<channel>
<title>Bibiriya irasubiza - Recent questions and answers in Ibibazo byerekeye itorero</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=qa&amp;qa_1=ibibazo-byerekeye-itorero</link>
<description>Powered by Question2Answer</description>
<item>
<title>Answered: Itorero nasengamo ryiciyemo ibice 2 none ese naja muruhe ruhande?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=4253&amp;qa_1=itorero-nasengamo-ryiciyemo-ibice-none-naja-muruhe-ruhande&amp;show=4254#a4254</link>
<description>&lt;p&gt;Iki ni ikibazo cyiza buri Mukristo wese akwiriye kumenya no gusobanukirwa igihe byaba ngombwa gufata umwanzuro wo kumenya Itorero asengeramo. Ku muntu utari usanzwe afite Itorero asengeramo, hari uburyo afaswamo guhitamo Itorero, turabaha link hano hasi irimo ibisobanuro birambuye.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ku muntu wari ufite Itorero rikicamo ibice bibiri nk'uko uwabajije iki kibazo abivuga, ubwabyo kwicamo ibice bibiri si ikimenyetso ryiza ku Itorero rya Kristo. N'iyo Itorero ryaba ryakuze Abakristo bakaba benshi ku buryo batabasha gukwirwa aho basengeraga, ntabwo byitwa kwicamo ibice bibiri, ahubwo hashobora gufungurwa ahandi hantu horohereza Abakristo, icyo gihe ntabwo byakwitwa ko Itorero ryiciyemo ibice bibiri, ahubwo byakwitwa ko ryagabye amashami cyangwa se ryagutse. Keretse uwabajije iki kibazo abaye yakibajije nabi, naho ubundi niba yakibajije neza, kwicamo ibice ubwacyo Bibiliya irabirwanya cyane, gusa turabibona kenshi, kandi akenshi biba biturutse ku makimbirane hagani y'abayobozi b'Itorero, ibintu bitari byiza na gato, ndetse Bibliya ibara ibintu byo kwirema ibice nk'umurimo wa kamere:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Tubanze turebere hamwe icyo Bibiliya ivuga ku kwirema ibice cyangwa kwicamo ibice:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abagalatiya 5:&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#121212; font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; color:#777a7b; font-size:14px&quot;&gt;19&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Dore imirimo ya kamere iragaragara ni iyi: gusambana no gukora ibiteye isoni n'iby'isoni nke,&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; font-size:14px&quot;&gt;20&lt;/span&gt;no gusenga ibishushanyo, no kuroga no kwangana no gutongana, n'ishyari n'umujinya n'amahane, no kwitandukanya no kwirema ibice,&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; font-size:14px&quot;&gt;21&lt;/span&gt;no kugomanwa no gusinda, n'ibiganiro bibi n'ibindi bisa bityo. Ndababwira hakiri kare nk'uko nababwiye kera, yuko abakora ibisa bityo batazaragwa ubwami bw'Imana.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abaroma 2:8&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Ariko abafite imitima ikunda kwirema ibice ntibumvire iby'ukuri ahubwo bakumvira gukiranirwa, izabītura umujinya n'uburakari&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abafilipi 1:17&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#777a7b; font-family:Inter; font-size:14px&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:14px&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;naho ba bandi bamamaza ibya Kristo babitewe no kwirema ibice, babikorana umutima ubarega bibwira ko bashobora kunyongerera umubabaro mu ngoyi zanjye.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Yuda 1:19 &lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Abo ni bo bazana kwirema ibice, ni abantu buntu ntibafite Umwuka.&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Biragaragara mu buryo busobanutse ko kwirema ibice atari imbuto y'Umwuka, ahubwo ni imbuto ya kamere. Kandi iyo itorero ryiciyemo ibice kandi biturutse ku bayobozi, abakristo ni bo babigwamo. Iyo byabayeho rero, inama twagira abakristo bireba bazibona kuri link ikurikira: &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=221&amp;amp;qa_1=ku-muntu-udafite-itorero-yahitamo-ate-itorero-asengeramo&amp;amp;show=221#q221&quot;&gt;wakanda hano&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=4253&amp;qa_1=itorero-nasengamo-ryiciyemo-ibice-none-naja-muruhe-ruhande&amp;show=4254#a4254</guid>
<pubDate>Wed, 04 Feb 2026 21:14:23 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Kugirango ube Umushumba, hari Amashuri ya Bibiriya ugomba kuba warize?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=208&amp;qa_1=kugirango-umushumba-hari-amashuri-bibiriya-ugomba-warize&amp;show=4218#a4218</link>
<description>&lt;p&gt;Gusubiza neza iki kibazo bisaba kubanza gusobanukirwa neza amateka y'icyo twita &quot;ishuri&quot;.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Niba dufata ishuri&amp;nbsp;nk'uko turizi ubu, ni ukuvuga ahantu abantu bicara bakigishwa n'umuntu cyangwa abantu, bagahabwa amasomo&amp;nbsp;yabanje gutegurwa, hakabamo n'ibyiciro bigendeye ku myaka cyangwa ubumenyi, amateka yaryo si aya cyera cyane nk'uko abantu bamwe baba babyibwira:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Hanze ya Bibiliya&lt;/strong&gt;, amateka agaragaza ko amashuri nk'uko tuyazi ubu atabagaho mbere ya Yesu. Icyo gihe habagaho nk'icyo umuntu yakwita &quot;Gutozwa&quot; kw'abantu, aho mu bihugu byari byarateye imbere habagaho gushyira hamwe abantu bacye bafatwagwa nk'abahanga, bakigishwa cyane cyane ibijyanye na &quot;philosohie&quot;. Nyuma ya Yesu, amashuri nk'uko tuyazi ubu yatangiye kubaho ahagana mu kinyejana cya 15.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Muri Bibiliya mbere ya Yesu, &lt;/strong&gt;nko mu gihe cy'umuhanuzi Samuel, habagaho ibyo bamwe bita ubu &quot;ishuri ry'abahanuzi&quot;, hari ahantu hahurizwaga hamwe abasore bakigishwa amategeko kandi&amp;nbsp;bagatozwa gukorera Imana. Mwene aya mashuri (niba ariko twayita) yabaga i Beteli, n'i Yeriko, ahabaga abana b'abahanuzi babarirwaga muri 50. &lt;strong&gt;(2 Abami 2:1-7)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Mu isezerano rishya nyuma ya Yesu,&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;mu gitabo cy'ibyakozwe n'intumwa havugwa ahantu muri Efeso hari hari ishuri ryari iry'umugabo witwaga Turano, ndetse iri shuri Pawulo yaryigishijemo kenshi. &lt;strong&gt;Ibyakozwe 19:9&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#121212; font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;Ariko bamwe binangiye imitima banga kwizera, batukira Inzira ya Yesu imbere y'abantu. Ava muri bo arobanura abigishwa, iminsi yose agīra impaka mu nzu yo kwigishirizamo ya Turano.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;mu ndimi z'amahanga bavuga neza &quot;School, Ecole)&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:19.2px&quot;&gt;&lt;strong&gt;( Actes 19:9 &quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:system-ui,-apple-system,&amp;quot;Segoe UI&amp;quot;,Roboto,Ubuntu,Cantarell,&amp;quot;Noto Sans&amp;quot;,sans-serif,Arial&quot;&gt;Mais, comme quelques-uns restaient endurcis et incrédules, décriant devant la multitude la voie du Seigneur, il se retira d'eux, sépara les disciples, et enseigna chaque jour dans l'école d'un nommé Tyrannus.&amp;nbsp; &lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#2980b9&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:system-ui,-apple-system,&amp;quot;Segoe UI&amp;quot;,Roboto,Ubuntu,Cantarell,&amp;quot;Noto Sans&amp;quot;,sans-serif,Arial&quot;&gt;&lt;strong&gt;Act 19:9&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:system-ui,-apple-system,&amp;quot;Segoe UI&amp;quot;,Roboto,Ubuntu,Cantarell,&amp;quot;Noto Sans&amp;quot;,sans-serif,Arial&quot;&gt;&amp;nbsp;&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#2980b9&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt;But when divers were hardened, and believed not, but spake evil of that way before the multitude, he departed from them, and separated the disciples, disputing daily in the school of one Tyrannus.&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:system-ui,-apple-system,&amp;quot;Segoe UI&amp;quot;,Roboto,Ubuntu,Cantarell,&amp;quot;Noto Sans&amp;quot;,sans-serif,Arial&quot;&gt;)&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uretse ibyerekeranye n'amashuri, ihame ryo kwigishwa no gutozwa gukorera Imana rigaragara henshi muri Bibiliya. Abakozi b'Imana benshi muri Bibiliya bagaragara batozwa n'ababakuriye: Nka Pawulo, uretse kuba yari yarize cyane amategeko mu by'Abafarisayo, yanatorejwe ku birenge bya Gamaliyeli. Elisa yatojwe na Eliya, Yosuwa yatojwe na Mose....&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri Bibiliya hagaragara kenshi abantu bigisha abandi mu buryo bumwe cyangwa ubundi. &lt;strong&gt;2 Ngoma 17:9&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Abo bigisha mu Buyuda bafite igitabo cy'amategeko y'Uwiteka, bagenda imidugudu y'i Buyuda yose bigisha abantu.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubwo Daniel na bagenzi be batatu bagezwaga i Babuloni, bashyizwe mu ishuri ry'Abakaludaya ryo kubigisha ururimi n'umuco by'i Babuloni imyaka itatu yose.&lt;strong&gt; (Daniel 1:1-5)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bibiriliya iratuburira ku ngaruka zo kutigishwa: &lt;strong&gt;Yesaya 29:11-12&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-family:Inter&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:14px&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Kwerekwa kose kwabahindukiye nk'amagambo yo mu gitabo gifatanishijwe ikimenyetso, iyo bagihaye umuntu wigishijwe bati “Soma iki gitabo”, akabasubiza ati “Simbasha kugisoma kuko gifatanishijwe ikimenyetso”,&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; font-size:14px&quot;&gt;12&lt;/span&gt;maze bakagiha utigishijwe bati “Soma iki gitabo”, akabasubiza ati “Reka da! Sinigishijwe.”&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Biragaragara mu buryo butajijinganywaho ko ku mukozi w'Imana, ihame ryo kwemera guca bugufi ukigishwa cyangwa ugatozwa gukorera Imana si inyigisho z'ubuyobobe. Ubu se iyo uza kuba utarize gusoma, wari kuba urimo gusoma ibi?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Ku rundi ruhande, Bibiliya ntivuga ngo kugirango ube umukozi w'Imana ugomba kuba warize kugeza ku rwego runaka. Abayobozi b'amadini n'amatorero ni bo bakagombye gushyiraho umurongo-ngenderwaho, birumvikana ko ku ruhande rumwe biragoye cyane ko wayobora abantu utanazi gusoma no kwandika, ku rundi ruhande, abayobozi bakagombye kumenya urwego runaka n'ubumenyi urwo rwego rukeneye.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Ni byo rwose ko gukorera Imana bisaba mbere na mbere ko uba warahamagawe, ariko umuhamagaro ntukuraho kwemera gutozwa no kwigishwa. Muri uyu murimo w'Imana nta kintu nabonye gisenya nko kugira ishyaka ritarimo ubumenyi. Mwene iri shyaka akenshi&amp;nbsp; rirasenya aho kubaka.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Birumvikana ko buri muntu wese ufite umutwaro wo gukorera Imana atariko yagira amahirwe yo kwiga ishuri rya Bibibiliya kubera impamvu zitandukanye. Yewe, n'intumwa za Yesu ubwazo ntabwo ariko zose zari zarize amashuri asanzwe, ndetse bamwe muri bo batekerezwaga nk'abaswa kuko batari barize amashuri y'icyo gihe. Iyo Yesu yatoranyaga ntiyarebaka ku mashuri mbere na mbere. &lt;strong&gt;Ibyakozwe 4:13&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:14px&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Babonye ubushizi bw'amanga bwa Petero na Yohana, kandi bamenye ko ari abaswa batigishijwe baratangara, maze bibuka ko babanaga na Yesu.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt;Habaho ibyo twita &quot;kwigira mu murimo&quot; (Guhamagarwa, ugakora ariko ugakora uniga icyarimwe). Na byo bibaho kandi si ikosa.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Muri context y'u Rwanda, aho ubuyobozi bwa Leta busaba ko kugirango umuntu abe umukozi w'Imana ku rwego runaka agomba kuba yarize amashuri ya Bibiliya runaka, ni ngombwa cyane kugendera ku ihame ryo kubaha ubuyobozi. Ahantu honyine Umukristo ashobora kutubaha ubuyobozi, ni igihe itegeko ry'ubuyobozi rihabanye n'itegeko ry'Imana &lt;strong&gt;(Ibyakozwe 5:29)&lt;/strong&gt;. Rero kuri iki kibazo turiho, ntabwo amabwiriza y'ubuyobozi atandukanye n'aya Bibiliya, kuko ihame ryo kwigishwa no gutozwa na ryo ni ihame rya Bibiliya.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Mwuka Wera akomeze atuyobore.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ev. Innocent M.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=208&amp;qa_1=kugirango-umushumba-hari-amashuri-bibiriya-ugomba-warize&amp;show=4218#a4218</guid>
<pubDate>Tue, 28 Oct 2025 19:20:33 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese koko abagore bagomba guceceka iyo bari mu rusengero? Ese ntibemerewe kubwiriza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=230&amp;qa_1=abagore-bagomba-guceceka-rusengero-ntibemerewe-kubwiriza&amp;show=1111#a1111</link>
<description>&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ikibazo cy'abagore b'i Korinto babujijwe kuvugira mu ruhame&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;=================&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubundi nk'uko dukunze kubivuga, hari ibibazo by'ingenzi tugomba guhora twibaza igihe cyose twifuza gusobanukirwa n'icyanditswe runaka:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Haravuga nde?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Arabwira nde?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ryari?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Kubera iki?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;-.... n'ibindi&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo wibajije ibi bibazo, bigufasha kumenya niba icyanditswe runaka kiri applicable ku bantu bose ku isi yose cyangwa niba kiri specific ku muntu cyangwa abantu runaka.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;-&lt;strong&gt;URUGERO:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Intang 3:4-5&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;[4]Iyo nzoka ibwira umugore, iti “Gupfa ntimuzapfa, [5]kuko Imana izi yuko ku munsi mwaziriyeho, amaso yanyu azahweza mugahindurwa nk'Imana, mukamenya icyiza n'ikibi.”&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Haravuga nde? SATANI&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Arabwira nde? EVA&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ryari? BAKIRI BAZIMA MURI EDENI&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Kubera iki? AGAMIJE KUMUKORESHA ICYAHA.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Iki cyanditswe kigamije kutwigisha iko icyaha cyinjiye mu isi n'ububi bwa satani. Ariko rero, Kuva uvuga ari satani, bidasubirwaho duhita tumenya ko icyo cyanditswe kirimo uburiganya bwa satani, kubera izo mpamvu, sinshobora kucyitwaza ngo ngikoreshe kuko satani ni umunyabinyoma.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;URUNDI RUGERO:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2 Tim 4:13&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&quot;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Nuza uzazane umwitero nasize i Tirowa kwa Karupo n'ibitabo, ariko cyane cyane uzazane iby'impu.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Haravuga nde? PAWULO&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Arabwira nde? TIMOTEYO&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ryari? UBWO PAWULO YARI AFUNZE&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Kubera iki? BYARI MU GIHE CY'IMBEHO, PAWULO YARI AKENEYE IMYAMBARO ISHYUSHYE&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Icyo cyanditswe kiri specific kuri Timoteyo, kigamije kutugaragariza conditions Pawulo yari arimo, kutwigisha imibanire yari afitanye n'umwana we Timoteyo... ariko sinshobora kukigira icyange kuko njye simfunzwe, sindi mu bukonje, ndetse n'imyambaro ishyushye ndamutse nyikeneye aho nayikura ndahazi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;URUNDI RUGERO:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Mt 11:28&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;“&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Mwese abarushye n'abaremerewe, nimuze munsange ndabaruhura.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Haravuga nde? YESU&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Arabwira nde? Abarushye n'abaremerewe&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ryari? Ibihe byose&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Kubera iki? KUKO YIFUZA KUTURUHURA&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Iki cyanditswe ni icya buri wese mu bihe byose, cyakoreshwa na buri wese mu bihe byose.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bibiriya ifite imirongo ibarirwa muri 31,000 ariko buri murongo wose uwabishobora yawunyuza muri iyo ndorerwamo. Muri Bibiriya harimo ibyanditswe bitandukanye bigamije ibintu bitandukanye&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Harimo ibitwigisha&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Harimo ibidutegeka&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Harimo ibituburira&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Harimo ibitubuza&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Harimo ibitubwiriza&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Harimo ibitanga amakuru&lt;/p&gt;&lt;p&gt;-.....&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo icyanditswe runaka kigamije kwigisha, gishobora kwigishiriza ku muntu runaka wacaga mu bihe runaka ahantu runaka, icyo gihe icyo cyanditswe kiba kiri specific kuri uwo muntu runaka:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;URUGERO:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;Ibyabaye kuri Yobu bigamije kutwigisha ko umuntu ashobora kugeragezwa, akababazwa bishoboka ariko akaguma ku Mana. Amagambo yavuzwe n'inshuti za Yobu, hafi ya yose Imana yarayagaye. Kuba wafata amagambo yavuzwe na Elifazi ukayagira ayawe kandi Imana yarayagaye, byagutura mu makosa. ELIFAZI na BILUDADI bavugaga ko umukiranutsi adashobora kubabazwa kariya kageni, ngo kubera izo mpamvu Yobu arababeshya, kuba byaramubayeho ngo ubwo yakoze ibyaha yihishe. N'ubwo speech ya Elifazi yanditse muri Bibiriya, NTIWAYIFATA NGO UYIGIRE AKABANDO KAWE KUKO IMANA YARAYIGAYE. Iyo speech ya Elifazi na bagenzi be, ibereye muri Bibiriya kutwigisha ko imitekerereze y'abantu ihabanye n'imitekerereze y'Imana, ntibereyemo kutubera akabando twishingikiriza.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;========&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ku birebana n'ibyo Pawulo yandikiye Abakorinto rero:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1 Kor 14:34-35&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;[34]abagore nibacecekere mu materaniro, kuko batemererwa kuvuga, ahubwo baganduke nk'uko amategeko na yo avuga.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;[35]Kandi nibagira icyo bashaka kumenya babibarize abagabo babo imuhira, kuko biteye isoni ko umugore avugira mu iteraniro.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu bisobanuro twatanze mbere yo gusoma igitabo cy'Abakorinto, twasobanuye neza uko Itorero ry'i Korinto ryari rimeze mbere y'uko Pawulo aryandikira bwa mbere. Sinirirwa mbisubiramo uwabishaka yabisubiramo biracyahari, ariko mu ijambo rimwe ryari ryaracitsemo ibice bikomeye, ndetse bo ubwabo bandikiye Pawulo bamutabaza ngo akize amakimbirane yari aririmo (1 Abakorinto 7:1)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Inzandiko za Pawulo ni nziza cyane, ariko abanditsi bandi bo muri Bibiriya (banditse nyuma ya Pawulo) na bo ubwabo bemera ko inzandiko za Pawulo ari izo kwitondera kuko zirimo byinshi bigoye gusobanukirwa, ndetse nka Petero we ahamya iko ibyanditswe na Pawulo abaswa babikoresha nabi....&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2 Pet 3:15-16&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;[15]Mumenye yuko kwihangana k'Umwami wacu ari agakiza, nk'uko mwene Data ukundwa Pawulo yabandikiye abwirijwe n'ubwenge yahawe,&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;[16]ndetse no mu nzandiko ze zose yavuze ibyerekeye ibyo. Icyakora zirimo bimwe biruhije gusobanukirwa, ibyo abaswa bahindagurika bagoreka, nk'uko bagira ibyanditswe bindi bakizanira kurimbuka.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo Pawulo yandikira Itorero ry'irunaka, yabaga agamije kuritunganya kurushaho, rimwe na rimwe agakemura ibibazo runaka bitewe n'aho riri:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;INGERO:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;*1)* Ubwo yandikiraga Abefeso, yatsindagiye ibijyanye n'intwaro z'Umwuka, kuko muri Efeso bari barabaswe n'ibigirwamana, kuhikura byasabaga kwambara intwaro z'Umwuka ugakomeza. Ibyo byanditswe natwe ni ibyacu, urwo rugamba rw'Umwuka turuhoramo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;*2)* Ubwo yandikiraga Abagalatiya, yatinze ku myitwarire ikwiriya kuranga Umukristo, kuko icyo gihe Abagalatiya bibwiraga ko bihagije kwizera Yesu ubundi ibyo wakora byose ngo ubugingo warangije kububona tayari. Ibyo Pawulo yarabirwanije, ababwira ko abizer Yesu bagomba kurangwa n'imbuto z'Umwuka zigatandukana n'imirimo ya kamere. Ibyo natwe biratureba uyu munsi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;*3)* Ubwo yandikiraga Abaroma, i Roma hari haradutse inyigisho n'impaka ku bijyanye n'aho amategeko ya Mose ahuriye n'agakiza ka Yesu. Yabitinzeho abisobanura, kandi ibyo natwe biratureba.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;*4)* Ubwo yandikira Abakorinto bwa mbere, Itorero ry'i Korinto ryari ryariyononnye bikomeye, ndetse ryari ryaracitsemo ibice byinshi kubera imyumvire itandukanye.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bimwe muri ibyo bice, hari abatekerezaga ko umugore adakwiriye kwigisha mu iteraniro, kuko ni uko bari barasanze umuco wa Kiyuda wari uteye.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;NONEHO RERO, amwe mu mabwiriza akomeye ategekwa abantu bajyana ubutumwa bwiza aho batarabwumva na gato, avuga ko umu missionaire agomba kwitwararika ikintu kitwa &quot;UMUCO&quot; asanze ahantu. Niba ujyanye ubutumwa bwiza ahantu ugasanga abagabo bambara amakanzu, uzirinde ntuzatangirire ku kubuza abagabo kwambara amakanzu, kuko nutangira utyo ntibazaba bakikumvise.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Niba uri umu missionaire ukazana ubutumwa bwiza mu Rwanda ugasanga mu myaka ya za 1960 abanyarwandakazi batega ibitambaro mu mutwe, ugasanga ntibemerewe kwambara amapantaro.... uzivugire ubutumwa bwiza bwa Kristo ureke Abanyarwandakazi bambare uko umuco wabo ubasaba, nibamara gusobanukirwa neza aho agakiza gahurira n'imyambarire bazakumva vuba.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;_ICYO NI CYO CYABAYE I KORINTO: Umuco w'Abakorinto ntiwemereraga abagore guhagarara imbere y'abantu ngo bavuge mu ruhame._&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;Nk'umu missionnaire ubwirijwe na Mwuka Wera, Pawulo yasabye Abakorinto kudasenya umuco bavukiyemo kuko byashoboraga gusenya Itorero. Ni cyo cyatumye asaba Abakorintokazi kutavugira mu ruhame.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Icyo cyanditswe cyandikiwe gukemura ikibazo cyari LOCAL, kubera izo mpamvu ntabwo kiri applicable ku matorero yose yo ku isi.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;*IKIMENYIMENYI:* Bibiriya ntiyivuguruza, kandi muri Bibiriya tubonamo *Abahanuzikazi*:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Kuv 15:20&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&quot;Kandi Miriyamu umuhanuzikazi mushiki wa Aroni, ajyana ishako, abagore bose barasohoka bamukurikira bafite amashako babyina.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abac 4:4&lt;/strong&gt; Icyo gihe umucamanza w'Abisirayeli yari Debora umuhanuzikazi, muka Lapidoti.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2 Bami 22:14&lt;/strong&gt; Nuko Hilukiya umutambyi, na Ahikamu na Akibori, na Shafani na Asaya, baragenda basanga umuhanuzikazi. Hulida muka Shalumu umuhungu wa Tikuva, mwene Haruhasi umubitsi w'imyambaro (kandi uwo mugore yari atuye i Yerusalemu mu gice cyaho cya kabiri), bavugana na we.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; None se aba bahanuzikazi ntibari abagore? Ntibavugiraga mu ruhame se?&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;*NGAYO NGUKO, Ndibwira ko bisobanutse Uwiteka atugirire neza.*&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=230&amp;qa_1=abagore-bagomba-guceceka-rusengero-ntibemerewe-kubwiriza&amp;show=1111#a1111</guid>
<pubDate>Fri, 13 Dec 2024 21:58:58 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ku muntu udafite itorero, yahitamo ate itorero asengeramo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=221&amp;qa_1=ku-muntu-udafite-itorero-yahitamo-ate-itorero-asengeramo&amp;show=646#a646</link>
<description>&lt;p&gt;Iki ni ikibazo cyiza buri muntu udafite itorero aba akwiriye kwibaza mbere yo gufata umwanzuro wo gusengera mu Itorero runaka. Tutarajya kure, tubanze tubabwire ko Itorero rya Kristo ari kimwe natwe abantu: Nta Torero ryera de! kuko uturwanya ninawe urwanya Itorero rya Kristo. Ariko n'ubwo&amp;nbsp;bimeze bityo, hari ibintu by'ingenzi umuntu agomba kwitaho mu gutoranya Itorero. Bamwe bishobora kuborohera kuko wenda aho batuye nta mahitamo menshi ahari, ariko abandi bikabagora kuko begeranye n'amatorero menshi.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Hari ibintu byafasha umuntu guhitamo Itorero rizima&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;1. Doctrine:&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ikintu cya mbere na mbere umuntu wifuza kubona Itorero rizima asengeramo, agomba kureba icyo twita &lt;strong&gt;&quot;imyizerere&quot; (Doctrine)&lt;/strong&gt;; Muri rusange amatorero ya Gipantekote yose agira imyizerere imwe kuko imyizerere ntihinduka mu gihe no mu isanzure. Niba wifuza kumenya imyizerere mizima amatorero y'Umwuka agenderaho, &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=ibyo-twizera&quot;&gt;wakanda hano.&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;Ibi twita &quot;Imyizerere&quot; ni inkingi za mwamba, ku buryo Itorero ritizera n'imwe muri izi nkingi, cyangwa riyisobanura uko itari, ntukwiriye kuribamo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2. Discipline:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nyuma y'imyizerere, Itorero rizima rigomba no kuba rifite Discipline nzima. Imyitwarire n'imibereho y'abakristo, bigaragaza niba ari Itorero rishobora gutuma&amp;nbsp;ukura mu buryo bw'Umwuka n'ubw'umubiri. Mu rusengero imbere hakorerwamo iki? Ese baramya cyangwa bagahimbaza mu buryo byagufasha? Umuziki waho ntacyo ugutwaye? Hanze yarwo babaho bate? akenshi ntabwo bisaba ubushakashatsi bwinshi ngo umenye imibereho y'abanyetorero runaka: No hanze aha bazi kubireba bakabimenya bidasabye Umwuka Wera.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;3. Imiryango ifunguriwe bose:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ni ngombwa cyane kwitondera amatorero afite criteria z'abagomba kuyasengeramo. Itorero rya Kristo rifungurira&amp;nbsp;imiryango abifuza agakiza bose, nta tandukaniro ku Bayuda, Abagereki, abize, abatarize, abakire, abakene.... muri make nta gutandukanya cyangwa gutonesha bamwe hashingiwe ku cyo ari cyo cyose. Itorero rizima rizirikana ibyiciro byose by'abantu, abana, abashakanye, ingaragu... kandi bose bagashyirirwaho inyigisho zigamije kubafasha bijyanye n'icyiciro babarizwamo. Ku babyeyi bafite abana, bagomba kuzirikana cyane inyigisho z'abana babo kuko na Bibiriya ibibasaba (Abefeso 6:4)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;4. Kwisanga:&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bitewe n'icyiciro cy'ubuzima urimo, ni byiza cyane kureba Itorero rizatuma wisanga kandi ukisanzura kuko usanzemo abo muhuje icyo cyiciro. Ubaye ukiri urubyiruko, byakuvuna gusengera mu Itorero ririmo abashakanye gusa. Ubaye waratandukanye n'uwo mwashakanye (ni urugero), byakuvuna gusengera mu itorero rivuga ko abatandukanye n'abo bashakanye badakijijwe.... n'ibindi nk'ibyo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;5. Gufasha:&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Itorero rizima ntiryita ku by'Umwuka gusa, rinagerageza gufasha ababikeneye mu buryo bw'umubiri. Birumvikana ko amatorero amwe n'amwe adafite ubushobozi bwo gukora ibihambaye mu gufasha ababikeneye, ariko burya iyo ufite umutima wo gufasha wanakoresha ibyo wabashije kubona ukagira uwo wafasha mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Ntabwo ibyo tuvuze haruguru ari urutonde ngenderwaho mu buryo budasubirwaho, icyakora byafasha umuntu udafite Itorero guhitamo neza.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;6. Uburyo bwo kurigeraho: &lt;/strong&gt;Biba byiza iyo Itorero wifuza gusengeramo riri hafi yawe, ukaba ushobora kurigeraho bitakugoye. Kuba Itorero ari ryiza ntibihagije, kuko ribaye ari ryiza ariko rikaba riri kure yawe ntacyo byagufasha. Ibi na byo ni ingenzi cyane, ugomba guhitamo Itorero ushobora kugeraho bikoroheye kugirango ubashe kwitabira gahunda zaryo igihe cyose bibaye ngombwa.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Igihe ubona Itorero ridahuza n'umutima wawe mu buryo bumwe cyangwa ubundi, si byiza kurijyamo ujyanywe no guhindura ibyo usanzemo ngo bizabe uko ushaka. Oya rwose, aho ni ho usanga havuka amakimbirane atandukanye mu nzu y'Imana. Si byiza kurwanya abatangiye umurimo kuko wifuza ko ibintu biba nk'uko ubyifuza. Ni iki kikubwira ko uko ubyifuza ari byo byo? None se nyuma yawe nihaza utabona ibintu kimwe nawe, uzamwemerera nawe akurwanye? Oya rwose, itorero rya Kristo ni ahantu abantu barangwa no kubahana kandi bakazirikana ko ari urugingo rumwe. Ibi binareba abatangiye umurimo na bo bakaba bawugejeje kure kubw'ubuntu bw'Imana.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ikiri hejuru y'ibi byose, Uwifuza kujya mu Itorero runaka agomba gusenga, agasaba Imana kuyoborwa na yo ikamujyana aho imwifuza kandi ibona ko azayigirira umumaro. &lt;strong&gt;Zaburi 32:8 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Nzakwigisha nkwereke inzira unyura, Nzakugira inama, Ijisho ryanjye rizakugumaho.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, uwiteka abagirire neza.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=221&amp;qa_1=ku-muntu-udafite-itorero-yahitamo-ate-itorero-asengeramo&amp;show=646#a646</guid>
<pubDate>Wed, 27 Sep 2023 10:11:28 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Bibiriya ivuga iki ku guhagarika Abakristo bakoze ibyaha bikomeye?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=217&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-guhagarika-abakristo-bakoze-ibyaha-bikomeye&amp;show=640#a640</link>
<description>&lt;p&gt;Mu matorero yose no mu madini atandukanye, hakunze kumvikanamo ibihano bitandukanye bihabwa abayasengeramo bagaragaje imyitwarire itari myiza. Si mu matorero ya Gipantekote gusa, kuko no mu yandi madini bibamo; nko muri kiriziya Gatorika aho Abakristo bitwaye nabi bahagarikirwa amasakaramentu. Hari n'aho bigera bigafata isura ikarishye nko mu Bahamya ba Yehova aho uwo bahannye ashyirwa hanze y'Itorero, ndetse n'abasigaye bakaba batemerewe no kumusuhuza igihe bahuriye hanze. Muri Islam bakubita inkoni umubare runaka abahasengera bakoze amakosa runaka... n'ibindi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu matorero ya Gipantekote naho abakristo bakoze ibyaha bikomeye barahanwa, cyane cyane abafite inshingano mu murimo w'Imana. Bamwe bahagarikwa mu nshingano zabo mu gihe runaka, abandi bakangirwa bimwe na bimwe mu bigenerwa abandi, byose biterwa n'umurongo Itorero ryihaye. Uko byagenda kose, igikorwa cyo guhagarika umukristo wakoze icyaha gikomeye si ubuyobe kuko bifite intandaro muri Bibiriya.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mbere yo kureba ingero zo muri Bibiriya, tubanze tuvuge ko Bibirya ivuga mu buryo busobanutse uko dukwiriye kugerageza umukristo wahemutse: &lt;strong&gt;MATAYO 18:15&amp;nbsp;&lt;/strong&gt; Bibiriya igira iti: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;“Mwene so nakugirira nabi, ugende umumenyeshe icyaha cye mwiherereye, nakumvira uzaba ubonye mwene so. [16]Ariko natakumvira umuteze undi cyangwa babiri, ngo ‘Ijambo ryose rikomere mu kanwa k’abagabo babiri cyangwa batatu.’[17]Kandi niyanga kumvira abo uzabibwire Itorero, niyanga kuryumvira na ryo, azakubeho nk’umupagani cyangwa umukoresha w’ikoro.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; Iki cyanditswe kirasobanutse cyane: Umukristo wagize nabi aragoragozwa, kugeza aho arinda gufatwa nk'umupagani igihe yanze kumva. Aya magambo yavuzwe na Yesu ubwe. None se igihe yageze aho afatwa nk'umupagani, yakwemererwa kuguma mu nshingano kandi abapagani batagira inshingano mu Itorero rya Kristo?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Urugero rw'iki kibazo muri Bibiriya rugaragara mu Bakorinto, ahagaragaye Mwenedata umwe wakoze ibitanakorwa n'umupagani: Pawulo abivuga atya:&lt;strong&gt; 1 Abakorinto 5:1&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Inkuru yamamaye hose yuko muri mwe habonetse ubusambanyi, ndetse bw’uburyo butaboneka no mu bapagani, umuntu kwenda muka se.&quot; &lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;Iki kibazo cyababaje Pawulo (Kandi ntawe kitababaza) ku buryo Pawulo mu butware bwe yirukanye uyu mugabo mu itorero muri aya magambo: &lt;strong&gt;1 Abakorinto 5:4-5&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kandi bwo nari nteraniye hamwe namwe mu mutima wanjye dufite ububasha bw’Umwami wacu Yesu, nahawe ubutware na we, [5]kugira ngo uwo muntu muhe Satani umubiri we urimbuke, umwuka we ubone kuzakira ku munsi w’Umwami Yesu.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt; (Amaherezo y'uyu mugabo Pawulo yayavuze mu rwandiko rwa kabiri, turabibona hasi).&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko byagenda kose, ibihano byabaho byagira, ababitanga n'ababihabwa bagomba kuzirikana ko ikigamijwe ari kimwe: Kugorora mwenedata no kumugarura mu nzira nziza. Uwo murongo dusomye haruguru urabivuga neza, icyo Pawulo yari agamije cya mbere cyari ukugirango uriya mugabo azakire ku munsi w'Umwami Yesu. Aho bishoboka Uwakoze icyaha akwiriye kugaruzwa ubugwaneza nk'uko Pawulo yabyandikiye Timoteyo:&amp;nbsp; &lt;strong&gt;(2 Timoteyo 2:25)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nyuma y'urwandiko rwa mbere aho Pawulo agaragariza abakorinto umwanzuro ukarishye yafatiye wa mugabo wari wenze mukase, yabandikiye urwandiko rwa kabiri agira icyo avuga kuri wa mugabo: &lt;strong&gt;2 Abakorinto 2:6-8&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Noneho rero, igihano wa wundi yahanwe na benshi kiramuhagije, [7] ni cyo gituma mukwiriye kumubabarira no kumuhumuriza, kugira ngo aticwa n’agahinda gasaze. [8] ku bw’ibyo ndabingingira kugira ngo mumugaragarize urukundo rwanyu.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; Biragaragara rwose, Pawulo ntiyifuza gutakaza uyu mwenedata, ni urugero rwiza rw'uko abahana bakwiriye guhana batabikoreshejwe n'umujinya, ahubwo basunitswe n'ubugingo bw'uwakoze icyaha.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu kurangiza, tuvuge ko guhana mu Itorero bitagamije gusa kugarura uwacumuye, binagamije kurinda ubuhamya bwiza bw'umukumbi wa Kristo. Mwese ngirango muzi uburere bw'umwana warezwe atagira igitsure cy'umurera. Niko bimeze no mu itorero rya Kristo, ntabwo abakristo bagomba kwidegembya ngo bikorere ibyo bishakiye nta rutangira.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka abagirire neza&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=217&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-guhagarika-abakristo-bakoze-ibyaha-bikomeye&amp;show=640#a640</guid>
<pubDate>Tue, 26 Sep 2023 17:43:48 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Tugomba kujya ku ifunguro ryera kangahe mu gihe kingana iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=629&amp;qa_1=tugomba-kujya-ku-ifunguro-ryera-kangahe-mu-gihe-kingana-iki&amp;show=630#a630</link>
<description>&lt;p&gt;Muri Bibiriya Yera nta na hamwe hagararagara inshuro tugomba gujya ku meza y'Umwami (Ifunguro ryera), ngo inshuro zingahe mu gihe kingana iki. Amabwiriza n'impamvu yo kujya ku ifunguro ryera Yesu ubwe ni we wayitangiye muri aya magambo:&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt; &quot;Yenda umutsima arawushimira, arawumanyagura arawubaha, arababwira ati “Uyu ni umubiri wanjye ubatangiwe. Mujye mukorera mutya kugira ngo munyibuke.”&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;(Luka 22:19).&lt;/strong&gt; Pawulo asubiramo aya mabwiriza muri aya magambo: &lt;strong&gt;(1 Abakorinto 11:23-26)&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Nuko icyo nahawe n’Umwami wacu kumenya ni cyo nabahaye namwe, yuko Umwami Yesu ijoro bamugambaniyemo yenze umutsima [24]akawushimira, akawumanyagura akavuga ati “Uyu ni umubiri wanjye ubatangiwe, mujye mukora mutya kugira ngo munyibuke.” [25]N’igikombe akigenza atyo, bamaze kurya ati “Iki gikombe ni isezerano rishya ryo mu maraso yanjye, mujye mukora mutya uko muzajya munyweraho kugira ngo munyibuke.” [26] Uko muzajya murya uwo mutsima mukanywera kuri icyo gikombe, muzaba mwerekana urupfu rw’Umwami Yesu kugeza aho azazira&quot;.&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Umugati Yesu yamanyaguye werekana umubiri we washwanyagurijwe ku musaraba kubwacu. Igikombe kigaragaza amaraso y'isezerano rishya yatumeneye ku musaraba. Impamvu nyamukuru y'ifunguro ryera ni iyi ikurikira: &lt;strong&gt;Kugirango tumwibuke (Yesu).&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Igihe cyose tugiye ku ifunguro ryera twibuka igikorwa gihambaye Yesu yakoze cyo kutwitangira, tukabizirikana ubuziraherezo. Bibiriya ntivuga inshuro tugomba kujya ku ifunguro ryera. Amatorero amwe ajya ku ifunguro ryera rimwe mu kwezi, ayandi kabiri mu kwezi, ayandi rimwe mu gihembwe....n'ibindi; Kuva Bibiriya nta mabwiriza ngenderwaho itanga, buri Torero ryose rishobora kwitegurira ifunguro ryera uko birishobokeye, gusa rikazirikana akamaro gakomeye k'iki gikorwa rikagitegura kenshi gashoboka kugirango hatazavaho hagira ubyibagirwa, ariko nanone ntibikabye kuba kenshi mu gihe gito kugirango bitazavaho bifatwa nko kurangiza umuhango.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko byagenda kose, igikomeye si inshuro tujya ku ifunguro ryera mu gihe runaka, igikomeye ni umutima tujyana ku ifunguro ryera. Pawulo aratuburira cyane muri aya magambo: &lt;strong&gt;1 Abakorinto 11:27-30 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Ni cyo gituma umuntu wese uzarya umutsima w’Umwami wacu, cyangwa uzanywera ku gikombe cye uko bidakwiriye, azagibwaho n’urubanza rwo gucumura ku mubiri n’amaraso by’Umwami. [28]Nuko umuntu yinire yisuzume abone kurya kuri uwo mutsima no kunywera kuri icyo gikombe, [29]kuko upfa kurya, akanywa atitaye ku mubiri w’Umwami, aba aririye kandi aba anywereye kwishyiraho gucirwa ho iteka. [30]Ndetse ni cyo gituma benshi muri mwe bagira intege nke, abandi bakarwaragura, abandi benshi bakaba basinziriye. Ariko twakwisuzuma ntitwagibwaho n’urubanza.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Birasobanutse: Igikomeye gishobora no kudukururira urubanza si inshuro tujya ku ifunguro ryera, ahubwo ni umutima turijyanaho. Kurijyaho kenshi uko bidushobokeye ni byiza, ariko ni byiza kurushaho kwisuzuma mbere yo kurijyaho.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Uwiteka abagirire neza.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=629&amp;qa_1=tugomba-kujya-ku-ifunguro-ryera-kangahe-mu-gihe-kingana-iki&amp;show=630#a630</guid>
<pubDate>Sat, 23 Sep 2023 21:47:35 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Kuki hari amadini menshi uyu munsi?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=224&amp;qa_1=kuki-hari-amadini-menshi-uyu-munsi&amp;show=628#a628</link>
<description>&lt;p&gt;Iki kibazo kirasa n'ikindi cyasubijwe, &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=203&amp;amp;qa_1=amatorero-menshi-afite-imyizerere-idahura-akoresha-bibiriya&amp;amp;show=203#q203&quot;&gt;wakanda&lt;/a&gt; hano ukareba igisubizo.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=224&amp;qa_1=kuki-hari-amadini-menshi-uyu-munsi&amp;show=628#a628</guid>
<pubDate>Sat, 23 Sep 2023 21:33:20 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Kuki hari amatorero menshi, afite imyizerere idahura, kandi akoresha Bibiriya imwe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=203&amp;qa_1=amatorero-menshi-afite-imyizerere-idahura-akoresha-bibiriya&amp;show=627#a627</link>
<description>&lt;p&gt;Iki ni ikibazo cyiza abantu benshi bakunze kwibaza. Mbere yo gusubiza iki kibazo mutwemerere tubanze dutandukanye ibyo bamwe batekereza ko ari amatorero kandi atariyo. Hanyuma turareba incamake y'aho Amatorero amwe n'amwe akomora amazina yayo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Buri bantu bose bahuriye muri group imwe basenga Imana siko bitwa Itorero rya kristo. Muraza kutwihanganira tubanze twisegure, gusubiza neza uwabajije iki kibazo biraza kudusaba kuvuga amagroup amwe n'amwe mu mazina, ntabwo twifuza ko hagira ukeka ko tugambiriye kugira uwo twibasira, twe tuvuga ubutumwa bwiza tutarwana intamba z'amadini, oya rwose.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Itorero si inyubako cyangwa izina. Itorero ni ihuriro ry'abizera bagize umubiri wa Kristo, bahurira ku kuba bategereje Yesu bayobowe na Mwuka Wera. Habaho &lt;strong&gt;&quot;Universal Church&quot;&lt;/strong&gt; na &lt;strong&gt;&quot;Local Church&quot;.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Universal Church, ni Itorero&amp;nbsp;ryo ku isi yose, rigizwe na buri wese wizeye Yesu by'ukuri, aho yaba ari hose, akaba ari we Mugeni utegereje umukwe. Iri ni ryo Torero Yesu yapfiriye, kandi ni ryo azajyana nagaruka gutwara umugeni, Local Church cyangwa Itorero ry'akarere, ni ba bandi tuvuze haruguru bishyira hamwe kuko hari icyo bahuriyeho, bagakurikirira hamwe inyigisho zibategurira kuba abigishwa ba Kristo. aba bashobora gufata &lt;strong&gt;&quot;Denomination&quot;&lt;/strong&gt; cyangwa &lt;strong&gt;&quot;izina&quot;&lt;/strong&gt; runaka, si icyaha. Aya mazina ni yo abantu bakunze kwitiranya n'Itorero, ariko ukuri guhari ni uko itorero atari izina. Hagiye hariho za groups zitandukanye ariko nyamara zitagize &quot;Itorero rya kristo&quot;. INGERO&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Cults:&lt;/strong&gt; Izi ni groups z'abantu bavuga ko ari abakristo, ariko bagahakana zimwe mu nkingi za mwamba zigize imyizerere y'ukuri n'ukwizera kwa Gikristo. (Kumenya iby'ukuri ibyo itorero rya kristo ryizera &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=ibyo-twizera&quot;&gt;wakanda hano&lt;/a&gt;). Urugero rwihuse twatanga ni nk'Abahamya ba Yehova (Bahakana ko Yesu ari Imana) cyangwa aba Mormons. Bityo rero, abo ntibagize Itorero rya kristo kuko bahakana zimwe mu nkingi za mwamba za Kristo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Idini:&lt;/strong&gt; Idini kuritandukanya n'Itorero bijya bigorana cyane, ariko niba wasomye icyo Itorero aricyo, wamenya idini urifashe n'ikinyuranyo cy'itorero. Nusoma neza kugeza hasi uraza gusobanukirwa n'idini, ariko reka tubanze tuguhe urugero ruragufasha: Islam, Bouddhism....&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubundi ibyerekeranye n'amazina y'amatorero (Denomination), byatangiranye n'amavugurura ya Giporoso (Protestant movements); ayo mavugurura yatangiranye na &lt;strong&gt;Martin Luther &lt;/strong&gt;mu kinyejana cya 16. DORE INKOMOKO Y'AMAZINA AMWE N'AMWE Y'IKUBITIRO: (Nk'uko twabivuze abantu bafata aya mazina bakayitiranya n'amatorero ariko siko biri)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1) GUTANDUKANA GUSHINGIYE KU MAVUGURURA&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt; Martin Luther&lt;/strong&gt; akimara kuvugurura imyizerere yabaga muri kiriziya Gatolika, abemeye gukurikira inyigisho ze bahise bafata izina rya &lt;strong&gt;Lutherans&lt;/strong&gt; (Dukunze kubita Abaluteri)&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt;&lt;/strong&gt; Nyuma yaho, Umukozi w'Imana witwa &lt;strong&gt;John Wesley&lt;/strong&gt;, yaje gushyiraho uburyo bwatuma Umukristo akura mu mwuka, ubwo buryo abwita&amp;nbsp;&lt;strong&gt;&quot;Methods for Spiritual growth&quot;&lt;/strong&gt;. Abakurikiye izi nyigisho baje gufata izina ry'aba &lt;strong&gt;&quot;Methodist&quot;&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt;&lt;/strong&gt; Mu gihe Ubukristo buvuguruye bwarimo bukwira, bamwe mu bayobozi baje gusanga hakwiriye gushyirwaho mu itorero rya Kristo uburyo buhamye bw'ubuyobozi bushingiye kuri Bibiriya. (Leadership). iri jambo &quot;leadership&quot; mu kigereki ni &lt;strong&gt;Presbyteros.&lt;/strong&gt; Ubwo haba havutse &lt;strong&gt;&quot;Presbyterians&quot;.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt;&lt;/strong&gt; Nyuma y'aha, abandi baje gusanga bikwiriye kuvugurura &quot;Umubatizo&quot; n'uburyo bwo gutegura abifuzaga kubatizwa. Ubwo hahise havuka &lt;strong&gt;&quot;Baptist&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2) GUTANDUKANA GUSHINGIYE KU MIHAMAGARO:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kuva kuri aya mazina ane yo hejuru, abandi buhoro buhora bagiye bifuza gushyira imbaraga mu kintu runaka bitewe n'imihamagaro ibariho: Bamwe bifuje kwigisha Bibiriya kurusha ibindi, abandi bifuza gushyira imbere gusenga mbere ya byose, abandi kuzana abantu kuri yesu mbere ya byose, Kuramya no guhimbbaza.... uko buri group yifuzaga gushyira imbaraga mu kintu runaka, byabaga ngombwa ko bafata izina runaka ribatandukanya n'abandi. Gufata izina ritandukanye n'irindi ntibisobanuye ko ushinze itorero rishya. OYA.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mwitegereze neza, twirinze kuvuga &lt;strong&gt;Itorero,&lt;/strong&gt; turakoresha ijambo &lt;strong&gt;&quot;izina&quot;&lt;/strong&gt;, kuko amazina aratandukana ni na menshi, ariko Itorero rya kristo ni rimwe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;3) GUTANDUKANA BISHINGIYE KU NYIGISHO ZA BIBIRIYA&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nyuma yo kugenda batandukana bishingiye kubyo bifuza gushyiramo imbaraga, hagiye haza no gutandukana bishingiye ku nyigisho ziboneka muri Bibiriya ubwazo: Bamwe bati biracyakenewe kuziririza isabato &lt;strong&gt;(7th day Adventist),&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;abandi bati si ngombwa, abandi bati Abakristo bagomba kuzura Mwuka Wera no kuyoborwa na We &lt;strong&gt;(Pentecostal),&lt;/strong&gt; abandi bakagira uko bumva ibijyanye n'ibihe bya nyuma, imihango y'Itorero, ukwizera n'imirimo, agakiza, Isirayeli n'ahazaza hayo, kuzamurwa kw'Itorero, Ijuru n'umuriro.... n'ibindi. Bisobanuke neza ko iri tandukana atari ikibazo cya Kristo n'Itorero rye, ni ikibazo cy'uburyo abantu bagiye bumva ibyanditswe byera, bamwe bakagira ishyaka ryo kubishyira mu bikorwa bakurikije uko bibwira ukuri kwabyo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&amp;nbsp;AMACAKUBIRI&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ntitwakwirengagiza ko amazina amwe namwe yagiye avuka bishingiye ku macakubiri asanzwe y'abantu. Tubona kenshi Umushumba w'itorero ry'akarere runaka agirana amakimbirane n'abo bakorana umurimo, igice kimwe kigahitamo gusohoka kigatangira umurimo ku ruhande mu rindi zina.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;ITANDUKANIRO RYA DOCTRINE NA DISCIPLINE&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bikwiririye gusobanuka neza ko nubwo amazina yaba menshi, muri rusange &lt;strong&gt;Amatorero y'Umwuka &lt;/strong&gt;twita pentecostal yose agira imyizerere imwe 100% (Doctrine). Aya ni amatorero yiyemeje kuyoborwa n'Umwuka Wera. Abantu bakunze kwitiranya&lt;strong&gt; imyizerere (doctrine)&lt;/strong&gt;na &lt;strong&gt;discipline&lt;/strong&gt;, ariko amatorero ya Pentecostal yose yizera kimwe 100%. Discipline zo ziratandukana, ariko doctrine ni imwe. Iyo hagize kimwe mu bigize inkingi za mwamba kivamo ntibakizere, aho ni ho bihinduka cult. Ibyo twizera nka Pentecostal Church&amp;nbsp;&lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=ibyo-twizera&quot;&gt;wabibona hano,&lt;/a&gt; iyo ni yo doctrine. Naho discipline zo ziratandukana: Kudefiriza umusatsi no kutawudefiriza si doctrine, ni discipline. Gusenga ku cyumweru cyangwa kuwa 5 si doctrine, ni discipline. Kwemerera abagore kwambara amapantalo no kubibabuza si doctrine, ni discipline. Kubatiza umuntu yambaye ikanzu yera cyangwa iy'ubururu si doctrine, ni discipline. Kwemera ko Yesu ari Imana ni Doctrine. Iyo utizera ko Yesu ari Imana ntuba ukiri Church, uba uri cult. Kwizera Imana imwe rukumbi, kwizera Bibiriya Yera yose uko yakabaye, kwemera impano y'agakiza kabonerwa muri Yesu gusa, ni doctrine.... n'ibindi. Ibi byose tubyizera kimwe nka Church imwe, mu gihe no mu isanzure, ntibihindukana n'ibihe cyangwa ahantu. Niko byari bimeze muri 1200, muri 1500 no muri 2020. Niko bimeze muri Afganistan, muri USA, muri Somalia, mu Rwanda, muri Siriya, muri Isirayeli, ku kwezi, kuri Mars n'ahandi hose mu isanzure doctrine ni imwe kandi ntihindukana n'ibihe. Ariko discipline yo ihindukana n'ibihe n'ahantu: Uko Pawulo yaramyaga Imana siko turamya uyu munsi, uko abakristo bo mu Rwanda basenga siko abo &amp;nbsp;muri Arabiya Sawudite basenga.....&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko byagenda kose, amazina nashaka abe menshi cyangwa make, discipline nizishaka zibe nyinshi cyangwa nke, umugeni wa Kristo agomba kumenya ko Itorero rya Kristo ari rimwe. Amacakubiri no kwirema ibice ni kimwe mu biranga imirimo ya kamere. i Korinto higeze kuvuka amacakubiri y'abantu biremaga ibice bakurikije uwababwirije ubutumwa bwiza, Pawulo abandikira abihangangiriza ababwira ati: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Icyo mvuze ngiki, ni uko umuntu wese muri mwe avuga ati “Jyeweho ndi uwa Pawulo”, undi akavuga ati “Ariko jyeweho ndi uwa Apolo”, undi na we ati “Jyeweho ndi uwa Kefa”, undi ati “Jyeweho ndi uwa Kristo.” Mbese Kristo yagabanijwemo ibice? Pawulo ni we wababambiwe? Cyangwa mwabatijwe mu izina rya Pawulo?&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;(1 Abakorinto 1:12-13)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko niko kuri: Kristo ntiyigeze agabanywamo ibice, Itorero rya kristo ni rimwe. Nushaka ube uteranira ahafite izina rya Nazareen, Restoration, Mount Olives, Zion, Eden.... Ayo ni amazina gusa nta kindi. Iyo diversity ntitugomba kuyibona nk'ikibazo, ahubwo igihe cyose ihagaze kuri doctrine nzima, ndetse ikigisha Umukristo discipline nzima&amp;nbsp;itamushyira mu kaga cyangwa ngo iteze ikibazo agace bakoreramo umurimo, byakatubereye igisubizo. Ikibazo si diversity, ikibazo ni division.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka Imana abahe umugisha,&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=203&amp;qa_1=amatorero-menshi-afite-imyizerere-idahura-akoresha-bibiriya&amp;show=627#a627</guid>
<pubDate>Sat, 23 Sep 2023 21:11:15 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese abashumba bagomba (cyangwa bashobora) guhembwa umushahara?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=209&amp;qa_1=abashumba-bagomba-cyangwa-bashobora-guhembwa-umushahara&amp;show=613#a613</link>
<description>&lt;p&gt;Ubusanzwe iyo tuvuga Itorero rya Kristo, byumvikana mu buryo bubiri: Habaho Itorero ryo ku isi yose ari na ryo mugeni wa Kristo (Universal Church), hakanabaho n'Itorero ry'akarere (Local Church). Iyo tuvuga local church&amp;nbsp;ni ho hagomba kumvikana amazina atandukanye nka Mount Olives Temple,&amp;nbsp;Restoration Church, Assemblies of God, Zion Temple, ADEPR.... n'ayandi menshi atandukanye.&amp;nbsp;Muri rusange aya Matorero yitwa&amp;nbsp;&lt;strong&gt;&quot;Pentecostal Churches&quot; (Amatorero y'Umwuka)&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;agira imyizere imwe&amp;nbsp;&lt;strong&gt;(Doctrine)&lt;/strong&gt;, n'ubwo atandukanije amazina; ariko agatandukanira ku mitere n'imikorere yayo. (Ushobora&amp;nbsp;&amp;nbsp;&lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=ibyo-twizera&quot;&gt;gukanda hano&amp;nbsp;ukareba muri rusange ibyo amatorero y'umwuka yizera (Doctrine)&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uku gutandukana kw'imikorere si ikibazo ahubwo ni igisubizo: Hamwe usanga bashyira imbaraga mu kwigisha, abandi mu kuramya Imana, abandi kuri discipline y'Umukristo, abandi mu ivugabutumwa.... . Ibi bituma buri Torero rigira uko ryimika abashumba bahamagawe, rikanagira umurongo bakoreramo bitewe n'iyerekwa bafite. Ibi bituma mu matorero amwe usanga hari iyi miterere 3 y'abashumba ikurikira:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Amatorero amwe Abashumba usanga bagomba gukora umurimo mu buryo buhoraho (Full time ministers), bisobanuye ko nta wundi murimo bemerewe gukora&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ahandi usanga Umushumba (cyangwa abashumba) bemerewe gukora indi mirimo ibabeshaho&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ahandi usanga Itorero rifite abashumba benshi, bamwe muri bo bakaba bagomba gukora umurimo mu buryo buhoraho, abandi bakemererwa gukora indi mirimo ibabyarira inyungu.&amp;nbsp; Mu buryo budasubirwaho, igihe Umushuba akora umurimo mu Itorero mu buryo buhoraho (Full time Ministry), Itorero riba rigomba kumumenyera uko azabaho. Ibi rwose&amp;nbsp;ni inyigisho ishingiye kuri Bibiriya:&amp;nbsp; &lt;strong&gt;1 Abakorinto 9:13-15&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Ntimuzi yuko abakora imirimo yo mu rusengero batungwa n’iby’urusengero, kandi abakora imirimo y’igicaniro bakagabana iby’igicaniro? [14]N’Umwami wacu ni ko yategetse, ko abavuga ubutumwa bwiza batungwa n’ubutumwa. [15] Ariko jyeweho nta cyo muri byo nakurikije, kandi sinandikiye ibyo kugira ngo mubinkorere. Ibyambera byiza ahubwo ni uko napfa, kuruta ko umuntu yahindura ubusa uko kwirata kwanjye.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ariko rero, Pawulo we n'ubwo yari abifitiye uburenganzira, yangaga kugira uwo aremerera, yari umuboshyi w'amahema, yavugaga ubutumwa bwiza ku manywa, bwakwira akajya kuboha amahema akayagurisha akibeshaho. Ibi bigaragaza ko byombi bishoboka, umushumba ashobora kubeshwaho n'itorero, ashobora no gukora umurimo w'Imana akanakora uwe umutunze, byombi nta cyaha cyibirimo. Pawulo yandikira Timoteyo, yaramubwiye ati &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Abakuru b’Itorero batwara neza batekerezwe ko bakwiriye guhabwa icyubahiro incuro ebyiri, ariko cyane cyane abarushywa no kuvuga ijambo ry’Imana no kwigisha, kuko ibyanditswe bivuga ngo “Ntugahambire umunwa w’inka ihonyōra”, kandi ngo “Umukozi akwiriye guhembwa.”&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;(1 Timoteyo 5:17-18)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Icyo Pawulo yavugaga ni iki: None se ko bibujijwe guhambira umunwa w'indogobe igihe cyose iyo ndogobe iri ku murimo, Ni iki cyatuma Umukozi w'Imana ahambirwa umunwa kandi ari ku murimo? Umuntu se ntaruta indogobe kure?&amp;nbsp;Njyewe urimo kwandika ibi sindi umushumba, ariko ndahamya mpagaze ku maguru abiri ko bidakwiriye gutekereza ko abashumba bagomba kutwihotorera. Abenshi muri bo bafite imiryango, abana, abo bashakanye, abenshi muri bo na bo bafite diplome nk'izacu, abenshi muri bo bafite ubushobozi bwo gucuruza nkatwe...., none se igihe bahisemo gukora umurimo mu Itorero mu buryo buhoraho, dutekereza ko babaho bate? Kuba Pawulo atarifuje guhabwa ibimutunga igihe yari i Korinto si itegeko ahubwo ni irengayobora.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;Ku rundi ruhande, abashumba na bo bafite byinshi bakwiriye kwigira kuri Pawulo igihe bafite ubushobozi bwo kwibeshaho bakabukoresha, kugirango batagira uwo baremerera. Igihe Pawulo yasezeraga ku Itorero rya Efeso aho yari amaze imyaka 3 yababwiye Ijambo rikomeye: &lt;strong&gt;Ibyakozwe n'Intumwa 20: 32-35&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Kandi none mbaragije Imana n’ijambo ry’ubuntu bwayo, ribasha kububaka no kubahana ibiragwa n’abejejwe bose. [33]Sinifuje ikintu cy’umuntu wese, ari ifeza cyangwa izahabu cyangwa imyenda. [34]Ubwanyu muzi yuko aya maboko yanjye ari yo yankenuraga ibyo nkennye, n’abo twari turi kumwe. [35]Nababereye icyitegererezo muri byose, yuko ari ko namwe mukwiriye gukora imirimo ngo mubone uko mufasha abadakomeye, no kwibuka amagambo Umwami Yesu yavuze ati ‘Gutanga guhesha umugisha kuruta guhabwa.’ ”&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;UMWANZURO:&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Nk'uko twabivuze, imikorere y'amatorero iratandukanye: Hari amatorero agenera umushumba umushahara uzwi, hari amatorero yishingira ibibeshaho umushumba byose&amp;nbsp;bitabaye ngombwa kumugenera umushahara, ibi byose si icyaha, si ikosa, si n'ubuyobe, ahubwo ni inyigisho ya Bibiriya.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Imana ibahe umugisha.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=209&amp;qa_1=abashumba-bagomba-cyangwa-bashobora-guhembwa-umushahara&amp;show=613#a613</guid>
<pubDate>Mon, 18 Sep 2023 22:02:04 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ukurikije Bibiliya, &quot;Intumwa&quot; ni muntu ki? (Apotre)</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=611&amp;qa_1=ukurikije-bibiliya-intumwa-ni-muntu-ki-apotre&amp;show=612#a612</link>
<description>&lt;p&gt;Muri iyi minsi dukunze kumva no kubona abakozi b’Imana bafite amazina y’icyubahiro (Titles) atandukanye. Twavuga nk’Intumwa, Bishop, pastor, Prophet, Reverend, Evangelist….Bibiliya itubwira imihamagaro y’Imana 5 igamije guha buri wese ibyo akeneye kugirango umurimo w’Imana mu Itorero ryayo utungane. Iyo mihamagaro iboneka mu &lt;strong&gt;Befeso 4:11-12 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Nuko aha bamwe kuba intumwa&amp;nbsp;ze, n’abandi kuba abahanuzi, n’abandi kuba ababwirizabutumwa&amp;nbsp;bwiza, n’abandi kuba abungeri&amp;nbsp;n’abigisha, kugira ngo abera batunganirizwe rwose gukora umurimo wo kugabura iby’Imana no gukomeza umubiri wa Kristo&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ijambo &lt;strong&gt;&quot;Apotre&quot;&lt;/strong&gt;, &lt;strong&gt;Apostle&lt;/strong&gt; mu cyongereza,&lt;strong&gt; Intumwa&lt;/strong&gt; mu kinyarwanda,&amp;nbsp;ubwaryo rikomoka ku ijambo ry'ikigereki &lt;strong&gt;&quot;Apóstolos&quot;&lt;/strong&gt; rikaba rivuga &lt;strong&gt;&quot;Umuntu woherejwe ajyanye ubutumwa runaka.&quot;&lt;/strong&gt; Yesu agitangira umurimo hano ku isi, yatoranije abigishwa 12 bakajya bakorana na we igihe yamaze ku isi, akajya abatuma, Yesu ubwe ni we wabise &quot;Intumwa&quot;. &lt;strong&gt;Luka 6:13&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Ijoro rikeye ahamagara abigishwa be, atoranyamo cumi na babiri abita intumwa:&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;(Abo 12, Yesu yabatoranije abakuye mu bandi 70. Gusa 12 ni bo bonyine yahaye izina ry'&lt;strong&gt;Intumwa&lt;/strong&gt; nk'uko tibibwirwa na Bibiliya.) Yesu amaze gusubira mu Ijuru, ku ikubitiro abigishwa be 12 ni bo bafatwaga nk'Intumwa bonyine. Intumwa ze zakomeje umurimo hirya no hino, kandi zafatwaga nk'intumwa za Yesu. Mu gihe cyazo hari abandi bagiye baziyongeraho, nubwo batari barigeze baba muri babandi 12 b'ikubitiro, ariko na bo bakemerwa nk'intumwa. Aba twavuga nka Pawulo, Barnabas n'abandi. Uhereye icyo gihe, umuntu wese woherezwaga mu butumwa ahantu runaka afite ubutumwa bwiza ahajyanye, akahatangira umurimo n'Itorero yashoboraga kwitwa Intumwa.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu bihe byazo, intumwa za mbere zaherekezwaga n'ibimenyetso n'ibitangaza biteye ubwoba. &lt;strong&gt;Ibyakozwe n'intumwa 2:43&lt;/strong&gt; &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Abantu bose bagira ubwoba, nuko intumwa zikora ibitangaza n’ibimenyetso byinshi.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nta muntu ushobora kugira undi Intumwa; &lt;strong&gt;Intumwa y'Imana ni umuhamagaro kimwe n'umushumba, umuvugabutumwa, Umuhanuzi&amp;nbsp;n'Umwigisha, &lt;/strong&gt;aba bose bahamagarwa n'Imana ubwayo. Abantu bakunze kwibaza ku murimo cyangwa umuhamagaro w'Intumwa, ariko Bibiriya ntitanga urutonde rw'imirimo intumwa ishinzwe, ntinavuga imikoranire ye n'Abandi banyamuhamagaro, ntinavuga position ye ugereranije n'abashumba, bishop ....gusa umuntu agendeye ku busobanuro bw'ijambo ubwaryo ndetse n'izindi ntumwa zatubanjirije, twavuga ko Intumwa ari Umuntu wese uhaguruka, atumwe n'Imana, akajyana inkuru nziza y'agakiza kabonerwa muri Yesu, aho bishobotse akahatangiza Itorero ry'ako Karere.Uko tubyigira ku ntumwa nka Pawulo, iyo yamaraga gutangiza umurimo (Itorero) yarishingaga umwe mu bizerwa yabonagaho umuhamagaro, agakomeza urugendo rujyana ubutumwa bwiza ahandi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu bihe bya none, ni ngombwa cyane kwitondera no kwitwararika imikoreshereze y'uyu muhamagaro w'Intumwa za mbere. Abifuza iyi title bagomaba no kwifuza gukorera mu mavuta y'Intumwa za mbere n'imbaraga zazo. Bitabaye ibyo, icyanditswe kiri mu &lt;strong&gt;Bakorinto ba kabiri 11:12-15&lt;/strong&gt; cyaba kibasohoreyo: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Ariko ibyo nkora, nzakomereza kubikora, kugira ngo nkure urwitwazo ku bashaka impamvu yo guhamya ko bameze nkatwe mu byo birata. [13]Bene abo ni intumwa z’ibinyoma, ni abakozi bariganya bigira nk’intumwa za Kristo. [14]&amp;nbsp;Kandi ibyo si igitangaza, kuko na Satani ubwe yihindura nka marayika w’umucyo.[15] Nuko rero ubwo bimeze bityo, ntibyaba igitangaza kugira ngo abakozi be na bo bigire nk’abakozi bagabura ibyo gukiranuka: iherezo ryabo rizahwana n’imirimo yabo.&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze cyane Imnana ibahe umugisha&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=611&amp;qa_1=ukurikije-bibiliya-intumwa-ni-muntu-ki-apotre&amp;show=612#a612</guid>
<pubDate>Sun, 17 Sep 2023 21:50:38 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ukurikije Bibiriya, Bishop ni muntu ki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=242&amp;qa_1=ukurikije-bibiriya-bishop-ni-muntu-ki&amp;show=576#a576</link>
<description>&lt;p&gt;Muri iyi minsi dukunze kumva no kubona abakozi b'Imana bafite amazina y'icyubahiro (Titles) atandukanye. Twavuga nk'&lt;strong&gt;Intumwa, Bishop, pastor, Prophet, Reverend, Evangelist....&lt;/strong&gt;&lt;br&gt;&lt;br&gt;Bibiriya itubwira imihamagaro y'Imana 5 igamije guha buri wese ibyo akeneye kugirango umurimo w'Imana mu Itorero ryayo utungane. Iyo mihamagaro iboneka mu &lt;strong&gt;Befeso 4:11&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Nuko aha bamwe kuba Intumwa, abandi kuba Abahanuzi, abandi kuba Ababwirizabutumwa, abandi kuba Abungeri&amp;nbsp;n'Abigisha.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;br&gt;&lt;br&gt;Kuba Bishop ntabwo bigaragara mu Mihamagaro y'Imana, cyokoze bigaragara mu yindi mirimo ishobora kuboneka mu Itorero kimwe n'Abakuru b'Itorero (Elders) n'Abadiyakoni (Deacons).&lt;br&gt;&lt;br&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;Bishop ni Muntu ki?&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;br&gt;&lt;br&gt;Iri jambo &lt;strong&gt;Bishop&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;ubwaryo rikomoka ku ijambo ry'ikigereki &quot;&lt;strong&gt;Episkopos&lt;/strong&gt;&quot;. Iyo ku ikubitiro mu buryo busanzwe usesenguye iri jambo ubonamo amagambo 2: &quot;&lt;strong&gt;Epis&lt;/strong&gt;&quot; na &quot;&lt;strong&gt;kopos&lt;/strong&gt;&quot;, mu cyongereza aya magambo akaba asobanuzwa &quot;&lt;strong&gt;Over&lt;/strong&gt;&quot; na &quot;&lt;strong&gt;Seer&lt;/strong&gt;&quot;, bigatuma iri jambo Episkopos risobanurwa mu buryo busanzwe nka &quot;&lt;strong&gt;Overseer&lt;/strong&gt;&quot;, ucishirije mu kinyarwanda ni nk'umuntu ureberera abandi cyangwa uhagarariye ibintu byinshi. Mu gifaransa, iri jambo &quot;Episkopos&quot; ryagiye risemuzwa ijambo &quot;&lt;strong&gt;Evêque&lt;/strong&gt;&quot;.&lt;br&gt;&lt;br&gt;Mu kinyejana cya mbere, ku gihe cy'intumwa, ntabwo bakoreshaga ijambo &quot;Bishop&quot;, ahubwo kuko isezerano rishya ryanditswe mu Kigereki, abanditse isezerano rishya bakoreshaga nyine &quot;Episkopos&quot;, Ijambo Bishop ryaje kuzanywa n'abagiye bakora umurimo wo guhindura Bibiriya bayivana mu Kigereki bayishyira mu ndimi zitandukanye.&lt;br&gt;&lt;br&gt;iri jambo &lt;strong&gt;EPISKOPOS&lt;/strong&gt; ryagiye rihabwa inyito zitandukanye cyane bitewe n'uwarisemuye. Mutwemerere dufate ingero mu ijambo ry'Imana, turebe umurongo umwe uko wasobanuwe muri za Bibiriya zitandukanye. Dufate urugero ku murongo uri mu &lt;strong&gt;Bafiripi 1:1&lt;/strong&gt;&lt;br&gt;&lt;br&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;- Kinyarwanda:&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt; &quot;Pawulo na Timoteyo imbata za Kristo Yesu, turabandikiye mwebwe abera bo muri kristo Yesu b'i Filipi bose, hamwe n'&lt;strong&gt;Abepiskopi&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;n'abadiyakoni.&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;- King James: &lt;/span&gt;&quot;&lt;/strong&gt;Paul and Timotheus, the servants of Jesus Christ, to all the saints in Christ Jesus which are at Philippi, with the &lt;strong&gt;bishops&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;and deacons:&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;- Darby:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;&quot;Paul and Timotheus, bondmen of &amp;nbsp;Jesus Christ, to all the saints in Christ Jesus who are in Philippi, with the &lt;strong&gt;overseers&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;and ministers;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;- Louis Second: &lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&quot;Paul et Timothée, serviteurs de Jésus Christ, à tous les saints en Jésus Christ qui sont à Philippes, aux &lt;strong&gt;évêques&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;et aux diacres;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;- Easy English:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;&quot;Paul and Timothy, ..., We are writing to all of you. This includes your &lt;strong&gt;Leaders&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;and those who help them.&quot;&lt;br&gt;&lt;br&gt;Izi ni ingero nke gusa dufashe za versions zitandukanye, ijambo rimwe &lt;strong&gt;&quot;Episkopos&quot;&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;rigaragara risobanuzwa amagambo atandukanye mu rurimi rw'icyongereza: &lt;strong&gt;Bishop, overseer, leader...&lt;/strong&gt;&lt;br&gt;&lt;br&gt;Mu nzandiko za Pawulo, inshuro ebyiri yasobanuye neza ibyo Bishop agomba kuba yujuje. Ibi bigaragara mu rwandiko rwa mbere rwa Timoteyo &amp;nbsp;igice cya 3, no mu rwandiko yandikiye Tito igice cya 1:7 ; Ubundi ku bijyanye n'imihamagaro y'Imana, nta na hamwe Bibiriya itanga urutonde rw'ibyo intumwa igomba kuba yujuje, cyangwa umushumba, cyangwa umuvugabutumwa, cyangwa umuhanuzi, cyangwa umwigisha, mu buryo butomoye kandi bw'umwihariko nk'uko ibikora kuri bishop. Impamvu yabyo ni uko Imana ari Yo ihamagara, yo ubwayo ijya kuguhamagara yarangije kubona no kumenya impamvu iguhamagaye. Kuri Bishop siko bimeze: Bishop si umuhamagaro w'Imana, ahubwo ni umurimo winjiramo bitewe n'umuhamagaro w'Imana uri kuri wowe, uyu murimo ushobora kuwutoranyirizwa n'abantu. Uko ni ko mu bihe by'Intumwa byari bimeze.&lt;br&gt;&lt;br&gt;Nyuma y'ibihe by'intumwa, umurimo wa Bishop wagiye uhabwa inshingano zitandukanye bitewe n'Itorero. Kuri ubu, Bishop afatwa nk'Umushumba ufite munsi ye amatorero menshi n'abashumba areberera.&lt;br&gt;&lt;br&gt;Gusa bikwiriye gusobanuka ko Inyito Bishop atari ikibazo cy'Umuhamagaro ahubwo ari ikibazo cy'umurimo. Inkomoko y'inyito nk'izi igenda igaragara no ku yindi miterere y'abakozi b'Imana kuva mu bihe by'intumwa: nk'urugero: Ijambo &lt;strong&gt;&quot;Umukuru w'itorero (Church Elder)&quot;&lt;/strong&gt; mu bihe by'intumwa yabaga ari umusaza wahoze mu murimo w'Imana mu Itorero, akaza kuwurekeshwa n'intege nke z'ubusaza agasigarana umurimo wo kujya inama no gufasha umushumba mu mirimo yoroheje. Kuri ubu, abakuru b'Itorero si ngombwa ko baba ari abasaza, hari aho usanga abasore n'abagabo b'ibikwerere bafite uyu murimo w'Umukuru w'Itorero. Si icyaha, byose bigenda biterwa n'imihindagurikire y'imiterere y'itorero na Organization buri torero rifite rikurikije iyerekwa ryahawe uwatangiye umurimo.&lt;br&gt;&lt;br&gt;Turabashimiye kandi tubasabiye umugisha.&lt;br&gt;&lt;br&gt;&lt;em&gt;Ev.&amp;nbsp;Innocent Munyaneza&lt;/em&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=242&amp;qa_1=ukurikije-bibiriya-bishop-ni-muntu-ki&amp;show=576#a576</guid>
<pubDate>Tue, 05 Sep 2023 16:34:53 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Umubatizo w'ukuri ni uwuhe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=205&amp;qa_1=umubatizo-wukuri-ni-uwuhe&amp;show=568#a568</link>
<description>Igisubizo cyoroshye kandi kihuse turagisanga mu gisobanuro cy'ijambo ubwaryo. Iri jambo &amp;quot;umubatizo&amp;quot; turivana mu ndimi z'amahanga. Mu cyongereza ni &amp;quot;baptism&amp;quot;, mu gifaransa ni &amp;quot;baptême&amp;quot;. Bibiriya Yera isezerano rishya ryanditswe mu rurimi rw'ikigereki. Bibiriya zindi zagiye zihindurwa mu ndimi zikenewemo zikuwe mu kigereki. &lt;br /&gt;
&lt;br /&gt;
Mu kigereki, ijambo rikoreshwa ni &amp;quot;BAPTIZO&amp;quot;. Iri jambo risobanura &amp;quot;Kwibiza&amp;quot;, cyangwa &amp;quot;to immerse&amp;quot; mu cyongereza, cyangwa &amp;quot;immerger&amp;quot; mu gifaransa. Tutarajya no mu bisobanuro byinshi, umubatizo ubwawo ni ijambo risobanura kwibiza mu mazi, ntabo ari ukumenaho amazi.&lt;br /&gt;
&lt;br /&gt;
Umubatizo ni igikorwa cy'ukwizera gishushanya Gupfana na Kristo, guhambanwa nawe no kuzukana na we. Bibiriya igira iti: &amp;quot;Ntimuzi yuko twese ababatirijwe muri Yesu kristo, twabatirijwe no mu rupfu rwe? Nuko rero, ku bw'umubatizo twahambanywe na we mu rupfu rwe, kugirango nk'uko Kristo yazuwe n'ubwiza bwa Data wa twese, abe ari nako natwe tugendera mu bugingo bushya&amp;quot;. (Abaroma 6:3-4)&lt;br /&gt;
&lt;br /&gt;
Igikorwa ubwacyo cyo kubatizwa, cyangwa kwibizwa, gisobanura gupfa no guhambanwa na Kristo. Igikorwa cyo kuvanwa mu mazi gisobanura kuzukana na Kristo. Kubera iyo mpamvu, Umubatizo wo kwibiza ni wo mubatizo wemewe. Ubundi buryo bwo kubatiza, byaba gusuka amazi ku gahanga cyangwa ubundi, bwagiye bushyirwaho n'abantu mu buryo butandukanye n'icyo Bibiriya ivuga. &lt;br /&gt;
&lt;br /&gt;
Imana ibahe umugisha.</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=205&amp;qa_1=umubatizo-wukuri-ni-uwuhe&amp;show=568#a568</guid>
<pubDate>Tue, 05 Sep 2023 10:46:23 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese ku cyumweru ni yo sabato y'abakristo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=251&amp;qa_1=ese-ku-cyumweru-ni-yo-sabato-yabakristo</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=251&amp;qa_1=ese-ku-cyumweru-ni-yo-sabato-yabakristo</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:18:15 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>&quot;Umunsi w'Umwami&quot; ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=250&amp;qa_1=umunsi-wumwami-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=250&amp;qa_1=umunsi-wumwami-ni-iki</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:17:18 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Itorero ryatangiye ryari?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=249&amp;qa_1=itorero-ryatangiye-ryari</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=249&amp;qa_1=itorero-ryatangiye-ryari</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:16:13 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese umuntu watandukanye n'uwo bashakanye, agashaka undi, yemerewe kugira inshingano z'umushumba?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=248&amp;qa_1=watandukanye-bashakanye-agashaka-inshingano-zumushumba</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=248&amp;qa_1=watandukanye-bashakanye-agashaka-inshingano-zumushumba</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:15:46 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Itorero ryakagombye gukoresha gute amaturo ryakira?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=247&amp;qa_1=itorero-ryakagombye-gukoresha-gute-amaturo-ryakira</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=247&amp;qa_1=itorero-ryakagombye-gukoresha-gute-amaturo-ryakira</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:14:02 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ekklesia bivuze iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=246&amp;qa_1=ekklesia-bivuze-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=246&amp;qa_1=ekklesia-bivuze-iki</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:13:05 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni irihe tandukaniro hagati yo kuramya (Worship) no guhimbaza (Praise)?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=245&amp;qa_1=irihe-tandukaniro-hagati-kuramya-worship-guhimbaza-praise</link>
<description>What is the difference between praise and worship?</description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=245&amp;qa_1=irihe-tandukaniro-hagati-kuramya-worship-guhimbaza-praise</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:11:27 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bibiriya ivuga iki ku miterere y'itorero? (Church structure)</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=244&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-ku-miterere-yitorero-church-structure</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=244&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-ku-miterere-yitorero-church-structure</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:10:18 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kubyina igihe duhimbaza Imana: Bibiriya ibivugaho iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=243&amp;qa_1=kubyina-igihe-duhimbaza-imana-bibiriya-ibivugaho-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=243&amp;qa_1=kubyina-igihe-duhimbaza-imana-bibiriya-ibivugaho-iki</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:09:17 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese itorero rishobora gufata umwenda? (Debt)</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=241&amp;qa_1=ese-itorero-rishobora-gufata-umwenda-debt</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=241&amp;qa_1=ese-itorero-rishobora-gufata-umwenda-debt</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:07:18 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Namenya nte ko nahamagariwe gutangira Umurimo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=240&amp;qa_1=namenya-nte-ko-nahamagariwe-gutangira-umurimo</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=240&amp;qa_1=namenya-nte-ko-nahamagariwe-gutangira-umurimo</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:06:26 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni irihe dini ry'ukuri?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=239&amp;qa_1=ni-irihe-dini-ryukuri</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=239&amp;qa_1=ni-irihe-dini-ryukuri</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:05:21 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki dusenga ku cyumweru?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=238&amp;qa_1=kuki-dusenga-ku-cyumweru</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=238&amp;qa_1=kuki-dusenga-ku-cyumweru</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:04:20 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bibiriya ivuga iki ku nshingano z'Umushumba mukuru?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=237&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-ku-nshingano-zumushumba-mukuru</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=237&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-ku-nshingano-zumushumba-mukuru</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:03:58 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Umumisiyoneri ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=236&amp;qa_1=umumisiyoneri-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=236&amp;qa_1=umumisiyoneri-ni-iki</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 18:01:30 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese kugirango umuntu abashe kujya mu ijuru asabwa kuba mu itorero?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=235&amp;qa_1=ese-kugirango-umuntu-abashe-kujya-ijuru-asabwa-kuba-itorero</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=235&amp;qa_1=ese-kugirango-umuntu-abashe-kujya-ijuru-asabwa-kuba-itorero</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 17:59:52 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese ifunguro ryera rishobora kubera hanze y'urusengero?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=234&amp;qa_1=ese-ifunguro-ryera-rishobora-kubera-hanze-yurusengero</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=234&amp;qa_1=ese-ifunguro-ryera-rishobora-kubera-hanze-yurusengero</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 17:56:52 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ububyutse ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=233&amp;qa_1=ububyutse-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=233&amp;qa_1=ububyutse-ni-iki</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 17:55:28 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Umukristo yabigenza ate igihe nta torero rimwegereye?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=232&amp;qa_1=ese-umukristo-yabigenza-ate-igihe-nta-torero-rimwegereye</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=232&amp;qa_1=ese-umukristo-yabigenza-ate-igihe-nta-torero-rimwegereye</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 17:54:51 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Umushumba wafatiwe mu cyaha gikomeye ashobora gusubizwa mu nshingano?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=231&amp;qa_1=umushumba-wafatiwe-gikomeye-ashobora-gusubizwa-nshingano</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=231&amp;qa_1=umushumba-wafatiwe-gikomeye-ashobora-gusubizwa-nshingano</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 17:53:56 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese umugore ashobora kuba umushumba cyangwa umuvugabutumwa?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=229&amp;qa_1=ese-umugore-ashobora-kuba-umushumba-cyangwa-umuvugabutumwa</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=229&amp;qa_1=ese-umugore-ashobora-kuba-umushumba-cyangwa-umuvugabutumwa</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 17:52:17 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese abagorre bemerewe kugira inshingano mu itorero?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=228&amp;qa_1=ese-abagorre-bemerewe-kugira-inshingano-mu-itorero</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=228&amp;qa_1=ese-abagorre-bemerewe-kugira-inshingano-mu-itorero</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 17:51:28 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni inde wemerewe kubatiza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=227&amp;qa_1=ni-inde-wemerewe-kubatiza</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=227&amp;qa_1=ni-inde-wemerewe-kubatiza</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 17:50:49 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese umuntu ashobora kubarizwa mu matorero menshi?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=226&amp;qa_1=ese-umuntu-ashobora-kubarizwa-mu-matorero-menshi</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=226&amp;qa_1=ese-umuntu-ashobora-kubarizwa-mu-matorero-menshi</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 17:50:10 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese umuntu agomba kuba yarabatijwe mu mazi menshi mbere yo kujya ku ifunguro ryera?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=225&amp;qa_1=umuntu-agomba-yarabatijwe-menshi-mbere-kujya-ifunguro-ryera</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=225&amp;qa_1=umuntu-agomba-yarabatijwe-menshi-mbere-kujya-ifunguro-ryera</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 17:49:26 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kwegurira abana Imana/gusengera abana: Bibiriya ibivugaho iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=223&amp;qa_1=kwegurira-abana-imana-gusengera-abana-bibiriya-ibivugaho</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=223&amp;qa_1=kwegurira-abana-imana-gusengera-abana-bibiriya-ibivugaho</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 23:14:57 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Itorero ryo mu rugo ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=222&amp;qa_1=itorero-ryo-mu-rugo-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=222&amp;qa_1=itorero-ryo-mu-rugo-ni-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 23:13:35 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki tugomba kwambara neza iyo tugiye mu rusengero?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=220&amp;qa_1=kuki-tugomba-kwambara-neza-iyo-tugiye-mu-rusengero</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=220&amp;qa_1=kuki-tugomba-kwambara-neza-iyo-tugiye-mu-rusengero</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 23:11:56 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Amakimbirane avutse mu itorero agomba gukemurwa ate?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=219&amp;qa_1=amakimbirane-avutse-mu-itorero-agomba-gukemurwa-ate</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=219&amp;qa_1=amakimbirane-avutse-mu-itorero-agomba-gukemurwa-ate</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 23:01:31 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Itorero ni umugeni wa Kristo: Bibuze iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=218&amp;qa_1=itorero-ni-umugeni-wa-kristo-bibuze-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=218&amp;qa_1=itorero-ni-umugeni-wa-kristo-bibuze-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 23:00:10 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki ari ngombwa kugira itorero ubarizwamo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=216&amp;qa_1=kuki-ari-ngombwa-kugira-itorero-ubarizwamo</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=216&amp;qa_1=kuki-ari-ngombwa-kugira-itorero-ubarizwamo</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 22:47:01 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni akahe kamaro k'umubatizo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=215&amp;qa_1=ni-akahe-kamaro-kumubatizo</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=215&amp;qa_1=ni-akahe-kamaro-kumubatizo</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 22:45:33 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni gute itorero ari umubiri wa Kristo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=214&amp;qa_1=ni-gute-itorero-ari-umubiri-wa-kristo</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=214&amp;qa_1=ni-gute-itorero-ari-umubiri-wa-kristo</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 22:44:22 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Abakristo basabwa kuziririza isabato?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=213&amp;qa_1=ese-abakristo-basabwa-kuziririza-isabato</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=213&amp;qa_1=ese-abakristo-basabwa-kuziririza-isabato</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 22:28:32 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Isabato ni iyihe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=212&amp;qa_1=isabato-ni-iyihe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=212&amp;qa_1=isabato-ni-iyihe</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 22:24:58 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese haracyariho abahanuzi mu gihe cya none?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=211&amp;qa_1=ese-haracyariho-abahanuzi-mu-gihe-cya-none</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=211&amp;qa_1=ese-haracyariho-abahanuzi-mu-gihe-cya-none</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 22:23:47 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Inshingano z'abafasha b'abashumba ni izihe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=210&amp;qa_1=inshingano-zabafasha-babashumba-ni-izihe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=210&amp;qa_1=inshingano-zabafasha-babashumba-ni-izihe</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 22:22:13 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni inde wemerewe kujya ku ifunguro ryera (Cyangwa ameza y'Umwami)?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=207&amp;qa_1=ni-inde-wemerewe-kujya-ifunguro-ryera-cyangwa-ameza-yumwami</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye itorero</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=207&amp;qa_1=ni-inde-wemerewe-kujya-ifunguro-ryera-cyangwa-ameza-yumwami</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 22:18:10 +0000</pubDate>
</item>
</channel>
</rss>