<?xml version="1.0" encoding="utf-8"?>
<rss version="2.0">
<channel>
<title>Bibiriya irasubiza - Recent questions and answers in Ibibazo byerekeye Imana</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=qa&amp;qa_1=ibibazo-byerekeye-imana</link>
<description>Powered by Question2Answer</description>
<item>
<title>Kubera iki Imana hari ibyifuzo yemera ko tugira kandi Ibizi ko bitazasubizwa</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=4251&amp;qa_1=kubera-imana-ibyifuzo-yemera-tugira-kandi-ibizi-bitazasubizwa</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=4251&amp;qa_1=kubera-imana-ibyifuzo-yemera-tugira-kandi-ibizi-bitazasubizwa</guid>
<pubDate>Sat, 31 Jan 2026 16:19:16 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese iyo Imana ihaye umuntu isezerano, uyu muntu agasubira inyuma; Imana yisubiraho ku buryo rishobora kudasohora?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=3476&amp;qa_1=isezerano-agasubira%C2%A0inyuma-yisubiraho-rishobora-kudasohora&amp;show=3477#a3477</link>
<description>&lt;p&gt;Iki ni ikibazo cyiza kandi cyagiye gitera abantu benshi kuyobera mu binyoma, ahanini babitewe no kudasoma Ijambo ry'Imana no kudasobanukirwa ibyerekeranye n'amasezerano, rimwe na rimwe ugasanga abantu basigaranye indimbo ngo &quot;Isezerano ntirihinduka&quot; gusa.... bagasigara bicariye ibitakiriho!&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mbere yo gusubiza iki kibazo, tubanze dusobanure ko iyo urebeye ISEZERANO mu nguni y'abarihabwa, usanga habaho amasezerano y'ubwoko bubiri: Habaho &lt;strong&gt;ISEZERANO RUSANGE n'ISEZERANO RY'UMWIHARIKO&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;ISEZERANO RUSANGE&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iri ni isezerano ritagira condition n'imwe.&amp;nbsp; Imana iriha abana bayo muri rusange, ititaye ku ho bari, uko babayeho, uko basenga, uko bizera.... n'ibindi. Iri sezerano rirasohora byanze bikunze, nta conditions zihariye rigira, uko byamera kose iri sezerano rirasohora.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;Urugero:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; Yesu yadusezeranije ko azagaruka: &lt;strong&gt;IRI NI ISEZERANO-RUSANGE&lt;/strong&gt;, nta kintu na kimwe twakora ngo tumubuze kugaruka, nta n'icyo twakora ngo aze vuba cyangwa atinde kuza. Nidukiranuka azagaruka, nitudakiranuka azagaruka, nidukizwa azagaruko, nitudakizwa azagaruka, nidukora ibyaha azagaruka, nitutabikora azagaruka.... muri macye, nta kintu na kimwe abari mu isi bakora ngo Yesu aze cyangwa ntaze. Azaza uko byamera kose.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;ISEZERANO RY'UMWIHARIKO&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iri ni isezerano rihabwa umuntu ku giti cye cyangwa itsinda ry'abantu bafite icyo bahuriyeho. Iri rishobora guhabwa umuntu umwe ku gite cye, umuryango umwe, Itorero rimwe, igihugu kimwe.... kandi mwene iri sezerano, igihe cyose riba riherekejwe na conditions runaka, nk'urugero, rikaba rivuga riti &quot;Nukora utya, najye nzakora ntya...&quot;. Ikibazo ni uko usanga akenshi twifatira kariya ka nyuma kavuga ngo &quot;Imaza izakora itya.... tukirengagiza akandi kavuga ngo &quot;Nugira utya....&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubusanzwe, Isezerano riba hagati y'abantu nibura babiri. Buri ruhande ruba rufite inshingano zo kubaha amabwiriza arikubiyemo. Iyo uruhande rumwe rwishe isezerano, isezerano rirapfa, ariko uruhande rundi ntiruryozwa ibyo kudakomezwa kw'isezerano.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana yo ntishobora kwica isezerano, ntibibaho : Ariko ku rundi ruhande, twebwe dufite inshingano zo kurigumamo: Iyo turisohotsemo birakunda,&amp;nbsp; ariko ntibigomba kwitirirwa Imana ngo tuyibeshyere ko yaba yivuguruje, kuko yo iba igikomeje isezerano ryayo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;&lt;em&gt;Ese Birashoboka kuva mu isezerano?&lt;/em&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&amp;nbsp;Cyane rwose. Birashoboka, na Bibiliya irabihamya:&amp;nbsp;&lt;strong&gt;Zaburi 25:3&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Si ko bizaba, Mu bagutegereza nta wuzakorwa n’isoni. Abava mu isezerano ari nta mpamvu, Ni bo bazakorwa n’isoni.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murabibona rwose ko kuva mu isezerano bishoboka.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;&lt;em&gt;Ese muri Bibiriya hari ingero z'abisohoye mu isezerano batuma ridasohora?&lt;/em&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Cyane rwowe, dushobora gufata urugero rwihuse kuri Eli.&amp;nbsp;Eli yari Umutambyi, kandi yari yarahawe izerano ko urubyaro rwe ruzahora rugendera imbere y'Uwiteka iteka ryose, ariko abana ba Eli bahindutse ibigoryi ndetse na se arabarebera ntiyabacyaha, iyo myitwarire yatumye bo ubwabo bisohora mu isezerano bari barahawe, bituma ibyo yari yarasezeranijwe bidasohora. Ibyongibyo Imana ubwayo irabyivugira muri aya magambo:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1 Samuel 2:30&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Ni cyo gitumye Uwiteka Imana ya Isirayeli ivuga iti ‘Ni ukuri nari navuze yuko ab’inzu yawe n’ab’inzu ya so bazajya bagendera imbere yanjye iteka ryose’, ariko none Uwiteka aravuze ngo: Ntibikabeho kuko abanyubaha ari bo nzubaha, ariko abansuzugura bazasuzugurwa.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ubwayo iti &lt;strong&gt;&quot;Nari naravuze nti..., ariko noneho ndavuze nti....&quot;&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Ese wagizengo Imana yarivuguruje? Oya rwose, ntabwo ijya yivugiruza. Eli yavuye mu isezerano bituma isezerano ridasohora, ariko nta wabigereka ku Mama nk'aho hari uruhare yabigizemo. Imana yacu ntitwaza igitugu, satani ni we utwaza igitugu. Umuntu kuva yaremwa yaremanywe ubushake, kandi Imana yubaha Ubushake bw'umuntu.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Njyewe mfite amasezerano menshi Imana yampaye, amwe muri iyo avuga atya: Numbera umwizerwa, nza......... (Birumvikana, mfite inshingano zo &quot;kuguma ndi umwizerwa&quot;, nintazubahiriza nkaguma mu kuririmba ngo isezerano ry'Imana ntirihinduka..... Yesu azarinda agaruka nkiririmba‍ gusaaaaa.... ndabizi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;&lt;em&gt;Ese Imana ishobora kwivuguruza?&lt;/em&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ntibibaho!&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Imana ntiyivuguruza na gato. Yo iguma ari iyo kwizerwa, kandi irinda Ijambo ryayo ngo irisohoze. &lt;strong&gt;Yeremiya 4:28&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Ni cyo kizatera isi kuboroga, n’ijuru hejuru rikabamo umwijima kuko nabivuze nkabigambirira, kandi sinzabyibuza, ntabwo nzivuguruza.”&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Yeremiya 1:12&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Maze Uwiteka arambwira ati “Waroye neza, kuko ndinda ijambo ryanjye kugira ngo ndisohoze.”&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;UKURI GUHARI NI UKU:&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;1)Isezerano ryose rirarwanywa&lt;/p&gt;&lt;p&gt;2) Isezerano rirarindwa&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo Umukristo yahawe isezerano, ntabwo agomba kuririmba ngo isezerano rizasohora gusa, ngo ashyire akaguru ku kandi, ahubwo aba afite inshingano zo kuririnda ashishikaye kuko agomba kumenya ko isezerano rye rirwanywa. Iyo wahawe isezerano, witegura no kurwana kurusha uko warwanaga mbere yo kurihabwa. Bitabaye ibyo, uramutse uhawe&amp;nbsp;isezerano warangiza ukajya gushayisha mu byaha, ntiwatangara wisanze warisohotsemo, maze ukisanga Imana ikubwira nk'uko yabwiye Eli, iti &quot;Nari naravuze ngo ..... ariko ntibikabeho!&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;MURI MACYE:&lt;/strong&gt; Yego rwose, birashoboka ko isezerano rishobora kudasohora, bidatewe n'uko Imana yivuguruje kuko ntijya yivuguruza, ahubwo bitewe n'uko uwarihawe yarisohotsemo mu buryo bumwe cyangwa ubundi.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;ICYITONDERWA:&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;1)Igihe cyo guhabwa isezerano, n'iyo mu isezerano haba hatarimo ijambo rivuga&amp;nbsp;ngo &lt;strong&gt;&quot;Nugira utya...&quot;,&lt;/strong&gt; uwahawe isezerano agomba kumenya ko iryo jambo&lt;strong&gt; &quot;nugira utya...&quot;&lt;/strong&gt; risanzwe rihari si ngombwa ko barigusubiriramo, &lt;strong&gt;ryihishe muri Bibiliya. &lt;/strong&gt;Ni&lt;strong&gt;&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;inshingano&lt;strong&gt;&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;z'uwahawe isezerano gukunda Ijambo ry'Imana no kurisoma kugirango amenye icyo Imana imubwira. Ntabwo Imana igomba kuryozwa kudasoma Ijambo ryayo kwacu, no kubabazwa tuzira kutamenya. &lt;strong&gt;Hoseya 4:6&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&amp;nbsp;“Ubwoko bwanjye burimbuwe buzize kutagira ubwenge. Ubwo uretse ubwenge, nanjye nzakureka we kumbera umutambyi. Ubwo wibagiwe amategeko y'Imana yawe, nanjye nzibagirwa abana bawe.&quot;&lt;/span&gt; (Note: Iki cyanditswe abantu bamwe bakunze kugikoresha nabi, bakakitwaza ngo biyaranje mu manyanga yo mu isi, bakibagirwa kugisoma ngo bakirangize, bakibagirwa kwibonera ko Imana ituburira ibi: &lt;strong&gt;Nitwibagirwa Ijambo ryayo, tuzabe twiteguye guhangana n'ingaruka zabyo&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;2)Tugomba kwemera ko&lt;strong&gt;&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Gusohora kw'isezerano no kudasohora kwaryo ari kimwe mu bintu biturenze. Ibintu by'Imana ntibigendera kuri formule mathematique, ngo ducyeke ko&amp;nbsp;1+1 igihe cyose bigomba kubayara 2 nk'uko bimeze muri mathematique, OYA. Abantu babiri bashobora guhabwa isezerano rimwe, bakariherwa igihe kimwe, bagasenga kimwe, bagakiranuka kimwe, bakizera kimwe... ariko kubera impamvu ziturenze umwe agasubizwa mbere y'undi. Igikomeye ni ukubahiriza ibyo dusabwa ku ruhande rwacu, tukaguma mu isezerano, ubundi tukareka nyiri kuriduha akikorera umurimo mu buryo bwe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Bantu mufite amasezerano, nimuyarinde&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=3476&amp;qa_1=isezerano-agasubira%C2%A0inyuma-yisubiraho-rishobora-kudasohora&amp;show=3477#a3477</guid>
<pubDate>Wed, 12 Mar 2025 18:09:38 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Kugerageza Imana bivuze iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=42&amp;qa_1=kugerageza-imana-bivuze-iki&amp;show=741#a741</link>
<description>&lt;p&gt;Muri Bibiliya hagaragaramo uburyo butandukanye bwo kugerageza Imana, hari ubwemewe hakaba n'ubutemewe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Malaki 3:10&lt;/strong&gt; Bibiliya igira iti&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Nimuzane imigabane ya kimwe mu icumi ishyitse mubishyire mu bubiko, inzu yanjye ibemo ibyokurya. Ngaho nimubingeragereshe, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, murebe ko ntazabagomororera imigomero yo mu ijuru, nkabasukaho umugisha mukabura aho muwukwiza.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri Bibiliya, aho ni ho hantu honyine Imana yemerera abantu bayo kuyigerageza. Ahandi hasigaye, Imana yabuzanije kuyigerageza: &lt;strong&gt;Gutegeka kwa kabiri 6:16&amp;nbsp;&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Ntimukagerageze Uwiteka Imana yanyu nk’uko mwayigeragereje i Masa.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uburyo bubi Imana ibuzanya kuyigerageza, ni hahandi ushobora gusanga umuntu abwira Imana ngo &quot;Niba koko uri Imana .....&quot; ; iyi ni imvugo idakwiriye na gato ku muntu usenga; kuko iyi ni yo mvugo ikoreshwa na satani guhera cyera. Igihe satani yageragezaga Yesu mu butayu, satani yavugaga atya: &lt;strong&gt;Matayo 5:5-7&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Maze umwanzi amujyana ku murwa wera, amuhagarika ku gasongero k’urusengero [5]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;aramubwira ati “Niba uri Umwana w’Imana, ijugunye hasi kuko handitswe ngo ‘Izagutegekera abamarayika bayo, Bakuramire mu maboko yabo, Ngo udakubita ikirenge ku ibuye.’&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&amp;nbsp; [6]Yesu aramusubiza ati “Kandi handitswe ngo ‘Ntukagerageze Uwiteka Imana yawe.’ ”&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ntabwo Yesu yari acyeneye gutanga gihamye ko ari Umwana w'Imana, kuko ni Umwana w'Imana kandi na satani yari abizi ko ari Umwana w'Imana. Ntidukeneye gusaba Imana ko yerekana ko koko ari Imana, kuko ni Imana. &lt;strong&gt;Abaheburayo 11:6&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;ariko utizera ntibishoboka ko ayinezeza, kuko uwegera Imana akwiriye kwizera yuko iriho, ikagororera abayishaka.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Itandukaniro riri hagani y'uku kugerageza Imana ni &quot;&lt;strong&gt;Ukwizera&lt;/strong&gt;&quot;. i Masa, abisirayeli bagerageje Imana mu butayu, babura kwizera babaza Mose impamvu Imana yabataye, kandi by'ukuri ntiyari yarabataye. Muri Malaki, Abizera bemererwa kugerageza Imana kuko baba bafite ukwizera, bagakoresha kwizera kwabo bagakora ibyo Imana ibasaba.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo kwizera k'ukuri guhari, gukurikirwa no kumvira. Uko kumvira guturutse mu kwizera Imana iragukunda cyane. Nk'uko icyanditswe cyo muri Malaki kibigaragaza, iyo tuzanye icyacumi tubitewe no kwizera, Imana ubwayo yiyerekana nk'iyo kwizerwa. Icyo tutemerewe, ni ukuza imbere y'Imana tujijinganya, twarangiza tukayisaba kwerekana ko ari iyo kwizerwa; Iyo ubikoze utyo, uba uri mu kaga ko gufatwa nk'ugerageza Imana mu buryo bubi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, uwiteka abagirire neza.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=42&amp;qa_1=kugerageza-imana-bivuze-iki&amp;show=741#a741</guid>
<pubDate>Wed, 03 Jan 2024 20:59:35 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Kuki Imana yemerera ibintu bibi kugera ku bantu beza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=31&amp;qa_1=kuki-imana-yemerera-ibintu-bibi-kugera-ku-bantu-beza&amp;show=705#a705</link>
<description>&lt;p&gt;Iki kibazo kirasa n'ikindi kibaza kiti &quot;Kuki Imana yemera ko duca mu bibazo n'ibigeragezo?&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Cyarasubijwe, &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=10&amp;amp;qa_1=kuki-imana-yemera-ko-duca-mu-mibabaro-nibigeragezo&amp;amp;show=10#q10&quot;&gt;wakanda hano ukareba igisubizo&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=31&amp;qa_1=kuki-imana-yemerera-ibintu-bibi-kugera-ku-bantu-beza&amp;show=705#a705</guid>
<pubDate>Thu, 05 Oct 2023 18:06:04 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese Imana igira ibyiyumviro cyangwa amarangamutima (emotions)?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=41&amp;qa_1=imana-igira-ibyiyumviro-cyangwa-amarangamutima-emotions&amp;show=690#a690</link>
<description>&lt;p&gt;Mutwemerere tubanze tuvuge ko bitoroheye mwene-muntu gusobanura Imana. Imana irahambaye ku kigero ubwenge bwacu butabashya gushyikira, ndetse nta muntu wakwihandagaza ngo yemeze ko ayisobanukiwe byuzuye. Bikeya tuyiziho ni ibyo yahisemo kutwereka.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Gusobanura &quot;&lt;strong&gt;ibyiyumviro&lt;/strong&gt; cyangwa &lt;strong&gt;amarangamutima&lt;/strong&gt;&quot; mu kinyarwanda ntibyoroshye, ariko ducishirije ni nk'uko umuntu&amp;nbsp;yiyumva imbere&amp;nbsp;mu muntu byarangiza bigasesekara inyuma bikagaragarira&amp;nbsp;buri wese inyuma&quot;; ingero ni nk'umunezero, ibyishimo, uburakari, umujinya, umubabaro, agahinda, guseka, gufuha, kurira, urukundo, urwango, impuhwe....&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ntabwo twavugako ko Imana igira amarangamutima nkay'umuntu, ariko kandi iyo urebye muri Bibiriya ubona mwene aya marangamutima no ku Mana:&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;INGERO:&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;Uburakari:&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;Gutegeka kwa kabiri 3:26&lt;/strong&gt; &quot;Maze Uwiteka andakarira ku bwanyu, ntiyanyumvira. Arambwira ati “Uherukire aho ntukongere kumbwira iryo jambo.&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;- Impuhwe: &lt;/span&gt;Yoweli 2:13&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&quot;Imitima yanyu abe ari yo mutanyura mureke imyenda yanyu, muhindukirire Uwiteka Imana yanyu kuko igira impuhwe. Yuzuwe n’imbabazi, ntiyihutira kurakara ahubwo ihorana ibambe ryinshi, kandi yitangīra kuzana ikibi.&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;- Agahinda:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;Itangiriro 6:6&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&quot;Uwiteka yicuza yuko yaremye abantu mu isi, bimutera agahinda mu mutima.&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;- Kwanga ikintu runaka: &lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;Imigani 6:16&lt;/strong&gt; &quot;Hariho ibintu bitandatu ndetse birindwi, Uwiteka yanga bimubera ikizira ni ibi:&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;- Gufuha:&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;Kuva 20:5&lt;/strong&gt; &quot;Ntukabyikubite imbere, ntukabikorere kuko Uwiteka Imana yawe ndi Imana ifuha,&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;- Ibyishimo / Umunezero:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;Zefaniya 3:17&lt;/strong&gt; &quot;Uwiteka Imana yawe iri muri wowe imbere, ni intwari kandi irakiza. Izakwishimana inezerewe. izaruhukira mu rukundo rwayo, izakunezererwa iririmba.’&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;- Umujinya:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;Abalewi 26:28&lt;/strong&gt; &quot;Nuko rero nanjye nzanyuranya namwe mfite umujinya mwinshi, mbahanire ibyaha byanyu karindwi.&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Yesu na we akiri hano mu isi, yagaragaje amenshi muri ayo marangamutima: Yarashonje, yararakaye, yarababaye, yagize agahinda, yararize..... ibyo byose kuko yagerageje kwishushanya natwe keretse ko atigeze akora icyaha: Yariranye&amp;nbsp;n'abarira, yishimanye n'abishima, yagiriye impuhwe abo kuzigirirwa:&amp;nbsp;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;Abaheburayo 4:15&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Kuko tudafite umutambyi mukuru utabasha kubabarana natwe mu ntege nke zacu, ahubwo yageragejwe uburyo bwose nkatwe, keretse yuko atigeze akora icyaha.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubundi Imana irahambaye ku buryo iramutse yiyeretse umuntu uko iri, muntu ntiyabaho n'isogonda rimwe. &lt;strong&gt;Kuva 33:20&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kandi ati “Ntiwareba mu maso hanjye kuko umuntu atandeba mu maso ngo abeho.”&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt; &lt;/span&gt;Kugirango abantu barebe Yesu ntibapfe (kuko Yesu ni&amp;nbsp;Imana) byasabye Yesu kwigaragaza mu buryo muntu abasha kwihanganira. No kumva Imana no gusobanukirwa ibyayo, byayisabye kubikora mu buryo muntu abasha gusobanukirwa. Kuko muntu arakara, byasabye kwigaragaza nk'irakara kugirango muntu amenye uburakari bwayo. Kuko muntu afuha, byasabye Imana gufuha kugirango muntu amenye uko agomba kuyiyegurira. Iyo umuntu atarasobanukirwa ibyo, agirango Imana irakara nk'umuntu cyangwa ikagira umujinya nk'umuntu; ibyo ni byo Dawidi yavugaga hano: &lt;strong&gt;2 Samuel 22:26:-28&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;“Ku munyambabazi uziyerekana nk’umunyambabazi, Ku utunganye, uziyerekana nk’utunganye, [27]Ku utanduye, uziyerekana nk’utanduye. Ku kigoryi, uziyerekana nk’ugoramye. [28]Abacishijwe bugufi ni bo uzakiza, Ariko igitsure cyawe kiri ku bibone, Kugira ngo ubacishe bugufi.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ibi ariko bizamura ikindi kibazo: N'ubwo bimeze bityo, tuzi mu buryo budasubirwaho ko Imana yacu ari Imana idahinduka. &lt;strong&gt;Malaki 3:6&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#1abc9c&quot;&gt;&lt;strong&gt;“Kuko jyewe Uwiteka ntabwo mpinduka, ni cyo gituma abahungu ba Yakobo mutamarwaho.&quot; &lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;None se ni gute waba wishimye, mu kanya ukarakara ukaba utahindutse?&lt;/span&gt; &lt;/strong&gt;N'ubwo mu buryo butagirwaho impaka Imana igaragaza amarangamutima yenda gusa n'ay'umuntu, ni ngombwa gutandukanya amarangamutima y'umuntu n'amarangamutima y'Imana. Amarangamutima y'umuntu aterwa n'ibyo bita &quot;mood&quot;&amp;nbsp;mu cyongereza, ni nk'imimerere itewe n'impamvu runaka, ikaba ariyo igenga amarangamutima y'umuntu. Mujya mwumva ngo &quot;ndi muri mood mbi&quot;, ngo uwo munsi nari muri &quot;mood nziza&quot;... byanga bikunda iyo mood uba wayishyizwemo n'impamvu runaka, ziguturutseho cyangwa ziturutse ahandi. Imana ntijya igira mood nziza cyangwa mbi, ibiyiturukaho byose, n'amarangamutima yayo, biba biyobowe n'urukundo, dore ko na Bibiriya igera aho iyita &quot;Se w'imicyo&quot;: &lt;strong&gt;Yakobo 1:17&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Gutanga kose kwiza n’impano yose itunganye rwose ni byo biva mu ijuru, bimanuka bituruka kuri Se w’imicyo udahinduka, cyangwa ngo agire n’igicucu cyo guhinduka.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ku bwa kamere-muntu y'icyaha, amarangamutima ya mwenemuntu yarangiritse: Iyo umuntu arakaye yifuza gukora ikibi, iyo Imana irakaye iba ishaka gukiza. &lt;strong&gt;Yakobo 1:20&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Kuko uburakari bw’abantu budasohoza ibyo gukiranuka kw’Imana.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Iyo umuntu agize umujinya agerageza kwangiza, Iyo Imana igize umujinya iwugirana impuwe n'imbabazi zigamije kugarura mu nzira. &lt;strong&gt;(2 Samuel 24:10-25)&lt;/strong&gt;. Umuntu wafushye agira uwo yifuriza ikibi,&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Iyo Imana ifushye iba igirango tuyisange itugirire neza.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Umuntu agira agahinda kakamutera stress n'izindi ndwara, Yesu yagaragaje agahinda i Getsemane agatewe n'abo yaje gukiza, ariko ntibyamubujije kujya i Gologotha ngo adukize.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Abantu iyo bishimye bakururwa mu binezeza bishobora kubatera ibyaha, Imana inezezwa no kutubona turi mu nzira nziza kandi ntishobora gukora icyaha.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana n'umuntu ntibishobora kugereranywa. Imana yagerageje kwiyereka umuntu mu buryo umuntu ashobora kwihanganira. Naho ubundi, ibyayo byose, n'ibyiyumviro yagerageje kwiyerekamo umuntu kugirango yumve kandi asobanukirwe ibyo Imana imwifuzaho byose biyobowe n'ineza, urukundo n'ubuntu byayo. Ibyo ni byo itubwira iti: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;“Ni ukuri nagukunze urukundo ruhoraho, ni cyo cyatumye ngukuruza ineza nkakwiyegereza.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;(Yeremiya 31:3).&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, uwiteka abagirire neza.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=41&amp;qa_1=imana-igira-ibyiyumviro-cyangwa-amarangamutima-emotions&amp;show=690#a690</guid>
<pubDate>Mon, 02 Oct 2023 04:57:13 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ubutatu ni iki? Ese ni inyigisho ishingiye kuri Bibiriya?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=11&amp;qa_1=ubutatu-ni-iki-ese-ni-inyigisho-ishingiye-kuri-bibiriya&amp;show=684#a684</link>
<description>&lt;p&gt;Kimwe mu bibazo bikomeye gusobanukirwa mu kwizera kwa Gikristo ni Ubutatu! Nta buryo na bumwe bushoboka bubaho umuntu ashobora gukoresha ubwenge bw'umuntu ngo asobanure mu buryo bwuzuye 100% ubutatu.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu nkingi za mwamba z'ibyo twizera mu matorero y'abavutse ubwa kabiri ayoborwa na Mwuka Wera, harimo ubutatu: Twizera ko hariho Imana imwe rukumbi, gusa tunizera ko Yesu ari Imana (Ushobora &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=566&amp;amp;qa_1=ese-koko-yesu-ni-imana&quot;&gt;gukanda hano&amp;nbsp;ukareba ikibazo kigira kiti: &quot;Ese Yesu ni Imana?&quot;&lt;/a&gt;), kandi tunizera ko&amp;nbsp;Umwuka Wera ari&amp;nbsp;Imana. Iyi rwose ni inkingi ya mwamba mu myizerere y'Itorero ryose riyoborwa na Mwuka Wera.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iki kibazo cyagiye gikurura impaka kuva mu kinyejana cya mbere kugeza ubu, ahanini kuko muntu yagerageje kwiyumvisha ukuntu Yesu yaba ari Imana, Mwuka Wera akaba Imana, hakaba n'Imana Data, ariko tukarenga tukavuga ko hariho Imana imwe rukumbi! Ni byo rwose, ushyize mu nyurabwenge y'umuntu ntiwakwiyumvisha ukuntu &lt;strong&gt;1+1+1=1&lt;/strong&gt;; ariko muntu agomba kwemera ko Imana irenze umuntu mu buryo buhambaye, ndetse nta n'umwe ukwiye kwihandagaza ngo avuge ko ashobora gusobanukirwa Imana mu buryo bwuzuye.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kuba umuntu adashobora gusobanukirwa ikintu runaka ntibisobanuye ko icyo kintu atari ukuri. Reka dufate urugero mu buzima busanzwe: Ahagana mu mwaka wa 1905, umugabo w'umuhanga witwa Albert Einstein&amp;nbsp;yavumbuye ikintu byagoye benshi kucyemera kugeza aho ikoranabuhanga riziye: Kugeza icyo gihe, abantu bibwiraga ko igihe (isaha) kigenda ku muvuduko umwe ahantu hose. Albert Einstein yavumbuye ko igihe (isaha) gishobora kwihuta cyangwa kikagenda buhoro bitewe n'umuvuduko umuntu afite. Yavuze ko uramutse ufashe isaha ebyiri ukazishyira ku gihe kimwe neza neza, isaha imwe ukayishyira mu ndege igahaguruka ikagenda, indi saha igasigara ahantu hamwe, ya ndege nizenguruka ikagaruka, urasanga isaha yari mu ndege yasigaye inyuma ugereranije n'isaha yasigaye hamwe itanyeganyega! Kugeza icyo gihe nta wumvaga ikintu cyatuma isaha igenda isigara inyuma ugereranije n'isaha iri hamwe, byasabye ko za mudasobwa ziza zikabasha gukora imibare ihambaye ngo byemezwe ko ari ukuri. Ubu byaremejwe, ni ukuri kudashidikanywaho: Ngaho mbwiza ukuri: Wowe ibyo urabisobanukiwe? Wasobanura impamvu isaha igenda isigara inyuma ugereranije n'isaha ihagaze hamwe?&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ukurikije ibyo tuvuze, buriya ngo ufashe urugendo ubu muri 2023, ukagenda ku muvuduko w'urumuri (300,000 km/sec), ukajya mu yindi galaxy ukagaruka ku isi mu rugeno rw'umwaka 1, wowe ku isaha yawe&amp;nbsp;waba ubona wakoresheje umwaka umwe, wanarebaho ugasanga isaha yerekana ko turi mu mwaka wa 2024, ariko wagera ku isi ugatangazwa nuko isi yo igeze&amp;nbsp;muri 2070! Wowe wagaruka umeze uko wagiye, ariko wasanga abo wasize ari abana barabaye&amp;nbsp;abakambwe bagendera ku kibando! Niba ubisobanukiwe Imana ishimwe, ariko niba utabisobanukiwe umenye ko bitavanaho ko ari ukuri.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Nkiri mu mashuri abanza, bambwiraga ko &lt;strong&gt;4-7 &lt;/strong&gt;bidashoboka! (By'ukuri si uko bidashoboka, ahubwo ubwonko bwajye icyo gihe ntibwashoboraga kwakira imishobokere y'ibyo bintu). Nageze secondary school nsanga bishoboka&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ndi muri secondary, bambwiraga ko&lt;strong&gt; &quot;square root of a negative number&quot; (racine carré d'un nombre négatif)&lt;/strong&gt;, bambwiraga ko bidashoboka. Mu byukuri si uko bidashoboka, ahubwo ubwonko bwange ku rwego bwari buriho ntibwabashaga kwakira imishobokere yabyo. Nageze University nsanga bishoboka.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;Bibiriya ibivuga idaca ku ruhande ko iby'Imana tubimenyaho igice, ariko igihe kizaza ubwo tuzamenya rwose ibirenze ibyo tuzi ubu: Ibivuga muri aya magambo: &lt;strong&gt;1 Abakorinto 13:9-12&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Kuko tumenyaho igice kandi duhanuraho igice, [10]ariko ubwo igishyitse rwose kizasohora, bya bindi bidashyitse bizakurwaho. [11]Nkiri umwana muto navugaga nk’umwana muto, ngatekereza nk’umwana muto nkibwira nk’umwana muto. Ariko maze gukura mva mu by’ubwana. [12]Icyakora none turebera mu ndorerwamo ibirorirori, ariko icyo gihe tuzarebana duhanganye mu maso. None menyaho igice, ariko icyo gihe nzamenya rwose nk’uko namenywe rwose.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ijambo&lt;strong&gt; &quot;ubutatu&quot;&lt;/strong&gt; ubwaryo nta hantu rigaragara muri Bibiriya, ni Ijambo abantu bagerageje kwifashisha ngo basobanure Imana imwe yigaragaza ugutatu, kandi uko gutatu buri kose kukaba ari Imana. &lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;Incuro ebyiri muri Bibiriya, Ubutatu bwagaragaye&amp;nbsp;mu isezerano rishya buri kumwe, buri wese mu babugize akagaragara ari ukwe: &lt;/span&gt;&lt;strong&gt;Matayo 3:16-17&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Yesu amaze kubatizwa uwo mwanya ava mu mazi, ijuru riramukingukira abona Umwuka w’Imana amanuka asa n’inuma amujyaho, [17]maze ijwi rivugira mu ijuru riti “Nguyu Umwana wanjye nkunda nkamwishimira.&quot; &lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;None se ko Yesu yari ku isi bamureba iryo jwi ryavugiye mu Ijuru ryari iryande? None se Mwuka Wera we ntiyagaragaye mu ishusho y'inuma ako kanya? Ibyo rwose ntibijijinganywaho. Hari n'iki cyanditswe:&amp;nbsp;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;2 Abakorinto 13:14 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Ubuntu bw’Umwami wacu Yesu Kristo, n’urukundo rw’Imana, no kubana n’Umwuka Wera bibane namwe mwese.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ni byo rwose, Ubutatu ni inyigisho y'ukuri ishingiye kuri Bibiriya, ndetse tugendeye ku byanditswe byinshi duhamya tudashidikanya ibi bikurikira:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;1) Dusenga Imana imwe rukumbi &lt;strong&gt;(Gutegeka kwa kabiri 6:2 ; 1 Abakorinto 8:4)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;2) Abagize ubutatu buri wese ni Imana&lt;strong&gt; (Itangiriro 3:22; Matayo 28:19)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;3) Abagize ubutatu buri wese agaragara mu nshingano zitandukanye&lt;/p&gt;&lt;p&gt;4) Buri wese mu bagize ubutatu si igice ku Mana, ni Imana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nk'uko twatangiye tubivuga, biragoye gusobanura ubutatu dukoresheje ururimi rw'abantu. byonyine nko haruguru murabona ko mvuga nti &quot;Abagize ubutatu buri wese ni Imana... &quot; ushobora gutekereza ko kuvuga buri wese bisa nk'aho ari umuntu. OYA suko ari umuntu ahubwo ni ukubura ijambo rikwiriye.&amp;nbsp;Hari abakoresha ijambo &quot;Abapersona&quot;, ... uko byamera kose nta rurimi mwene muntu yabona ruhamyamo neza mu buryo bwuzuye ngo asobanure ubutatu.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko ni ko bimeze nta n'icyo twabirenzaho uretse kubyizera uko tukanabihamya uko, Imana Data ni Imana, Yesu ni Imana, n'Umwuka Wera ni Imana, ariko hariho Imana imwe rukumbi. Uko ni ko kuri kwa Bibiriya ku bijyanye n'ubutatu: Ibirenze kuri ibyo ntacyo bimaze gushaka kubicengera, igifite umumaro ni ukwita ku rukundo rutagira akagero rw'Imana: &lt;strong&gt;Abaroma 11:33-34&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Mbega uburyo ubutunzi n’ubwenge n’ubumenyi by’Imana bitagira akagero! Imigambi yayo ntihishurika, n’inzira zayo ntizirondoreka. [34]Ni nde wamenya ibyo Uwiteka atekereza cyangwa ngo abe umujyanama we?&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Uwiteka abagirire neza.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=11&amp;qa_1=ubutatu-ni-iki-ese-ni-inyigisho-ishingiye-kuri-bibiriya&amp;show=684#a684</guid>
<pubDate>Sat, 30 Sep 2023 08:11:28 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese abakristo n'abasiramu basenga Imana imwe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=8&amp;qa_1=ese-abakristo-nabasiramu-basenga-imana-imwe&amp;show=564#a564</link>
<description>&lt;p&gt;Uburyo abakristo n'abasiramu babona Imana hari aho bigenda bisa, hari n'aho bitandukanira. Abakristo bizera Imana imwe rukumbi ihoraho kandi yaremye ibiriho byose, n'Abasiramu ni ko babona Allah. Aba bombi bizera ko Imana ishobora byose, izi byose, kandi ibera hose icyarimwe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Itandukaniro rikomeye hagati y'uko Abakristo n'Abasiramu babona Imana rishingiye ku cyo Abakristo bita &lt;strong&gt;Ubutatu Bwera&lt;/strong&gt;. Ukurikije Bibiriya, Imana Imwe rukumbi yiyeretse umuntu nk'Imana Data, Imana Mwana, Imana Mwuka Wera. Nubwo twemera ko Yesu Ari Imana, tukanemera ko Umwuka Wera ari Imana, ntibikuraho ko twemera Imana imwe rukumbi.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubutatu ni ingingo y'ingenzi cyane ku kwizera kw'Abakristo. Hatabayeho kwizera Ubutatu, ntihabaho kwizera ko Yesu ari Imana. Hatabayeho kwizera ko Yesu ari Imana, ntihabaho agakiza no kubabarirwa ibyaha. Hatabayeho agakiza, icyaha cyaciraho iteka abantu bose bakarimburwa burundu.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Tugarutse ku kibazo cyacu, &lt;strong&gt;&quot;Ese Abakristo n'Abasiramu basenga Imana imwe?&quot;&lt;/strong&gt; ; Iki kibazo cyarushaho kuba kiza kibanje kubazwa kiti &quot;Ese Abakristo n'Abasiramu basobanukiwe Imana kimwe?&quot; Igisubizo mu buryo budasubirwaho ni &lt;strong&gt;OYA.&lt;/strong&gt; Kubera itandukaniro rikomeye riri hagati y'uko abakristo n'abasiramu babona Imana, ntabwo bashobora kuyisobanukirwa kimwe. Imana ivugwa muri Bibiriya ni yo Mana Yonyine yakemuye ikibazo cya Muntu ubwo yatangaga Umwana wayo w'Ikinege kugirango umwizera wese atazarimbuka. &lt;strong&gt;(Hohana 3;16)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ikibazo cyo kumenya niba bombi basobanukiwe&amp;nbsp;Imana kimwe, byaterwa n'uruhande ubireberamo. Bamwe bizera ko Yesu ari Imana, abandi ntibabikozwa. Bamwe bizera ko Umwuka Wera ari Imana, abandi ntibabikozwa. Sogokuruza wacu mu kwizera Aburahamu, ntiyigeze amenya icyo twe twita Ubutatu. Ubu twe turakizi. None se ibyo byaba impamvu yo kuvuga ko twe, ab'iki gihe, tudasenga Imana imwe na Aburahamu? Oya rwose, twe na Aburahamu dusenga Imana imwe, ariko ubumenyi Aburahamu yari afite ku Mana butandukanye n'ubwo dufite ubu, cyane ko nyumwa ya Aburahamu, Imana yafashe umwanzuro wo kwimenyesha umuntu neza kurushaho, yambara umubiri nk'uw'abantu, ibana n'abantu, isangira n'abantu......; Kuba umuntu afite ubumenyi buke ku Mana, cyangwa se akaba afite ubumenyi bupfuye kuri Yo, ntibisobanuye ko yizera Imana itandukanye n'iyo wowe wabashije kumenya byinshi kandi bizima wizera. Kumenya ko Imana iriho ubwabyo si cyo kibazo, kuko n'abadayimoni barabizi &lt;strong&gt;(Yakobo 2:19)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ku rundi ruhande nanone, Abakristo bizera Imana iri mu butatu. Iyo Mana abasiramu ntibayizera, nyamara bafite Imana bizera babona ukundi. Iyi myizerere irahabanye cyane, ntiyanahuzwa. Urebeye muri iyi nguni, usanga badasenga Imana imwe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Hano ku isi hari abantu benshi bafite imyizerere ipfuye, abenshi babiterwa n'ibyo bararikiye bituma imitima yabo ihuma, bagerageza kugera ku Mana ariko bakibagirwa icy'ingenzi: Inzira igerayo ni imwe rukumbi, ica kuri Yesu. &lt;strong&gt;(Yohana 14:6).&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Icyo duhamya duhagaze ku maguru abiri, ni uko kutamenya Imana by'ukuri, kutizera Yesu kristo, waba ubitewe n'idini urimo, waba ubitewe no kutabishaka gusa, waba ubitewe no kutabimenya bihagije cyangwa kubimenya nabi, ntibizakubera urwitwazo na gato ku munsi w'amateka. Imana ntacyo itakoze ngo yimenyekanishe ku muntu, ibisigaye, abakoze ibyaha batazi amategeko, bazarimbuka badahowe amategeko. Abapagani badafite amategeko y'Imana, iyo bakoze iby'amategeko ku bwabo baba bihindukiye amategeko nubwo batayafite, bagaragaza ko umurimo utegetswe n'amategeko wanditswe mu mitima yabo, igahamywa n'imitima ihana ibabwiriza, igafatanya n'ibitekerezo byawo kubarega cyangwa se kubaregura.&amp;nbsp; &lt;strong&gt;&amp;nbsp;(Abaroma 2:12-16)&lt;/strong&gt;.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Imana ibahe umugisha&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=8&amp;qa_1=ese-abakristo-nabasiramu-basenga-imana-imwe&amp;show=564#a564</guid>
<pubDate>Tue, 05 Sep 2023 10:19:55 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Kuki Imana yakunze Yakobo ikanga impanga ye Esawu? Ese Imana ijya yangana?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=5&amp;qa_1=kuki-imana-yakunze-yakobo-ikanga-impanga-esawu-imana-yangana&amp;show=563#a563</link>
<description>&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Malaki 1:2-3,&lt;/strong&gt; Bibiriya Yera igira iti: &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Narabakunze, ni ko Uwiteka avuga, nyamara murabaza muti 'wadukunze ute?' &quot; Uwiteka ati: &quot;Esawu ntiyari mukuru wa Yakobo se? Ariko rero nakunze Yakobo, Esawu ndamwanga, imisozi ye nyihindura amatongo, gakondo ye nyiha imbwebwe zo mu kidaturwa.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abaroma 9:10-11&lt;/strong&gt;, Bibiriya Yera igiri iti: &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kandi si ibyo gusa, ahubwo na Rebeka ubwo yari afite inda atwitswe n'umwe, ari we Isaka Sogokuru, na we yabwiwe ngo &quot;umukuru azaba umugaragu w'umuto&quot; nk'uko byanditswe ngo &quot;Yakobo naramukunze, naho Esawu naramwanze&quot;. &lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;Ibingibi kandi,&amp;nbsp;Imana yabivuze abana bataravuka, kandi batarakora ikiza cyangwa ikibi, ngo ibyo Imana yagambiriye itoranya bibeho bitavuye ku mirimo, ahubwo bivuye kuri iyo ihamagara&quot;.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Abantu benshi bahera kuri ibi byanditswe bakibaza bati: &quot;Niba Imana ari urukundo nk'uko Bibiriya ibihamya muri &lt;strong&gt;1 Yohana 4:8&lt;/strong&gt; , kuki Imana yakunze Yakobo ikanga Esawu? cyane cyane ko yakunze umwe, ikanga undi, kandi bataravuka ngo bakore icyiza cyangwa ikibi?&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo twiga Bibiriya, ni ngombwa cyane kwitondera uburyo (context) icyanditswe cyanditswemo. Yakobo na Esawu bari impanga. Muri aba bana bombi, umwe muri bo yagombaga gukomokwayo n'ubwoko bwatoranijwe bw'Imana. Bombi ntibari kubikorera icyarimwe, umwe muri bo niwe wagombaga gutoranywa. Birumvikana ko undi atari gutoranywa. Yakobo amaze gukura yaje guhindurirwa izina yitwa Isirayeli ndetse akomokwaho n'Abisirayeli, ariko Esawu na we yaje kwitwa Edomu ndetse akomokwaho n'Abedomu. Esawu n'abamukomokaho, abedomu, na bo baje guhabwa umugisha n'Imana, barororoka kandi baratunga. (Itangiriro igive cya 36)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ukurikije ibyanditswe, gukunda Yakobo no kwanga Esawu ntaho bihuriye n'ibyiyumviro bya kimuntu bisanzwe bihabwa ubusobanuro bw'aya magambo &quot;gukunda no kwanga&quot;. icyo bivuze ahubwo, ni &quot;ugutoranya umwe, ntutoranye undi.&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana yatoranije Aburahamu imukuye mu bantu bose bariho ku isi muri icyo gihe. Imana iyo ibishaka, yashoboraga kuvuga iti Aburahamu naramukunze, abasigaye narabanze. Imana yatoranije umwana wa Aburahamu witwa Isaka, ntiyatoranya undi mwana wa Aburahamu witwa Ishimayeli. Imana iyo ibishaka yashoboraga kuvuga iti &quot;Isaka naramukunze, Ishimayeli naramwanze.&quot;&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Umwanzuro&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Abaroma igice cya 9, Bibiriya irabisobanura mu buryo budashidikanywaho ko gukunda Yakobo no kwanga Esawu, bisobanuye gutoranya Yakobo no kudatoranya Esawu. Cyane cyane ko gutoranywa kwabo kwabaye mbere yo kuvuka kwabo batarakora ibyiza cyangwa ibibi, kugirango hatazagira uwibeshya ko yatoranyijwe ku bw'imirimo ye. Imirimo myiza ni imbuto zera ku batoranijwe, ariko imirimo myiza siyo ituma dutoranywa. Natwe muri iki gihe&amp;nbsp;cyacu ibyo biratureba: &lt;strong&gt;Abefeso 2:8-9&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Mwakijijwe n'ubuntu ku bwo kwizera, ntibyavuye kuri mwe ahubwo ni impano y'Imana. Ntibyavuye no ku mirimo kugirango hatagira umuntu wirarira.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;None se tugeho twirarire ngo Imana yadutoranije kuko twari beza? Kuko twakoze ibyiza se kurenza abandi? Oya rwose, icyo cyanditswe cyo hejuru kirasobanutse. Imana ni Urukundo, kandi nta muntu numwe yanga, gusa mu Bumana bwayo no mu rukundo rwayo, ishobora gutoranya umwe kubera impamvu zayo idategetswe gusobanurira umuntu, cyangwa igatoranya undi,&amp;nbsp;ngo buri wese asohoze icyo imana imukeneyeho.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ibahe umugisha&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=5&amp;qa_1=kuki-imana-yakunze-yakobo-ikanga-impanga-esawu-imana-yangana&amp;show=563#a563</guid>
<pubDate>Tue, 05 Sep 2023 10:12:10 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese ko Imana ari yo yaremye byose, ni yo yaremye ikibi?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=507&amp;qa_1=ese-ko-imana-ari-yo-yaremye-byose-ni-yo-yaremye-ikibi&amp;show=554#a554</link>
<description>&lt;p&gt;Bibiriya ivuga ko Imana ariyo yaremye ibiriho byose, ibigaragara n'ibitagaragara. Ibi ntawe ubijijinganyaho, ariko bikurura ikindi kibazo: Ese Imana ni nayo yaremye ikibi? (Did God create evil?)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Abantu benshi bibaza impamvu Imana yaba yararemye ibyiza, yarangiza ikanarema ikibi kizagirira nabi umuntu yiremeye imukunze. Nibyo koko; Imana ni yo yaremye ibintu byose, ariko ikibi si ikintu. Iyo tuvuga ikintu, tuba tuvuga ikiriho, gishobora kugaragara (urugero: ibuye, amazi, itaka.....) cyangwa ikitagaragara (urugero: umwuka).&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo tuvuga ikibi, tuba tuvuga ikinyuranyo cy'icyiza. Ahabuze icyiza, (good), haba hari ikibi (evil). Reka dusobanure twifashisha ingero: Iyo umuntu avuze ko ahantu runaka hari umwobo cyangwa ikintu runaka gifite umwobo, si ukuvuga ko umwobo ari ikintu kiriho ubwacyo; ahubwo umwobo usobanuye ko hari ahantu hatari ikintu cyagomye kuhaba, umwanya uburamo ikintu. Uko ni ko boimeze: Imana imaze kurema, ibyo yaremye byose byari byiza &lt;strong&gt;(Itangiriro 1:31)&lt;/strong&gt;: Kimwe mu bintu byiza Imana yaremye, ni umuntu yaremanye ububasha n'ubushobozi bwo guhitamo ikiza. Imana yaremye Abamarayika ibaremana uburenganzira bwo guhitamo ikiza cyangwa kwaga ikiza. N'umuntu ni uko: Yamuremanye uburenganzira bwo guhitamo ikiza, cyangwa kwanga ikiza. Iyo ibi biremwa bihisemo ikiza, biragikora, iyo byanze ikiza, hahita havuka ikibi, bitabaye ngombwa ko Imana ikirema. Iyo ufashe umwenda ukawukatamo agatambaro k'uruziga, hahita havukamo umwobo mu buryo bwikora: Ntabwo umuntu aba aremye umwobo, ahubwo aba akuye agatambaro aho kakagombye kuba, ibindi bikikora.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Hari ibindi bintu byadufasha kumba neza iki kibazo: Ushobora kwibaza uti &quot;ese ubukonje bubaho?&quot; ushobora gusubiza uti yego bubaho: Ariko si byo: ubukonje ni ukubura k'ubushyuhe. Uko ni ko umwijima utabaho, ahubwo umwijima ni ukubura k'urumuri. Mu buryo busobanutse neza, twibuke ko Imana itigeze irema umwijima, ahubwo yaremye urumuri. &lt;strong&gt;Itangiriro 1:3&amp;nbsp;&quot;Imana iravuga iti:&quot;Habeho umucyo&quot;, umucyo ubaho&quot;.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Tubona ko Imana yaremye umucyo (urumuri), ariko nta nahamwe tubona ko Imana yaremye umwijima. Iyo umucyo udahari, umwijima urizana. Uko ninako Imana yaremye ikiza, ntiyaremye ikibi; ariko aho ikiza kitari, ikibi kirizana.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ntiyaremye ikibi, ariko yemeye ko ikibi kibaho igihe umuntu yanze guhitamo ikiza. Iyo Imana itemera ko ikibi kibaho, umuntu yari gukorera Imana nka robo cyangwa imashini, kuko nta mahitamo yari kuba afite. Imana ntishobora kunezezwa n'uko tuyizera kubwo kubura amahitamo, ahubwo inezezwa n'uko tuba dufite imbere yacu amahitamo abiri, tugahitamo ikiza. Iyo umuntu yanze guhitamo ikiza, ikibi ntikiba kiri kure, kirizana, si Imana ikirema.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nta muntu numwe ushobora kwihandagaza ngo avuge ko yakoresha ubwenge bwe ngo asobanukirwe Imana. &lt;strong&gt;Abaroma 11:33, bibiriya ivuga ko ubutunzi n'ubwenge n'ubumenyi by'Imana bitagira akagero. imigambi yayo ntihishurika, n'inzira zayo ntizirondoreka.&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Rimwe na rimwe twibwira ko dusobanukiwe impamvu Imana irimo gukora ikintu runaka, ariko nyuma tukazasanga ko twibeshyaga. Imana irebera ibintu mu nguni itandukanye n'iyo tubireberamo. Imana ibirebera mu kwera kwayo, twe tukabirebera muri kamere ibogamira ku cyaha. Kuki Imana idakuraho ikibi? Kuki Imana yaremye umuntu ikamushyira mu isi, mu gihe yari izi neza ko umuntu azacumura, akagubwaho n'ingaruka z'icyaha? Ibi bibazo, kimwe n'ibindi byinshi, ntushobora kubisubiriza muri kamere-muntu.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Icyo tuzi neza, ni uko Imana Yera, imigambi yayo ku muntu ni myiza. Imana ntiyaturemye nk'imashini utunga telecommande ikaka cyangwa ikazima, yaturemanye ubushake n'ubushobozi bwo guhitamo. Amahitamo ni abiri: Ikiza cyaremwe n'Imana, cyangwa ikibi gihita kizana iyo wanze guhitamo ikiza. &lt;strong&gt;(Gutegeka wa kabiri 30:15,19)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ikindi kibazo cyagufasha: Kuki Imana yemera ko duca mu bibazo n'ibigeragezo? &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;http://bazabibiriya.org/index.php?qa=10&amp;amp;qa_1=kuki-imana-yemera-ko-duca-mu-mibabaro-nibigeragezo&quot;&gt;Kanda hano&lt;/a&gt; urebe igishubizo&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ibahe umugisha&amp;nbsp;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=507&amp;qa_1=ese-ko-imana-ari-yo-yaremye-byose-ni-yo-yaremye-ikibi&amp;show=554#a554</guid>
<pubDate>Sat, 29 Jul 2017 19:12:14 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Kuki Imana yemera ko duca mu mibabaro n'ibigeragezo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=10&amp;qa_1=kuki-imana-yemera-ko-duca-mu-mibabaro-nibigeragezo&amp;show=533#a533</link>
<description>&lt;p&gt;Ubundi gusubiza ikibazo gitangira kigira kiti &quot;Kuki Imana...&quot; bikunze kugorana, impamvu nta yindi ni uko Imana idategetswe gusobanurira umuntu yaremye ibyayo. Ntitegetswe gusobanura impamvu yakoze iki kintu cyangwa kiriya, impamvu yagikoze gutya cyangwa kuriya, n'impamvu yagikoze mu gihe iki cyangwa kiriya.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kimwe mu bintu bikunze kwibazwaho mu buzima bwa Gikristo ni impamvu ki gukizwa no kwizera Yesu bitadushyira kure y'ibibazo. Kuki Imana y'impuhwe, imbabazi n'urukundo itaturinda akaga n'imibabaro bitugwirira? Hanze aha tubona abakozi b'Imana barwara, abandi bagapfusha abana mu buryo bubabaje, abandi bagahangayikishwa n'ubukene ..... muri make ibibazo ni byinshi. Aha ni ho abenshi bibaza bati &quot;Ese kuba Imana idukunda kandi ishobora byose, ntiyakagombye kuturinda imibabaro&quot; ; &quot;None se twebwe ko tudashobora byose, kandi abo dukunda tugakora ibishoboka byose ngo batababara?&quot;&lt;br&gt;&lt;br&gt;Mu buryo budasubirwaho kandi budashidikanywaho, Bibiriya itubwira ko Imana ikunda abana bayo cyane. Uru ni urufatiro rukomeye ku Mwizera wese, kandi Bibiriya ikanongeraho ko ibitubaho byose bifatanyiriza hamwe kutuzanira ibyiza &lt;strong&gt;(Abaroma 8:28 &quot;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Kandi tuzi yuko ku bakunda Imana byose bifataniriza hamwe kubazanira ibyiza, ari bo bahamagawe nk’uko yabigambiriye,&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;)&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;. Ibi bisobanuye ko ibitubaho byose, byaba byiza cyangwa bibi, byaba ibigeragezo cyangwa imibabaro, byose nyine bihuriza ku mwanzuro umwe: Bifatanyariza hamwe mu gushyira mu bikorwa umugambi mwiza Imana idufitiye.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;br&gt;Uko byagenda kose, ku Mukristo, ibigeragezo n'imibabaro bigomba gutandukanywa n'ibibazo twitera ubwacu cyangwa ingaruka z'ibyaha dukora. Iyo ukoze icyaha ukihana wizeye, kubabarirwa rwose urababarirwa, ariko ntibikuraho ko hashobora kubaho ingaruka mbi z'icyo cyaha. Icyo gihe ntiwabyita ngo ni ikigeragezo. Ntibibaho, ntabwo Imana ishobora koshya umuntu gukora icyaha. &lt;strong&gt;(Yakobo 1:13-16&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Umuntu niyoshywa gukora ibyaha ye kuvuga ati “Imana ni yo inyoheje”, kuko bidashoboka ko Imana yoshywa n’ibibi, cyangwa ngo na yo igire uwo ibyohesha. [14]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Ahubwo umuntu wese yoshywa iyo akuruwe n’ibyo ararikiye bimushukashuka. [15]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Nuko iryo rari riratwita rikabyara ibyaha, ibyaha na byo bimaze gukura bikabyara urupfu.&quot;&lt;/span&gt;)&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bibiriya iravuga iti: &quot;&lt;strong&gt;Ntihakagire umuntu wo muri mwe ubabazwa bamuhora kwica cyangwa kwiba, cyangwa gukora inabi yindi, cyangwa kuba kazitereyemo. Ariko umuntu nababazwa azira kuba Umukristo, ntagakorwe n'isoni, ahubwo ahimbaze Imana ku bw'iryo zina.&quot; (1 Petero 4: 15-16).&lt;/strong&gt; Kubera izi mpamvu, nujya kwiba bakakujugunya muri gereza, ntuzavuge ko ari ikigeragezo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Icyiyongera kuri ibyo, tugomba no&amp;nbsp; kumenya ko ingaruka z'ibyaha dukora zijya zigera no ku batarabigizemo uruhare. Ibikorwa by'ababyeyi bijya bigira ingaruka no ku bana n'abuzukuru, kandi abana nta ruhare babigizemo! Ibikubaho uyu munsi, bishobora no kuba ari ingaruka z'ibyakozwe n'abandi, kandi wowe nta ruhare wabigizemo na ruto. Uko ikibi kinjiye mu isi se ntitubizi? Kugeza uyu munsi turacyasogongera ku ngaruka z'ibyabaye ku isi cyera cyane, isi igituwe n'abantu babiri gusa!&lt;br&gt;&lt;br&gt;Mu bintu byose bitubaho, icyo Imana igamije gisumba byose ni ukutubona dukura, turushaho kugira ishusho isa cyangwa igerageza gusa n'iy'Umwana wayo &lt;strong&gt;(Abaroma 8:29)&lt;/strong&gt;; Iyi ni yo ntumbero ya mbere y'Umukristu, kandi ibitubaho byose, byaba byiza cyangwa bibi, aha ni ho byerekeza. Ibitubaho byose ni igice cy'urugendo rw'icyo Bibiriya yita &lt;strong&gt;&quot;KWEZWA&quot;.&lt;/strong&gt; Ibi, Bibiriya ibisobanura muri &lt;strong&gt;Petero wa mbere 1:6-7&lt;/strong&gt; aho igira iti: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;strong&gt;Ni cyo gituma mwishima, nubwo ahari mukwiye kumara igihe gito mubabazwa n'ibibagerageza byinshi, kugirango kwizera kwanyu kugaragare ko kurusha izahabu igiciro cyinshi (Kandi izahabu n'ubwo ishira igeragereshwa umuriro), kandi kugirango kwizera kwanyu kugaragare ko ari uk'ukuri, amaherezo kuzabahezha ishimwe n'ubwiza n'icyubahiro ubwo Yesu Kristo azahishurwa.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ukurikije ibi byanditswe, ukwizera nyako k'Umukrito gushimangizwa ibihe bitoroshye acamo.&lt;/strong&gt;&lt;br&gt;&lt;br&gt;Ibigeragezo biducuramo imico mishya y'Ubumana, kuko bituma &quot;&lt;strong&gt;twishimira no mu makuba yacu, kuko tuzi yuko amakuba atera kwihangana, kandi kwihangana kugatera kunesha ibitugerageza, uko kunesha kugatera ibyiringiro, bene ibyo byiringiro ntibikoza isoni....&quot; Abaroma 5:3-5).&lt;/strong&gt;&lt;br&gt;&lt;br&gt;Buri Mukristo wese akwiriye kwibaza iki kibazo: &quot;Ibyo wifuza ko Imana ikurinda, kuki itabirinze Umwana wayo?&quot;&lt;br&gt;&lt;br&gt;Nigeze kumva ubuhamya bw'Umukozi w'Imana umwe hano mu Rwanda, yashatse umugore, nyuma y'igihe batabona urubyaro umugore we aza gusama, ndetse aranabyara. Ibyishimo byabo ntibyamaze igihe kuko urwo ruhinja rwahise rwitaba Imana. Mu gahinda kenshi n'umubabaro, uyu mukozi w'Imana yabajije Imana ati &quot; Mana, wari uri he ku buryo umwana wanjye yarinda gupfa koko?&quot; Imana bidatinze iramusubiza iti: &quot;Igihe umaze unkorera, kuki utigeze umbaza aho nari ndi igihe umwana wanjye yajyaga ku musaraba w'isoni, akahapfira?&quot; uyu mukozi w'Imana avuga ko yahise yihana.&lt;br&gt;&lt;br&gt;Imana itubabarira ibyaha byacu byose iyo tuje imbere yayo, ariko ibi ntibikuraho ingaruka mbi zazanywe no kutumvira no guhitamo nabi bya muntu guhera cyera ku gihe cya Adamu na Eva. Ariko nanone, mu rukundo rwayo, Imana ihita yongera igakoresha izi ngaruka mbi mu kuducura no kudukuramo abantu beza yifuza.&lt;br&gt;&lt;br&gt;&lt;strong&gt;Yakobo 1:2-4; 12&lt;/strong&gt; Bibiriya igira iti: &quot;&lt;strong&gt;Mwemere ko ari iby'ibishimo rwose nimugubwa gitumo n'ibibagerageza bitari bimwe, munye yuko kugeragezwa ko kwizera kwanyu gutera kwihangana. Ariko mureke kwihangana gusohoze umurimo wako, mubone gutungana rwose mushyitse mutabuzeho na gato. ..... &amp;nbsp;(12) Hahirwa umuntu wihanganira ibimugerageza, kuko namara kwemerwa azahabwa ikamba ry'ubugingo, iry'Imana yasezeranije abayikunda&quot;&lt;/strong&gt;&lt;br&gt;&lt;br&gt;Mu bigeragezo by'ubuzima n'imibabaro, dufite intsinzi muri Yesu Kristo. Nubwo duca mu ntambara n'ingorane z'urudaca, Satani nta butware adufiteho. Iyo aza kuba abufite ntituba tukiriho kuko ubugome bwe turabuzi. Imana yaduhaye ijambo ryayo ngo rituyobore, iduha Mwuka wera ngo adushoboze, kandi itwemerera no kuyihungiraho igihe icyo aricyo cyose n'ahantu aho ariho hose. Ikirenze ibyo yatwijeje ko &quot;&lt;strong&gt;Nta kigeragezo kibasha kutugeraho kitari urusange mu bantu, kandi Imana ni iyo kwizerwa kuko itazadukundira kugeragezwa ibiruta ibyo dushobora, ahubwo hamwe n'ibitugerageza izaducira akanzu, kugirango tubone uko tubasha kucyihanganira&quot; (1 Abakorinto 10:13)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana&amp;nbsp;nta nyungu ifite mu kutubona tubabaye. Ahubwo inyungu iyifite mu kutubona dukura tugakomerera mu kuyizera nubwo byadusaba guca mu&lt;strong&gt; &lt;/strong&gt;mubabaro. Ndibuka igihe najyanaga umwana wanjye ku ishuri bwa mbere: yararize arigaragura amaso aratukura. Nanjye ubwanjye icyogiye amarira yanzenze mu maso, ariko kuko&amp;nbsp;nari mbizi ko ari kubw'ineza z'uyu mwana, niteyemo akanyabugabo ndamureka, ubu yarakuze ni umugabo. Ese iyo mutahana uwo munsi aba yaravuyemo uwo ariwe ubu? Icyo gihe uyu mwana ntiyashobora gusobanukirwa impamvu mureka akarira agahogora, ariko uyu munsi arabyumva.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Urukundo Imana idukunda rurenze ubwenge n'ibyiyumviro byacu. Nta mupaka rufite, gusa inzira zayo zirahambaye ntitwabasha kuzisobanukirwa ubu. Umugambi wayo w'urukundo ifitiye umuntu uri ku rwego ubwenge bwacu butabasha gusingira. Icyo dusabwa ni ukuyizera no kumenya ko ibyo izi kandi yibwira kutugirira ari ibyiza gusa. Imana Idufashe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Yeremiya 29:11&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#27ae60&quot;&gt;&quot;Erega nzi ibyo nibwira nzabagirira! Ni amahoro si bibi, kugira ngo mbareme umutima w'ibyo muzabona hanyuma. Ni ko Uwiteka avuga.&quot;&lt;/span&gt;&lt;br&gt;&lt;br&gt;Imigambi Imana idufitiye ihora ari myiza. Inzira izakoresha ngo iyisohoze, ni yo izizi, icyo dusabwa ni ukuyizera. Hari ukuntu umubyeyi ajya akinisha umwana akamunaga hejuru, igitangaje ni uko uyu mwana aba arimo yisekera atitaye ku kuba harimo risk! Umwana aba yizeye neza ko umubeyi atamureka ngo agwe hasi.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka Imana yacu akomeze adufashe kandi akomeze yiyereke abageragezwa.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;AMEN.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ev. Innocent M.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=10&amp;qa_1=kuki-imana-yemera-ko-duca-mu-mibabaro-nibigeragezo&amp;show=533#a533</guid>
<pubDate>Wed, 25 Jan 2017 11:03:53 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Kuki Imana ari Imana ifuha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=1&amp;qa_1=kuki-imana-ari-imana-ifuha&amp;show=514#a514</link>
<description>&lt;p&gt;Ni ngombwa cyane kumva&amp;nbsp;neza uko&amp;nbsp;iri jambo gufuha rikoreshwa hano muri Bibibiya. &lt;strong&gt;Kuva 20:5&lt;/strong&gt; , Bibiriya igira iti: &quot;&lt;strong&gt;Ntukabyikubite imbere, ntukabikorere kuko Uwiteka Imana yawe ndi Imana &lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;ifuha&lt;/span&gt;...&lt;/strong&gt;.&quot;; Ijambo rikoreshwa hano, ritandukanye n'irikoreshwa mu &lt;strong&gt;Bagaratiya 5:20&lt;/strong&gt; aho Bibiriya ikoresha ijambo &lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;&lt;strong&gt;ishyari.&lt;/strong&gt; &lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#000000&quot;&gt;Aha mu bagaratiya, ishyari ni icyaha kuko ni umurimo wa kamere. Mu ndimi z'amahanga, ijambo rikoreshwa hombi mu cyongereza ni &quot;jealousy&quot; mu gifaransa ni &quot;jalousie&quot;. Mu kinyarwanda, iri jambo rishobora kugira ubusobanuro 2: Gufuha cyangwa kugira ishyari.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#000000&quot;&gt;&lt;strong&gt;- Mu bagaratiya 5:20&lt;/strong&gt;; Ijambo &lt;strong&gt;jealousy&lt;/strong&gt; rikoreshwa risobanura kugira &lt;strong&gt;ishyari&lt;/strong&gt;, cyangwa kwifuzanya uburakari ikintu gifitwe n'undi muntu wowe utgifite. Nk'urugero, umuntu ashobora kuba yarifuje kugura imodoka bikamunanira, ariko yajya kubona akabona mugenzi we arayiguze, bikamubabaza, iryo ni ishyari kandi ni icyaha.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#000000&quot;&gt;-&lt;strong&gt; Mu kuva 20:5&lt;/strong&gt;; ijambo &lt;strong&gt;jealous&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;rikoreshwa risobanura &lt;strong&gt;gufuha,&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;cyangwa kubabazwa no kubona ibyari bikugenewe bihawe undi muntu cyangwa ikindi kintu. Iki si icyaha.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#000000&quot;&gt;Muri uyu murongo wo mu Kuva, Imana irabuza ubwoko bwayo gukora ibishushanyo no kubyikubita imbere, ngo babiramye kandi babihe icyubahiro cyari gikwiye guhabwa Imana yonyine. Imana ni yo nyiri cyubahiro kiyikwiye, nta wundi ukwiriye kugihabwa. Ni icyaha kuramya undi muntu cyangwa ikindi kintu aho kuramya Imana. Ni icyaha nanone iyo tubabajwe n'uko mugenzi wacu yageze ku cyo tutarageraho, iryo ni ishyari. Aha rero hari itandukaniro rikomeye: Iby'Imana ifuhira ni ibyayo byari bikwiriye kuyihabwa yo yonyine.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#000000&quot;&gt;Reka dufate urugero rworoshye mu buzima busanzwe: Iyo umugabo abonye umugore we arimo gukundana n'undi mugabo, ashobora gufuha, kuko umugore we agomba kuba uwe wenyine nk'uko babisezeranye. Iri fuhe si icyaha, ahubwo birakwiye ko afuha, iyo adafushye ni byo biba bidasanzwe. Gufuhira ikintu cyawe bwite nta kibazo kirimo. Ariko iyo ubonye umugore utari uwawe yikundaniye n'umugabo we kandi iwawe bicika, bikakubabaza, iryo si ifuhe ahubwo ni ishyari kandi ni icyaha.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;text-decoration: underline;&quot;&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#000000&quot;&gt;Umwanzuro:&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#000000&quot;&gt;Kuramya, ishimwe, icyubahiro, guhimbazwa, gusengwa, ni iby'Imana yonyine kandi irabikwiye. Imana irafuha iyo bihawe ibigirwamana, kandi ntabwo iba ikoze icyaha. Iri fuhe ni ryo Pawulo avuga mu &lt;strong&gt;Bakorinto ba 2: 11:2&lt;/strong&gt; iyo avuga ati: &quot;&lt;strong&gt;Kuko mbafuhira ifuhe ryo mu buryo bw'Imana, kuko nabakwereye umugabo umwe ari we Kristo, ngo mubashyingire mumeze nk'umwari utunganye&lt;/strong&gt;.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#000000&quot;&gt;Murakoze Imana ibahe umugisha.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=1&amp;qa_1=kuki-imana-ari-imana-ifuha&amp;show=514#a514</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 21:17:11 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Niba Imana yari izi ko adamu na Eva bazacumura, kuki yabirenzeho ikabarema?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=45&amp;qa_1=niba-imana-yari-adamu-bazacumura-kuki-yabirenzeho-ikabarema</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=45&amp;qa_1=niba-imana-yari-adamu-bazacumura-kuki-yabirenzeho-ikabarema</guid>
<pubDate>Wed, 02 Nov 2016 08:13:47 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese mu byukuri Imana yibagirwa ibyaha byacu iyo dusabye imbabazi?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=44&amp;qa_1=ese-byukuri-imana-yibagirwa-ibyaha-byacu-dusabye-imbabazi</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=44&amp;qa_1=ese-byukuri-imana-yibagirwa-ibyaha-byacu-dusabye-imbabazi</guid>
<pubDate>Wed, 02 Nov 2016 08:11:35 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana ni yo yaremye icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=43&amp;qa_1=ese-imana-ni-yo-yaremye-icyaha</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=43&amp;qa_1=ese-imana-ni-yo-yaremye-icyaha</guid>
<pubDate>Wed, 02 Nov 2016 07:24:48 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese abagize Ubutatu bwera barangana? cyangwa bamwe bumvira abandi?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=40&amp;qa_1=abagize-ubutatu-bwera-barangana-cyangwa-bamwe-bumvira-abandi</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=40&amp;qa_1=abagize-ubutatu-bwera-barangana-cyangwa-bamwe-bumvira-abandi</guid>
<pubDate>Wed, 02 Nov 2016 07:18:22 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana yanga ko twinezeza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=39&amp;qa_1=ese-imana-yanga-ko-twinezeza</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=39&amp;qa_1=ese-imana-yanga-ko-twinezeza</guid>
<pubDate>Wed, 02 Nov 2016 07:15:44 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana irankunda?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=38&amp;qa_1=ese-imana-irankunda</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=38&amp;qa_1=ese-imana-irankunda</guid>
<pubDate>Wed, 02 Nov 2016 07:11:33 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese gutinya Imana bisobanuye iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=37&amp;qa_1=ese-gutinya-imana-bisobanuye-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=37&amp;qa_1=ese-gutinya-imana-bisobanuye-iki</guid>
<pubDate>Wed, 02 Nov 2016 07:10:46 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>kuki Imana itugerageza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=36&amp;qa_1=kuki-imana-itugerageza</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=36&amp;qa_1=kuki-imana-itugerageza</guid>
<pubDate>Wed, 02 Nov 2016 07:08:55 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Niba Yesu ari Imana, kandi akaba yarapfiriye ku musaraba, Ese bisobanuye ko Imana yapfiriye ku musaraba?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=35&amp;qa_1=imana-yarapfiriye-musaraba-bisobanuye-yapfiriye-musaraba</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=35&amp;qa_1=imana-yarapfiriye-musaraba-bisobanuye-yapfiriye-musaraba</guid>
<pubDate>Wed, 02 Nov 2016 07:08:27 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>YHWH bivuze iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=33&amp;qa_1=yhwh-bivuze-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=33&amp;qa_1=yhwh-bivuze-iki</guid>
<pubDate>Tue, 01 Nov 2016 15:05:25 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Niba isi ari wo mubumbe utuwe wonyine, kuki Imana yaremye isanzure (Universe) rinini by'agahebuzo, ?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=32&amp;qa_1=mubumbe-wonyine-yaremye-isanzure-universe-rinini-byagahebuzo</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=32&amp;qa_1=mubumbe-wonyine-yaremye-isanzure-universe-rinini-byagahebuzo</guid>
<pubDate>Tue, 01 Nov 2016 15:04:18 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Imana yemera ko umukiranutsi ababara?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=30&amp;qa_1=kuki-imana-yemera-ko-umukiranutsi-ababara</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=30&amp;qa_1=kuki-imana-yemera-ko-umukiranutsi-ababara</guid>
<pubDate>Tue, 01 Nov 2016 15:01:52 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana ishobora kutwoshya gukora icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=28&amp;qa_1=ese-imana-ishobora-kutwoshya-gukora-icyaha</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=28&amp;qa_1=ese-imana-ishobora-kutwoshya-gukora-icyaha</guid>
<pubDate>Tue, 01 Nov 2016 15:00:18 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana iracyavuga n'ubu?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=27&amp;qa_1=ese-imana-iracyavuga-nubu</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=27&amp;qa_1=ese-imana-iracyavuga-nubu</guid>
<pubDate>Tue, 01 Nov 2016 14:59:48 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana iraduhana iyo ducumuye?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=26&amp;qa_1=ese-imana-iraduhana-iyo-ducumuye</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=26&amp;qa_1=ese-imana-iraduhana-iyo-ducumuye</guid>
<pubDate>Tue, 01 Nov 2016 14:59:06 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Imana yivuga mu bwinshi mu itangiriro?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=25&amp;qa_1=kuki-imana-yivuga-mu-bwinshi-mu-itangiriro</link>
<description>Kuki Imana yivuga mu bwinshi mu itangiriro? Itangiriro 1:26; 3:22</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=25&amp;qa_1=kuki-imana-yivuga-mu-bwinshi-mu-itangiriro</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 21:42:26 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Imana yemera ko ibiza bibaho (disasters)?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=24&amp;qa_1=kuki-imana-yemera-ko-ibiza-bibaho-disasters</link>
<description>Kuki Imana yemera ko ibiza bibaho (disasters)? Imitingito, imyuzure, Tsunami ......</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=24&amp;qa_1=kuki-imana-yemera-ko-ibiza-bibaho-disasters</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 21:40:18 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana iracyakora ibitangaza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=23&amp;qa_1=ese-imana-iracyakora-ibitangaza</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=23&amp;qa_1=ese-imana-iracyakora-ibitangaza</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 21:38:25 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana ijya isetsa (Sense of humor)?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=22&amp;qa_1=ese-imana-ijya-isetsa-sense-of-humor</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=22&amp;qa_1=ese-imana-ijya-isetsa-sense-of-humor</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 21:37:13 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>kuki imana yagaragaraga cyane cyera, ubu ikaba isa n'iyihishe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=21&amp;qa_1=kuki-imana-yagaragaraga-cyane-cyera-ubu-ikaba-isa-niyihishe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=21&amp;qa_1=kuki-imana-yagaragaraga-cyane-cyera-ubu-ikaba-isa-niyihishe</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 21:35:29 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Imana yanangiye umutima wa Farawo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=20&amp;qa_1=kuki-imana-yanangiye-umutima-wa-farawo</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=20&amp;qa_1=kuki-imana-yanangiye-umutima-wa-farawo</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 21:34:30 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana ibabarira ibyaha byose?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=19&amp;qa_1=ese-imana-ibabarira-ibyaha-byose</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=19&amp;qa_1=ese-imana-ibabarira-ibyaha-byose</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 21:33:58 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Imana yategetse ko Abanyakanani, n'abagore n'abana, batsembwa</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=18&amp;qa_1=kuki-imana-yategetse-abanyakanani-nabagore-nabana-batsembwa</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=18&amp;qa_1=kuki-imana-yategetse-abanyakanani-nabagore-nabana-batsembwa</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 21:32:22 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Mbere yuko Imana irema isanzure yakoraga iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=17&amp;qa_1=mbere-yuko-imana-irema-isanzure-yakoraga-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=17&amp;qa_1=mbere-yuko-imana-irema-isanzure-yakoraga-iki</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 21:30:39 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Imana yifuza kandi igasaba ko tuyiramya?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=16&amp;qa_1=kuki-imana-yifuza-kandi-igasaba-ko-tuyiramya</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=16&amp;qa_1=kuki-imana-yifuza-kandi-igasaba-ko-tuyiramya</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 21:29:00 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana ishobora kwisubiraho cyangwa kwivuguruza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=13&amp;qa_1=ese-imana-ishobora-kwisubiraho-cyangwa-kwivuguruza</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=13&amp;qa_1=ese-imana-ishobora-kwisubiraho-cyangwa-kwivuguruza</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 20:20:54 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ko Imana ari yo yaremye byose, ese ni yo yaremye ikibi?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=12&amp;qa_1=ko-imana-ari-yo-yaremye-byose-ese-ni-yo-yaremye-ikibi</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=12&amp;qa_1=ko-imana-ari-yo-yaremye-byose-ese-ni-yo-yaremye-ikibi</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 20:19:24 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki gukorera Imana ari ingirakamaro?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=9&amp;qa_1=kuki-gukorera-imana-ari-ingirakamaro</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=9&amp;qa_1=kuki-gukorera-imana-ari-ingirakamaro</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 20:15:45 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese ni bibi kubaza Imana?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=7&amp;qa_1=ese-ni-bibi-kubaza-imana</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=7&amp;qa_1=ese-ni-bibi-kubaza-imana</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 20:10:47 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni ayahe mazina y'Imana kandi asobanura iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=6&amp;qa_1=ni-ayahe-mazina-yimana-kandi-asobanura-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=6&amp;qa_1=ni-ayahe-mazina-yimana-kandi-asobanura-iki</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 20:07:26 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese hari gihamya ndakuka ko Imana iriho?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=4&amp;qa_1=ese-hari-gihamya-ndakuka-ko-imana-iriho</link>
<description>Mu buryo budakuka kandi butagibwaho impaka, ni iki kerekana ko Imana iriho?</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=4&amp;qa_1=ese-hari-gihamya-ndakuka-ko-imana-iriho</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 20:02:17 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese hari umuntu wigeze abona Imana?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=2&amp;qa_1=ese-hari-umuntu-wigeze-abona-imana&amp;show=3#a3</link>
<description>&lt;p&gt;Bibiriya ivuga ko nta wigeze abona Imana cyeretse Umwana wayo&amp;nbsp;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;(Yohana 1:18)&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;. Mu gitabo cyo &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;Kuva 33:20&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;, Imana ubwayo iravuga iti: “&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;Ntiwareba mu maso hanjye, kuko umuntu atandeba mu maso ngo abeho”&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;.&amp;nbsp; Ibi byanditswe byera bisa n’ibivuguruza ibindi byanditswe bigaragaza abantu bagiye babona Imana. Urugero, &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;Kuva 33:11&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt; hagaragaza Mose aganira n’Imana &lt;strong&gt;barebana&lt;/strong&gt;. Ni gute Mose&amp;nbsp;yaba yaravuganaga n’Imana barebana, mu gihe ntawe ushobora kureba Imana ngo abeho?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyi mvugo ngo &lt;strong&gt;barebana&lt;/strong&gt;, igaragaza Mose avugana n’Imana mu busabane bwa hafi cyane, nk’uko umuntu yaganira n’inshuti ye.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;Itangiriro 32:30&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;, Yakobo yabonye Imana yamwigaragarije mu ishusho y’umugabo. Mu by’ukuri ntiyabonye Imana uko iri. Ababyeyi ba Samusoni, bahindishijwe umushyitisi n’uko babonye Imana &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;(Abacamanza&amp;nbsp;13:22)&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;,Ndetse baravuze bati: &lt;strong&gt;&quot;Ni ukuri turapfa kuko tubonye Imana&quot;&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&amp;nbsp;Ariko mu by’ukuri Imana yabiyeretse mu ishusho ya Marayika. Yesu yari Imana mu ishusho y’umuntu. Muri ubu buryo, abantu iyo barebaga Yesu babaga barimo kureba Imana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;text-decoration: underline;&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;&lt;strong&gt;Umwanzuro:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt; Yego, Imana ishobora kubonwa, kandi abantu benshi barayibonye. Ariko kandi nanone, nta muntu wigeze abona Imana uko iri mu cyubahiro cyayo cyose. Muri kamere yacu yaguye, Imana iramutse itwigaragarije uko iri twahita dupfa. Igihe cyose Imana yashatse kwiyereka umuntu, yamwiyeretse mu buryo kamere-muntu ishobora kwihanganira. Ibi bitandukanye no kubona Imana uko iri mu cyubahiro cyayo cyose.&amp;nbsp; Bamwe yabiyeretse imeze nk’umugabo (Yakobo), abandi yabiyeretse imeze nka Marayika (Manowa), abandi yabiyeretse imeze nk’umuyaga (Eliya)……….. Ariko &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;text-decoration: underline;&quot;&gt;nta wigeze abona Imana uko iri mu cyubahiro cyayo cyose.&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Imana</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=2&amp;qa_1=ese-hari-umuntu-wigeze-abona-imana&amp;show=3#a3</guid>
<pubDate>Mon, 31 Oct 2016 07:54:09 +0000</pubDate>
</item>
</channel>
</rss>