<?xml version="1.0" encoding="utf-8"?>
<rss version="2.0">
<channel>
<title>Bibiriya irasubiza - Recent questions and answers in Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=qa&amp;qa_1=ibibazo-byerekeye-abamarayika-nabadayimoni</link>
<description>Powered by Question2Answer</description>
<item>
<title>Answered: Bibiriya ivuga iki ku kuba Satani n'abadayimoni bashobora gukora ibitangaza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=358&amp;qa_1=bibiriya-satani-nabadayimoni-bashobora-gukora-ibitangaza&amp;show=4187#a4187</link>
<description>&lt;p&gt;Iki ni ikibazo Bibiliya isubiza idaciye ku ruhande.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri Bibiliya ubwaho, mu buryo butajijinganywaho hagaragaramo incuro nyinshi ibitangaza bikorwa hakoreshejwe imbaraga z'umwijima. (satani n'abadayimoni). Ingero ni nyinshi:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1)&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Igihe Mose yari atumwe kwa Farawo muri Egiputa, yakoze igitangaza&amp;nbsp;mu mbaraga z'Imana, ajugunya inkoni hasi ihinduka inzoka. Bibiliya ivuga ko Farawo yahise abwira abarozi be n'abakonikoni, na no bo bahita bakora igitangaza gisa n'icyo. Gusa kugirango imbaraga z'Imana bigaragare ko ziruta iza satani, igitangaza cy'Imana cyahise kimira igitangaza cya satani. Bibiliya ibivuga muri aya magambo:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Kuva 7:&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;10&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Mose na Aroni binjira kwa Farawo, bakora icyo Uwiteka yategetse. Aroni ajugunya inkoni ye hasi imbere ya Farawo n'abagaragu be, ihinduka inzoka. &lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;11Farawo na we ahamagaza abahanga n'abarozi, ari bo bakonikoni ba Egiputa, na bo babigenza batyo babikoresheje uburozi bwabo. 12Umuntu wese muri bo ajugunya inkoni ye hasi ziba inzoka, maze inkoni ya Aroni imira izabo.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; By'ukuri, mu byago 10 Mose yateje muri Egiputa, wongeyeho n'igitangaza cya&amp;nbsp;mbere yakoreye imbere ya Farawo, abarozi babashije kwiganamo bitatu bya mbere birabakundira: Mose yahinduye inkoni inzoka n'abarozi barabikora (Kuva 7:10-12). Mose yahinduye amazi amaraso abarozi na bo barabikora (Kuva 7:20-22). Mose yazamuye ibikeri byuzura muri Egiputa, abakonikoni ba Egiputa na bo barabikora.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Ku cyango cya 3, Mose yakoze igitangaza, ahindura umukungugu inda, abarozi bagerageje biranga. (Kuva 8:12-14); ahubwo ku gitangaza cya 3, abakonikoni bemeye ko ibitangaza birimo gukorwa &quot;n'urutoki rw'Imana&quot;! (Kuva 8:15)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Guhera ku gitangaza cya 4, ho ntibongeye no kugerageza, bisa n'aho amaboko bari bayamanitse!&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Ku gitangaza cya 6 ho, uretse no kuba abakonikozi bataranagerageje, ahubwo na bo ubwabo bari bafashwe n'ibisebe kimwe n'abandi bose! (Kuva 9:8-12)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Mwagirango aba barozi bo kwa Farawo babashije kwigana ibitangaza bitatu&amp;nbsp;bakuye he imbaraga? Mose yabikoze ku bw'imbaraga z'Imana, abarozi babikoze ku bw'imbaraga za satani.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Aha harimo isomo rikomeye: Ibitangaza bitatu bya mbere, Imana yemereye satani gukora. Guhera ku cyango cya 4, ntibongeye no kugerageza! Ku cyago cya gatandatu, na bo ubwabo bafashwe n'imbaraga z'Imana nk'abandi.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2)&lt;/strong&gt; Ku gihe cya Yobu, Imana yemereye satani kugerageza Yobu mu buryo ashaka, gusa imwima ubugingo bwe. Dore ibyo Biiliya ivuga:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Yobu 1:18-19&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Akibivuga haza undi ati “Abahungu bawe n'abakobwa bawe basangiraga banywera vino mu nzu ya mukuru wabo, 19nuko haza inkubi y'umuyaga iturutse mu butayu, ihitana impfuruka enye z'inzu, maze inzu igwira abo basore barapfa. Ni jye warokotse jyenyine wo kubikubikira.”&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Mwagizengo iyi nkubi y'umuiyaga yazanywe na nde? Ni satani.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ni byo rwose nta gushidikanya, satani n'abadayimoni bashobora gukora ibitangaza. Gusa ibitangaza byabo ni ibitangaza by'ibinyoma. &lt;strong&gt;2 Abatesalonike 2:9-10&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kuza k'uwo mugome kuri mu buryo bwo gukora kwa Satani, gufite imbaraga zose n'ibimenyetso n'ibitangaza by'ibinyoma, &lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;10n'ubuhenzi bwose bwo gukiranirwa ku barimbuka, kuko batemeye gukunda ukuri ngo bakizwe.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ninayo mpamvu Bibiliya inatuburira kutizera imyuka yose: &lt;strong&gt;1 Yohana 4:1&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Bakundwa, ntimwizere imyuka yose ahubwo mugerageze imyuka ko yavuye ku Mana, kuko abahanuzi b'ibinyoma benshi badutse bakaza mu isi.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Na Yesu ubwe, yivugiye ko abahanuzi b'ibinyoma bazaza bakora ibitangaza by'ibinyoma.... ibi bitangaza nta handi bituruka: ni kwa satani. &lt;strong&gt;Matayo 24:24-25&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kuko abiyita Kristo n'abahanuzi b'ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n'ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n'intore niba bishoboka. 25Dore mbibabwiye bitaraba.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Birasobanutse rwose: Ni byo, satani n'abadayimoni bashobora gukora ibitangaza, gusa bakorera mu mipaka ntarengwa bashyiriweho.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Uwiteka akomeze atugirire neza.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ev. Innocent Munyaneza&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=358&amp;qa_1=bibiriya-satani-nabadayimoni-bashobora-gukora-ibitangaza&amp;show=4187#a4187</guid>
<pubDate>Sun, 14 Sep 2025 19:10:34 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ko Imana ishobora byose, kuki idakuraho Satani?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=334&amp;qa_1=ko-imana-ishobora-byose-kuki-idakuraho-satani&amp;show=4164#a4164</link>
<description>&lt;p&gt;Nk'uko dukunze kubivuga,&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;gusubiza ikibazo gitangira kiti&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;&quot;Kubera iki Imana.........&quot; &lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;akenshi&amp;nbsp;&amp;nbsp;biragora. Bibiriya ntabwo buri gihe isobanura impamvu zose Imana yakoze ikintu gutya cyangwa kuriya, kuko Imana idategetswe gusobanura ibyayo.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;Yobu 33:13&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Ni iki gituma uyigisha impaka, Kuko itagomba gusobanura ibyayo?&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e&quot;&gt;Gusa iki ni ikibazo abantu benshi bibaza&amp;nbsp;kandi si mu bihe bya none gusa banacyibazaga&amp;nbsp;guhera cyera. Akenshi turibaza tuti &quot;Kuki Imana itahise yica satani akimara gucumura, ko ubu none isi iba ifite amahoro?&quot; Tuzi neza ko igihe kimwe, ahazaza, Imana izatsinda satani burundu, satani ajugunywe mu nyanja yaka umuriro aho atazabasha kongera gukora nk'uko yidegembwa ubu.&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e&quot;&gt; &lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e&quot;&gt;(Ibyahishuwe 20:10&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e&quot;&gt;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&quot;kandi Satani wabayobyaga ajugunywe muri ya nyanja yaka umuriro n'amazuku, irimo ya nyamaswa na wa muhanuzi w'ibinyoma. Bazababazwa ku manywa na nijoro iteka ryose.&quot;&lt;span style=&quot;color:#34495e&quot;&gt;) &lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e&quot;&gt;None umuntu yakwibaza ati &quot;None se niba Imana izabikora igihe kimwe, kuki n'ubundi itabikoze na mbere hose? Cyangwa basi yabikoze ubungu ko ibishoboye, igatabara ubwoko bwayo?&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e&quot;&gt;Ntitwakwihandagaza ngo tuvuge ko tuzi imitekerereze y'Imana mu buryo budasubirwaho, ariko hari ibyo tuzi mu mikorere y'Imana dusenga:&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e&quot;&gt;&lt;strong&gt;1)&lt;/strong&gt; Icya mbere, tuzi ko Imana yigenga, ifite ubutware bwose hejuru y'ibyo yaremye byose na satani arimo. Yego ni byo ko satani n'abadayimoni bakora, ariko bakora gusa kugeza ku murongo ntarengwa bashyiriweho. Ntabwo Imana yaturetse mu biganza bya satani n'abadayimoni ngo badukoreshe ibyo bashaka, hari aho badashobora kurenga naho ubundi baba baradukozeho ibirenga kure ibyo dutekereza.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e&quot;&gt;&lt;strong&gt;2) &lt;/strong&gt;Icya kabiri,&amp;nbsp;Tuzi ko ibiriho ubu,&amp;nbsp;ibyashize n'ibizaza, byose biri muri gahunda y'Imana nk'uko yayitekereje guhera mu ntangiriro. Ibintu byose birimo kugenda uko Imana yabitekereje guhera mu ntangiriro kugeza ku iherezo ry'ibihe, nta kintu na kimwe cyayitunguye kandi nta kintu na kimwe cyahindura gahunda zayo. &lt;strong&gt;Yesaya 14:24&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Uwiteka Nyiringabo ararahiye ati “Ni ukuri uko nabitekereje ni ko bizasohora, kandi uko nagambiriye ni ko bizaba.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&amp;nbsp; Hari umuntu umwe muri Bibiliya wagerageje kuba yavuguruza Imana, dore uko Imana yamusubije: &lt;strong&gt;Yobu 40:6-8&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Maze Uwiteka asubiriza Yobu muri serwakira ati&amp;nbsp;7“Noneho kenyera kigabo,&amp;nbsp;Ngiye kukubaza nawe unsubize. 8Mbese ugiye kumvuguruza icyo nategetse?&amp;nbsp;Ugiye kumpererezaho ibyaha kugira ngo ubone urubanza?&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Yobu 46:10 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Mpera mu itangiriro nkavuga iherezo, mpera no mu bihe bya kera nkavuga ibitarakorwa nkavuga nti ‘Imigambi yanjye izakomera kandi ibyo nzashaka byose nzabikora.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;3)&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;Icya gatatu, tuzi ko Imana ari urukundo, ibibaho byose n'ibyo Imana ikora byose biba biri mu mugambi wayo mwiza w'urukundo, kandi byose bigafatanyiriza hamwe kutuzanira ibyiza. &lt;strong&gt;Abaroma 8:28&lt;/strong&gt; &lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;Kandi tuzi yuko ku bakunda Imana byose bifataniriza hamwe kubazanira ibyiza, ari bo bahamagawe nk'uko yabigambiriye&quot;&lt;span style=&quot;font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;Gahunda Imana yapangiye umuntu, ni yo gahunda nziza yashobokaga. Kwibwira ngo &quot;Iyo Imana iza kubigenza gutya ni bwo byari kuba byiza kurushaho ......&quot; , kwibwira ngo iyo nza kuvuka imyaka 10 mbere cyangwa imyaka 10 nyuma ni bwo byari kuba byiza kurushaho.....&quot;&amp;nbsp; ibyo byose ni ukwibeshya cyane. Ni nde warusha Imana ubwenge ngo ayigire inama? Ninde wayirusha urukundo ngo ayibwire uko urukundo rwayo rwarushaho kuba rwiza? Inzira z'Imana, ubwiza bwayo, ubutabera bwayo, gukiranuka kwayo, bizabonwa n'abazabasha kwihangana bagategereza, ubwo bizasohora&amp;nbsp;bazasobanukirwa neza ko&amp;nbsp;Imana yabakunze&amp;nbsp;ku rwego rudashobora kugira icyo rwongerwaho cyangwa guhindurwaho.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;4)&lt;/strong&gt; Icya kane ari na cyo cya nyuma, twongere rwose tubitsindagire ko dukwiriye kwizera Imana mu buryo bwuzuye. Byaba bitangaje cyane kuba umwana w'imyaka 3, ukiga kuvuga no kugenda, yabaza se ati &quot;kuki warongoye Mama? Ese kuki utangishije inama?&quot;&amp;nbsp;Cyangwa akabaza nyina ati &quot;Kuki wemeye Papa? kuki se ubundi utangishije inama?&quot; Murumva se bitaba ari agahomamunwa? Birangana neza neza no kuba twabaza Imana ngo &quot;Kuki udakuraho satani nonaha kandi ubifitiye ububasha n'uburenganzira?&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Inzira z'Imana ziratunganye ku kigero cy'aho ntacyo wakuraho, ntacyo wakongeraho ntan'icyo wahinduraho. mu ijambo rimwe ry'icyongereza, inzira zayo ziri &lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&quot;Perfect&quot;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;. Zaburi 18:31 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Inzira y'Imana itungana rwose,&amp;nbsp;Ijambo ry'Uwiteka ryaravugutiwe, Ni ingabo ikingira abamuhungiraho bose.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;Buri gahunda yose Imana ifite, iyo ifitiye satani, igihe izamukuriraho, uburyo izamukuraho .... ni yo gahunda nziza ishoboka ku muntu. Ntacyo umuntu yakwifuza kugira icyo ahinduraho, kuko Imana iramutse yemereye muntu kugira icyo ahinduraho, byaba bibi ku muntu.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ukuri guhari ni uko&amp;nbsp;tudashobora gusobanukirwa neza inzira z'Imana n'imigambi yayo. &lt;strong&gt;Yesaya 55:8-9&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;“Erega ibyo nibwira si ibyo mwibwira, kandi inzira zanyu si zimwe n'izanjye!” Ni ko Uwiteka avuga. 9“Nk'uko ijuru risumba isi, ni ko inzira zanjye zisumba izanyu, n'ibyo nibwira bisumba ibyo mwibwira.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;Icyo twebwe dusabwa nk'abana b'Imana, ni ukuyizera no kuyubaha. Ibyo iteganyirije satani n'igihe izabishyirira mu bikorwa, ni yo gahunda nziza ibaho yashoboraga gukorwa mu nyungu za muntu.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Uwiteka atugirire neza.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ev. Innocent Munyaneza&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=334&amp;qa_1=ko-imana-ishobora-byose-kuki-idakuraho-satani&amp;show=4164#a4164</guid>
<pubDate>Tue, 09 Sep 2025 17:59:29 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Tuzi ko satani atabera hose icyarimwe: aba he?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=356&amp;qa_1=tuzi-ko-satani-atabera-hose-icyarimwe-aba-he&amp;show=4156#a4156</link>
<description>&lt;p&gt;Iki ni ikibazo cyiza. Ariko mbere yuko dusobanura aho satani aba, reka dusobanure aho ataba:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1) Satani ntabwo aba&amp;nbsp;mu ijuru: &lt;/strong&gt;Yaryirukanywemo cyera cyane, ubwo ubwibone bwe bwamuteraga kwifuza kuba nk'Imana, Imana ikarimwirukanamo, cyokora akabasha kugwana n'abamarayika benshi bemeye kumukurikira, abo na bo baje guhinduka abadayimoni.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt; ==&amp;gt; Yesu yarabyivugiye:&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;Luka 10:18&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Arababwira ati “Nabonye Satani avuye mu ijuru, agwa asa n'umurabyo.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;==&amp;gt; Abahanuzi barabivuze:&lt;/span&gt;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;Yesaya 14:&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;12&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt; “Wa nyenyeri yo mu ruturuturu we, mwana w'umuseke ko uvuye mu ijuru, ukagwa! Uwaneshaga amahanga ko baguciye bakakugeza ku butaka! &lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;13 Waribwiraga uti ‘Nzazamuka njye mu ijuru nkuze intebe yanjye y'ubwami isumbe inyenyeri z'Imana’, kandi uti ‘Nzicara ku musozi w'iteraniro mu ruhande rw'impera y'ikasikazi, 14nzazamuka ndenge aho ibicu bigarukira, nzaba nk'Isumbabyose.’ 15Ariko uzamanuka ikuzimu ugere ku ndiba ya rwa rwobo.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &lt;strong&gt;Ibyahishuwe 12:7&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Mu ijuru habaho intambara. Mikayeli n'abamarayika be batabarira kurwanya cya kiyoka, ikiyoka kirwanana n'abamarayika bacyo. &lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;8Ntibanesha kandi mu ijuru ahabo ntihaba hakiboneka. 9 Cya kiyoka kinini kiracibwa, ari cyo ya nzoka ya kera yitwa Umwanzi na Satani, ari cyo kiyobya abari mu isi bose. Nuko kijugunywa mu isi, abamarayika bacyo bajugunyanwa na cyo.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2) Satani ntabwo aba&amp;nbsp;mu muriro: &lt;/strong&gt;Oya, n'ubwo ari yo maherezo ye, ariko satani ntabwo arajugunywa mu muriro. Wabyita mu muriro, ikuzimu, mu kidaturwa, mu mwijima... aho hose&amp;nbsp;si ho satani aba. Ku iherezo ry'ibiriho, hazabaho ingoma Kristo y'imyaka 1,000 izwi ku izina rya &quot;Millenium&quot;. Iyo myaka yose, satazi azaba abohewe ahantu, atabasha gushukana no kuyobya. &lt;a rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=297&amp;amp;qa_1=imyaka-1-000-yingoma-ya-kristo-ni-iki-millenium&amp;amp;show=297#q297&quot;&gt;(Ushobora gukanda hano ugasoma byinshi ku byerekeranye na Millenium).&lt;/a&gt;&amp;nbsp;Nyuma y'iyi myaka, satani azarekurwa akanya gato, ariko bidatinze ahite acirwaho iteka ajugunywe mu muriro utazima&amp;nbsp;mu buryo bwa burundu. Icyo ni cyo gihe satani azajugunywa mu muriro, ariko ubu si ho ari.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;NONE SE NIBA ATARI MU IJURU, NTABE NO MU MURIRO, UBU ABA HE?&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mbere na mbere, tubanze dusobanure ko satani ari ikiremwa cy'umwuka. Ibiremwa by'umwuka nta mupaka bigira kubera&amp;nbsp;ahantu cyangwa igiye. (Space and time). Bisobanuye ko ikiremwa cy'umwuka, byaba satani, abadayimoni cyangwa Abamarayika), iyo bakeneye kwinjira ahantu ntibisaba ko aho hantu haba hakinguye. Iyo bakenye kujya ahantu ntibibasaba uburyo bwo kugerayo. (Nta ndege nta modoka, nta bwato....). Ikindi kandi, ibiremwa by'umwuka ntibikeneye igihe runaka ngo bive ahantu bigere ahandi, ahubwo bigenda ku muvuduko w'igitekerezo. Iyo ikiremwa cy'umwuka kiri muri Amerika kigakenera kuza mu Rwanda, ntigikenera amasaha, iminota, amasegonda nk'ibiremwa byambaye umubiri&amp;nbsp;.... oya.... kirabitekereza kikaba cyagezeyo. Ibiremwa by'umwuka ntibitangirwa n'ibibikikije, nta mvura byumva, nta bushyuhe, nta bukonje, nta muyaga, ntibinanirwa, ntibisonza, ntibigira inyota.... ibyo twebwe bitubera imbogamizi kubera umubiri gusa kandi byo nta mubiri byambaye. Ikirenze kuri ibyo, ibiremwa by'umwuka ntibipfa! Kuva satani yaremwa, ariho kandi azahoraho, kimwe n'abadayimoni ndetse n'Abamarayika, bose ntibazigera bapfa bazahoraho iteka ryose. Ikibazo gusa ni iki: Bazabaho iteka ryose hehe? Erega burya natwe ni uko! Umuntu wese afite igice cy'umwuka n'igice cy'umubiri. Umubiri uzapfa usubire mu gitaka, ariko igice cy'umwuka kizahoraho iteka ryose! Ikibazo gusa ni ukwibaza ngo &quot;Nzabaho iteka ryose hehe?&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kubera ibyo byose tuvuze hejuru,&amp;nbsp;ibiremwa by'umwuka ntibikeneye ahantu ho gutura nkaho byaba byambaye umubiri. Twe dukenera inzu kugirango iturinde byinshi, ariko ikiremwa cy'umwuka ntigikeneye kwirinda ibyo twe dutinya. Ntigikeneye ubutaka ngo gikandagireho, ntigikeneye kurya ngo kidapfa.... Oya.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Aho satani aba ubu, twakwifashisha imirongo 3&amp;nbsp;muri Bibiliya tukahamenya:&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Yobu 1:&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;7&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Uwiteka abaza Satani ati “Uturutse he?”Nuko Satani asubiza Uwiteka ati “Mvuye gutambagira isi no kuyizereramo.”&amp;nbsp; &amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- 1 PETERO 5:8&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Mwirinde ibisindisha mube maso, kuko umurezi wanyu Satani azerera nk'intare yivuga ashaka uwo aconshomera.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Yohana 12:31 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Ubu urubanza rw'ab'isi rurasohoye, ubu umutware w'ab'iyi si abaye igicibwa.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;======&amp;gt; &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;Ibyo tumaze gusobanura hejuru, bitanga igisubizo kimwe kandi gisobanutse: Satani, nk'umwami w'ab'iyi si, nta hantu hadahinduka afite atuye, ahubwo azerera mu isi yose ashaka uwo yagirira nabi.&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;-------------------&lt;/p&gt;&lt;p&gt;P.S. Gusa n'ubwo bimeze gutyo, Bibiliya hari ahantu&amp;nbsp;ivuga ko hari ahantu yita &quot;Ahantu ho mu ijuru&quot;&amp;nbsp; hafatwa nk'ubuturo bw'imyuka mibi. Bibiliya ibivuga muri aya magambo:&amp;nbsp;&lt;strong&gt;Abefeso 6:2&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Kuko tudakirana n’abafite amaraso n’umubiri, ahubwo dukirana n’abatware n’abafite ubushobozi n’abategeka iyi si y’umwijima, n’imyuka mibi y’ahantu ho mu ijuru.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;Aha hafatwa nk' ijuru rya kabiri, ariko ntihakwiriye gufatwa nk'ahantu satani atuye, aba. Aho aba twahabonye. &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=653&amp;amp;qa_1=habaho-amajuru-atandukanye-ijuru-mbere-kabiri-nirya-gatatu&amp;amp;show=653#q653&quot;&gt;(Niba wifuza gusobanukirwa n'ibyerekeranye n'amajuru atandukanye (Ijuru rya mbere, irya kabiri n'irya gatatu, wakanda hano)&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka atugirire neza&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ev. Innocent Munyaneza&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=356&amp;qa_1=tuzi-ko-satani-atabera-hose-icyarimwe-aba-he&amp;show=4156#a4156</guid>
<pubDate>Sun, 07 Sep 2025 10:44:51 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Satani asa ate? Abadayimoni basa bate?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=359&amp;qa_1=satani-asa-ate-abadayimoni-basa-bate&amp;show=4149#a4149</link>
<description>&lt;p&gt;Mu mateka y'isi guhera cyera cyane, abantu bakunze kwishyiriraho no kwishushanyiriza satani n'abadayimoni mu ishusho batekereza. Akenshi bashushanya satani nk'ikiremwa&amp;nbsp;giteye ubwoba, gifite amahembe, gifite isura mbi iteye ubwoba. Reba nk'urugero rumwe uko bamushushanya:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;img alt=&quot;&quot; src=&quot;http://bazabibiriya.org/images/Devil-and-Evil.webp&quot; style=&quot;height:750px; width:600px&quot;&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;u&gt;Ariko se mu byukuri satani asa nk'uko bakunze kumugaragaza mu bishushanyo?&lt;/u&gt;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nk'uko dukunze kubivuga, Bibiliya ntiyandikiwe kutumara amatsiko, yandikiwe kutugaragariza umugambi mwiza w'urukundo Imana ifitiye umuntu. Ibintu bitari muri uyu murongo, Bibiliya ibivugaho gacye cyane yihitira. Ukuri guhari nuko nta na hamwe Bibiliya itanga description nyayo y'isura ya satani. Ahubwo umurongo umwe rukumbi usa n'uganisha ahongaho, uvuga ibihabanye n'ibyo abantu batekereza. &lt;strong&gt;2 Abakorinto 11:14&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kandi ibyo si igitangaza, kuko na Satani ubwe yihindura nka marayika w’umucyo.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ukuri guhari gutangwa na Bibiliya, ni uko satani n'abadayimoni ari ibiremwa by'umwuka. kandi ibiremwa by'umwuka nta shusho ifatika bigira, amaso y'umubiri ntabasha kubona ibiremwa by'umwuka, ndetse igihe bibaye ngomba ko ibi ibiremwa by'umwuka byigaragariza abantu, bifite ububasha byo kwambara umubiri ufatika mu ishusho runaka. Ibi ni ukuri ku biremwa by'umwuka byose, byaba ibyiza cyangwa ibibi, byaba satani, abadayimoni ndetse n'Abamarayika. Muri Bibiliya, abantu bagiye babona Abamarayika incuro nyinshi zitandukanye, bamwe babonaga ari nk'abagabo basa n'abantu basanzwe, abandi bababonye bafite amababa, ... ibi byose bigaragaza ko ibiremwa by'umwuka bishobora kugaragara mu ishusho zitandukanye kugirango bibashe kubonwa n'amaso y'umubiri. Ndetse n'icyanditwe twabonye haruguru, ntikigambiriye kugaragaza ko satani asa neza cyane, ahubwo kigambiriye kwerekana kamere ya satani yo kwihinduranya ku buryo ashobora gutuma abantu bamwibeshyaho.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ibi rwose ni ihame: Biramutse bibaye ngombwa ko satani yiyereka umuntu, yamwiyereka uko atari. Ni yo kamere ye, nta kuri kumubamo. Icyo tuzi neza tukibwiwe na Bibiliya, ni uko mbere yo kugwa kwe yahoze ari umumarayika mwiza cyane. &lt;strong&gt;Ezekiyeli 28:12-17&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;12“Mwana w'umuntu, curira umwami w'i Tiro umuborogo umubwire uti ‘Umva uko Umwami Uwiteka avuga ngo wari intungane rwose, wuzuye ubwenge n'ubwiza buhebuje. 13Wahoze muri Edeni ya ngobyi y'Imana, umwambaro wawe wari ibuye ryose ry'igiciro cyinshi, odemu na pitida na yahalomu, na tarushishi na shohamu na yasipi, na safiro na nofekina na bareketi n'izahabu, ubuhanga bwo kubaza amashako n'imyironge bwari iwawe, mu munsi waremwemo byose byari biringaniye. 14Wari warasīgiwe kugira ngo ube umukerubi utwikīra, kandi nagushyizeho kugira ngo ube ku musozi wera w'Imana, wagendagenderaga hagati y'amabuye yaka umuriro. 15Wari utunganye bihebuje mu nzira zawe zose uhereye umunsi waremweho, kugeza igihe wabonetsweho gukiranirwa. 16Wuzuyemo urugomo ruzanywe n'ubugenza bwawe bwinshi bugutera gucumura, ni cyo cyatumye nkwirukana nk'uwanduye nkagukura ku musozi w'Imana. Narakurimbuye wa mukerubi utwikīra we, ngukura hagati ya ya mabuye yaka umuriro. 17Ubwiza bwawe ni bwo bwateye umutima wawe kwishyira hejuru, kubengerana kwawe ni ko kononnye ubwenge bwawe, nakujugunye hasi ngutangariza imbere y'abami kugira ngo bakwitegereze.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko satani yasaga mbere yo kugwa Bibiliya irabivuga: Yari mwiza cyane. Bibiliya ibivuga muri aya magambo: &quot;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;intungane rwose, wuzuye ubwenge n'ubwiza buhebuje,&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Wari utunganye bihebuje&quot;.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;Uko satani asa uyu munsi nyuma yo kugwa, Bibiliya ntacyo ibivugaho: Ikizwi gusa, ni uko &quot;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;yihindura nka marayika w’umucyo.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Niba yihindura nka marayika w'umucyo, bisobanuye ko atari marayika w'umucyo, ariko agerageza kwihindura nka we!&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;Ese muri Bibiliya hari uwigeze abona dayimoni?&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri&lt;strong&gt;&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Bibiliya hari abantu nibura 2 babonye &quot;imyuka y'abadayimoni&quot;,&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Yohana we abivuga mu buryo bwa gihanuzi muri aya magambo: &lt;strong&gt;Ibyahishuwe 16:&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;13&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Nuko mbona mu kanwa ka cya kiyoka no mu kanwa ka ya nyamaswa, no mu kanwa ka wa muhanuzi w'ibinyoma, havamwo imyuka itatu mibi isa n'ibikeri, &lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;14kuko ari yo myuka y'abadayimoni, ikora ibitangaza igasanga abami bo mu isi yose, ngo ibahururize kujya mu ntambara yo ku munsi ukomeye w'Imana Ishoborabyose.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Mu isezerano rya cyera, Mika na we yabonye imyuka ishukana ihagaze imbere y'Uwiteka... gusa ibi bigibwaho impaka ntituri bubitindeho &lt;strong&gt;(1 Abami 22:21-22)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ibyo aba banti bombi babonye, ntibitanga ishusho nyayo y'abadayimoni. Kuba Yohana yarabonye &quot;Imyuka y'abadayimoni&quot; isa n'ibikeri, ntibisobanuye ko abadayimoni basa n'ibikeri&quot;.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Icyo dukwiriye gukura muri ibi byose ni iki: Nta wamenya adashidikanya isura nyayo ya satani n'abadayimoni kuri ubu. Gusa biramutse bibaye ngombwa ko biyereka umuntu, bamwiyereka mu ishusho itari yo kuko kamere yabo ni ukubeshya.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko byamera kose, uko satani n'abadayimoni baba basa kose, hari ibyo tuzi kuri bo tudashidikanya:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;1)&lt;strong&gt;&amp;nbsp;Satani azerera hose ashaka uwo aconshomera: &lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;1 Petero 5:8&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Mwirinde ibisindisha mube maso, kuko umurezi wanyu Satani azerera nk'intare yivuga ashaka uwo aconshomera.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;2)&lt;strong&gt;&amp;nbsp;Satani arakorana umwete kurubu, kuko azi ko igihe asigaranye ari gito: &lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;Ibyahishuwe 12:12&lt;/span&gt; &lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Nuko rero wa juru we, namwe abaribamo nimwishime. Naho wowe wa si we, nawe wa nyanja we, mugushije ishyano kuko Satani yabamanukiye afite umujinya mwinshi, azi yuko afite igihe gito.”&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;3)&lt;strong&gt;&amp;nbsp;Satani n'abadayimoni bazi neza iherezo ryabo: &lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;Matayo 8:28&lt;/span&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Amaze gufata hakurya mu gihugu cy'Abagadareni, ahura n'abantu babiri batewe n'abadayimoni bava mu mva, bari abasazi cyane bituma ari nta watinyuka kunyura muri iyo nzira. 29Barataka cyane bati “Duhuriye he, Mwana w'Imana? Mbese uje hano kutwica urupfu n'agashinyaguro, igihe cyacu kitaragera?”&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;4) Satani yaraneshejwe. Ntimugire ubwoba. &lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;Abakolosayi 2:15&lt;/span&gt; &lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kandi imaze kunyaga abatware n'abafite ubushobozi, ibahemura ku mugaragaro, ibīvuga hejuru ku bw'umusaraba.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;=======&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Uko ni ko kuri gutangwa na Bibiliya. Ariko rero, hari ibitabo byo hanze ya Bibiliya byinshi bitanga ubuhamya bw'abantu bagiriwe ubuntu bwo kubona satani n'abadayimoni n'amaso yabo b'umubiri. Gusa tukibutsa abantu ko twebwe ibi bitabo twemera ko bidufasha, ariko ababisoma bakwiriye gusobanukirwa ko twabishyize hano ku rubuga&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;tutitaye ku byo ababyanditse bizera. Niba wifuza kumenye ibyo twe twizera,&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;a rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;http://bazabibiriya.org/index.php?qa=ibyo-twizera&quot;&gt;kanda hano&amp;nbsp;&lt;/a&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;. Turasaba abasomyi kumenya byose, ariko bakagundira ibyiza.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;(1 Abatesaloniki 5:21)&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#34495e; font-family:Ubuntu,Helvetica,Arial,FreeSans,sans-serif&quot;&gt;==&amp;gt; Niba wumva igifaransa, Ushobora kubona ku buntu igitabo cyanditswe na REBECCA BROWN cyitwa &quot;&lt;/span&gt;&lt;a target=&quot;blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;http://www.bazabibiriya.org/FR%20Books/IL-EST-VENU-LIBERER-LES-CAPTIFS-par-Rebecca-Brown.pdf&quot;&gt;Il est venu liberer les captifs&lt;/a&gt;. &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://www.bazabibiriya.org/FR%20Books/IL-EST-VENU-LIBERER-LES-CAPTIFS-par-Rebecca-Brown.pdf&quot;&gt;Wakanda hano&lt;/a&gt; ukakibona ako kanya ku buntu, cyangwa ukagisoma ONLINE&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze cyane, Umwuka Wera akomeze adufashe kandi adusobanurire.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ev. Innocent Munyaneza&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=359&amp;qa_1=satani-asa-ate-abadayimoni-basa-bate&amp;show=4149#a4149</guid>
<pubDate>Thu, 04 Sep 2025 18:25:28 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ayandi mazina ahabwa Satani ni ayahe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=351&amp;qa_1=ayandi-mazina-ahabwa-satani-ni-ayahe&amp;show=707#a707</link>
<description>&lt;p&gt;Ubusanzwe ijambo Satani rikomoka mu rurimi rw'igiheburayo kuko ari rwo rurimi rwanditswemo isezerano rya cyera, mbere na mbere rikaba ryarasobanuraga &quot;buri kintu cyose, cyangwa buri muntu wese urwanya undi&quot;. Icyo gihe ryakoreshwaga nk'izina-rusange, ariko ryaje guhinduka izina-bwite rya Luciferi ubwo yari amaze kugwa,&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu isezerano rya cyera, ntabwo ijambo &quot;satani&quot; ryakoreshejwe cyane, kuko n'ubwo iryo jambo rigaragra incuro 14 gusa mu isezerano rya cyera, satani ubwe avugwa mu bikorwa bitatu gusa mu isezerano rya cyera: (1) igihe yoshyaga Dawidi kubara abisirayeli &lt;strong&gt;(1 Ingoma 21)&lt;/strong&gt;, (2)igihe yateraga Yobu &lt;strong&gt;(Yobu 1-2)&lt;/strong&gt;, (3)n'igihe yaregaga umutambyi Yosuwa ku Mana&amp;nbsp;&lt;strong&gt;(Zakariya 3)&lt;/strong&gt;.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kuvuga andi mazina ya satani akoreshwa muri Bibiriya Yera y'ikinyarwanda bishobora kugorana hamwe na hamwe, kuko mu ndimi z'amahanga bashobora gukoresha amagambo 2 bavuga ikintu kimwe, mu gihe ikinyarwanda cyakoresha ijambo rimwe kuri ayo magambo yombi: &lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;URUGERO:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; Mu cyongereza&amp;nbsp;bashobora gukoresha abagambo &lt;strong&gt;&quot;satan&quot;&lt;/strong&gt; cyangwa &lt;strong&gt;&quot;Devil&quot;, &lt;/strong&gt;aya magambo yombi agasobanuzwa ijambo rimwe &lt;strong&gt;(satani)&lt;/strong&gt; muri Bibiriya Yera y'ikinyarwanda. Hano turagerageza gutanga andi mazina akunze guhabwa satani muri Bibiriya Yera i'ikinyarwanda.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1) Belizebuli:&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;(Umutware w'abadayimoni) &lt;strong&gt;Matayo 12:24.&lt;/strong&gt; (Mu isezerano rya cyera Belizebuli cyari ikigirwama cy'abafilisitiya muri Ekuroni. &lt;strong&gt;(2 Abami 1:2-3)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2) Umushukanyi. (1 Tesalonike 3:5)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;3) Umubi. (Matayo 13:19)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;4) Umwanzi (Matayo 13:25)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;5) Umurezi (Ibyahishuwe 12:10)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;6) Umutware w'ab'iyi si: (Yohana 12:31)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;7) imana y'iki gihe (2 Abakorinto 4:4)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;8) umwami utegeka ikirere (Abefeso 2:2)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;9) Inyenyeri yo mu ruturuturu ((Yesaya 14:12)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;10) Ikiyoka (Ibyahishuwe 12:9)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uretse n'aya mazina kandi, hari ukundi satani agenda yitwa mu buryo bugaragaza uko agenda yihinduranya: &lt;strong&gt;Inzoka, intare yivuga, marayika w'urumuri.....&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Imana ibahe umugisha&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=351&amp;qa_1=ayandi-mazina-ahabwa-satani-ni-ayahe&amp;show=707#a707</guid>
<pubDate>Fri, 13 Oct 2023 18:55:12 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese Imana ni yo yaremye Satani?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=357&amp;qa_1=ese-imana-ni-yo-yaremye-satani&amp;show=704#a704</link>
<description>&lt;p&gt;Bibiriya itubwira nta kujijinganya ko Imana ari yo yaremye byose: Ibyabayeho, ibiriho n'ibizabaho. &lt;strong&gt;Yohana 1:3&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Ibintu byose ni we wabiremye, ndetse mu byaremwe byose nta na kimwe kitaremwe na we.&quot; ;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;kimwe n' &lt;strong&gt;Abakolosayi 1:15-16&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Ni na we shusho y’Imana itaboneka, ni we mfura mu byaremwe byose, [16]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;kuko muri we ari mo byose byaremewe, ari ibyo mu ijuru cyangwa ibyo mu isi, ibiboneka n’ibitaboneka, intebe z’ubwami n’ubwami bwose, n’ubutware bwose n’ubushobozi bwose. Ni we wabiremye byose kandi rero ni na we byaremewe.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Satani ntabwo yaremwe yitwa satani. Yaremwe ari umumarayika mwiza nk'abandi, yari afite izina rya &quot;Lucifer&quot; kimwe n'uko hari abandi Bamarayika bafite amazina nka &quot;Gabriel&quot; cyangwa &quot;Mikayeli&quot;. Muri Bibiriya ibyanditswe byinshi bigaragaza ko Lucifer yatangiriye kubaho mu ijuru kimwe n'abandi bamarayika. &lt;strong&gt;(Yesaya 14). &lt;/strong&gt;Lucifer yari mwiza kugeza igihe yabonetsweho gukiranirwa&lt;strong&gt; (Ezekiyeli 28:13-15).&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ni byo rwose, Imana ni yo yaremye satani, gusa ntabwo yamuremye ari mubi nk'uko tumuzi ubu, yamuremye ari mwiza, kugeza ubwo yabonetsweho gukiranirwa akirukanwa mu Ijuru. Lucifer ni we ubwe wihitiyemo gukora ibyo gukiranirwa: (&lt;strong&gt;Yesaya 14:13-14&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Waribwiraga uti ‘Nzazamuka njye mu ijuru nkuze intebe yanjye y’ubwami isumbe inyenyeri z’Imana’, kandi uti ‘Nzicara ku musozi w’iteraniro mu ruhande rw’impera y’ikasikazi, [14]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;nzazamuka ndenge aho ibicu bigarukira, nzaba nk’Isumbabyose.’&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Niba wifuza kumenya ibindi byinshi kuri satani, &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=search&amp;amp;q=satani&quot;&gt;wakanda hano&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Imana ibahe umugisha&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=357&amp;qa_1=ese-imana-ni-yo-yaremye-satani&amp;show=704#a704</guid>
<pubDate>Thu, 05 Oct 2023 18:02:42 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese Imana yari izi ko satani azigomeka mbere yuko imurema? Niba yari ibizi, kuki yamuremye?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=29&amp;qa_1=imana-yari-satani-azigomeka-mbere-imurema-ibizi-yamuremye&amp;show=689#a689</link>
<description>&lt;p&gt;Ubundi gusubiza ikibazo gitangira kiti &lt;strong&gt;&quot;Kubera iki Imana.....&quot; &lt;/strong&gt;akenshi&amp;nbsp;&amp;nbsp;biragora. Bibiriya ntabwo buri gihe isobanura impamvu zose Imana yakoze ikintu gutya cyangwa kuriya, kuko Imana idategetswe gusobanura ibyayo. &lt;strong&gt;Yobu 33:13&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Ni iki gituma uyigisha impaka, Kuko itagomba gusobanura ibyayo?&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kugerageza gusubiza neza iki kibazo bisaba kugikuramo ibibazo bibiri:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;1) Ese Imana yari izi ko Satani azacumura mbere y'uko imurema?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;2) None se niba yari ibizi, kuki yabirenzeho ikamurema?&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;(Ngirango ahari wakwibwira uti &quot;byari kuba byiza Iyo Imana itarema satani, n'ubu isi iba ikiri paradizo?&quot;)&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Dutangirire ku kibazo cya mbere: &lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;Ese Imana yari izi ko satani azacumura mbere y'uko imurema?&lt;/span&gt;&amp;nbsp;Bibiriya itubwira mu buryo budashidikanywaho ko Imana izi byose (Omniscient). 1&lt;strong&gt; Yohana 19:20&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;nubwo imitima yacu iducira urubanza, kuko Imana iruta imitima yacu kandi izi byose&quot;.&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; Imana imenya iherezo ry'ikintu kitaranabaho: &lt;strong&gt;Yesaya 46:9-10 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Mwibuke ibyabanje kubaho kera, kuko ari jye Mana nta yindi ibaho. Ni jye Mana nta yindi duhwanye. [10]Mpera mu itangiriro nkavuga iherezo, mpera no mu bihe bya kera nkavuga ibitarakorwa nkavuga nti ‘Imigambi yanjye izakomera kandi ibyo nzashaka byose nzabikora.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt; Kumenya byose bisobanuye ko izi ibyahise byose, ibiriho byose n'ibizaza byose. Kubera izi mpamvu, igisubizo kuri icyo kibazo ni YEGO: YEGO rwose, Imana yari izi neza ko Lucifer azacumura mbere y'uko imurema. Yari izi neza ko azivumbura, yari izi neza ko azacibwa mu Ijuru akagwa mu isi, yari izi neza ko mu gucibwa kwe umubare munini w'abamarayika uzamukurikira bagahinduka abadayimoni, yari izi neza ko bazagera mu isi bakayiyogoza, yari izi neza ibizaba muri eden, yari izi neza ibyo dusoma muri Bibiriya byose, yari izi neza iby'uyu munsi ndimo kwandikaho iki igisubizo, yari inazi neza amaherezo y'isi.... Byose byari imbere yayo bitaranabaho. Ibi ariko bihita bitujyana ku kindi kibazo:&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;None se kuki yaremye Lucifer ibizi neza ko azacumura akayogoza isi, akayitera amabi yose tubona uyu munsi.?&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kuba Imana izi ikintu runaka,&amp;nbsp; bitandukanye no kuba ari yo igitera: Kuba Imana yari neza ko Dawidi azasambana na Betisheba, ntibivuze ko Imana ari yo yateye Dawidi gusambana na Betisheba. Bibiriya irasobanutse kuri iyi ngingo: Ntabwo Imana ishobora koshya umuntu gukora icyaha. &lt;strong&gt;Yakobo 1:13&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Umuntu niyoshywa gukora ibyaha ye kuvuga ati “Imana ni yo inyoheje”, kuko bidashoboka ko Imana yoshywa n’ibibi, cyangwa ngo na yo igire uwo ibyohesha.&quot;&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ijya kurema abamarayika, ntiyabaremye nka robot zigomba kuyumvira no kuyikurikira: Yabaremanye ubushake (free will) n'ubushobozi bwo guhitamo. (Choice). Uko ninako yaremye umuntu, kandi Imana inezezwa no kubaha amahitamo y'ibiremwa byayo. Imana inezezwa no kubona ibiremwa byayo biyubaha ku bw'amahitamo. Kandi natwe abantu ni uko, tunezezwa no kubona abana bacu batwubaha babihisemo. None se hari umuntu wakwishima kuko yatunze telecommande kuri TV ye, volume ikiyongera? None se TV hari amahitamo ifite? Marayika Lucifer (satani) aremwa, yaremwe ari mwizaza kimwe na Marayika Gaburiyeli, Marayika Mikayeli n'abandi bamarayika bose, ndetse n'ibindi Imana yaremye byose byaremwe ari byiza cyane.&amp;nbsp;&lt;strong&gt;Itangiriro 1:31&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt; &quot;Imana ireba ibyo yaremye byose, n’uko byari byiza cyane...&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt; ; Lucifer yaje gukoresha ubushake yaremanywe, ahitamo kugomera Imana, yishyira hejuru yifuza kumera nk'Imana. &lt;strong&gt;Yesaya 14:13-15m&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Waribwiraga uti ‘Nzazamuka njye mu ijuru nkuze intebe yanjye y’ubwami isumbe inyenyeri z’Imana’, kandi uti ‘Nzicara ku musozi w’iteraniro mu ruhande rw’impera y’ikasikazi, [14]nzazamuka ndenge aho ibicu bigarukira, nzaba nk’Isumbabyose.’ [15]Ariko uzamanuka ikuzimu ugere ku ndiba ya rwa rwobo.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko gucumura Imana ntiyari kukwihanganira mu Ijuru ryera, ni cyo cyatumye Imwirukana mu Ijuru imujugunya mu isi.Bisobanuke neza ko gucumura kwa Lucifer (satani) nta ruhare Imana yabigizemo,&amp;nbsp;nk'uko twabibonye ntawe Imana ishobora koshya gucumura. Uko byagenda kose, Imana ntabwo yarekeye muntu mu maboko ya satani. Umuntu nakoresha amahitamo ye agahitamo kwibera uwa satani, akanga kumva ijwi ry'agakiza kabonerwa muri Yesu ku buntu, uwo muntu ntazarenganye Imana, ntazibwire ko ikosa ari iry'Imana, kuko n'ubwo imirimo ya satani ikomeje kubabaza isi, hari uwaje kumaraho iyo mirimo ye: &lt;strong&gt;1 Yohana 3:8&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Ukora ibyaha ni uwa Satani, kuko uhereye mbere na mbere Satani akora ibyaha. Ibyo Umwana w’Imana yerekaniwe ni ibi: ni ukugira ngo amareho imirimo ya Satani.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri make, ntabwo Imana ari yo yateye satani kwigomeka, yamuremye ari mwiza. Ikirenze kuri ibyo, ntabwo mwene-muntu akwiriye kwihandagaza ngo abwire Imana ko &quot;byari kuba byiza iyo itarema satani ....&quot; cyangwa ngo &quot;Byari kuba byiza iyo Imana ikora kuriya kurusha kuriya ....&quot; Gutekereza gutyo byakugusha mu cyaha satani yazize nk'uko twabibonye muri &lt;strong&gt;Yesaya 14;13-15.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka abagirire neza&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ev. Innocent Munyaneza&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=29&amp;qa_1=imana-yari-satani-azigomeka-mbere-imurema-ibizi-yamuremye&amp;show=689#a689</guid>
<pubDate>Sat, 30 Sep 2023 21:46:16 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese inzoka ivugwa mu itangiriro igice cya 3 ni yo satani?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=323&amp;qa_1=ese-inzoka-ivugwa-mu-itangiriro-igice-cya-3-ni-yo-satani&amp;show=661#a661</link>
<description>&lt;p&gt;Yego rwose. Mu buryo butajijinganywaho, inzoka ivugwa mu Itangiriro igice cya 3 ni satani. Ubusanzwe inzoka ubwayo nta bushobozi ifite bwo kuvuga. Birashoboka ko satani yaba&amp;nbsp;yarabasanze yishyize mu ishusho y'inzoka, cyangwa akabashuka bagakeka ko ari inzoka irimo kuvuga.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Aha mu itangiriro siho honyine satani agaragazwa mu ishusho y'inzoka, hari n'ibindi byanditswee nk'ibi bikurikira:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Ibyahishuwe 12:9&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Cya kiyoka kinini kiracibwa, ari cyo ya nzoka ya kera yitwa Umwanzi na Satani, ari cyo kiyobya abari mu isi bose. Nuko kijugunywa mu isi, abamarayika bacyo bajugunyanwa na cyo.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Ibyahishuwe 20:2 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Afata cya kiyoka, ari cyo ya nzoka ya kera, ari yo Mwanzi na Satani, akibohera kugira ngo kimare imyaka igihumbi,&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Abantu benshi baribaza bati &quot;ese inzoka icyo gihe yari iteye nk'uko tuyibona ubu? Nk'uko dukunze kubivuga, Bibiriya ntabwo yandikiwe kutumara amatsiko kuri buri kantu kose kariho kuri iyi si. Ibibazo nk'ibi tudashobora gusubiza twifashishije ibyanditswe tubishyira mu &quot;nteganyo&quot; (Conditional). Hari icyanditswe dushobora guheraho tukagira icyo tuvuga: &lt;strong&gt;Itangiriro 3:14&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Uwiteka Imana ibwira iyo nzoka iti “Kuko ukoze ibyo, uri ikivume kirengeje amatungo yose n’inyamaswa zo mu ishyamba zose, uzajya ugenda ukurura inda, uzajya urya umukungugu iminsi yose y’ubugingo bwawe.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt; Ahari birashoboka ko icyo gihe inzoka yaba yari ifite amaguru kimwe n'ibindi bikururanda (reptiles), ikaba yaratangiye gukurura inda hasi nyuma y'uyu muvumo ....&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kuki Imana yavumye inzoka kandi yari izi neza ko satani ari yo yashutse Adamu na Eva Ukuri guhari ni uko Imana yahise ibwira satani ikiyitegereje: &lt;strong&gt;Itangiriro 3:15&lt;/strong&gt; &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Nzashyira urwango hagati yawe n’uyu mugore, no hagati y’urubyaro rwawe n’urwe, ruzagukomeretsa umutwe nawe uzarukomeretsa agatsinsino.” &lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;Ahangaha Imana yavugaga uburyo satani azakomeza kugirira nabi urubyaro rwa muntu, ariko Yesu akazaboneka aje gukandagira umutwe wa satani no kumujanjagura umutwe. Kuvuma inzoka byari ikimenyetso n'ikitegererezo cy'ibitegereje satani: &lt;strong&gt;Ibyahishuwe 20:10&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&quot;Kandi Satani wabayobyaga ajugunywe muri ya nyanja yaka umuriro n’amazuku, irimo ya nyamaswa na wa muhanuzi w’ibinyoma. Bazababazwa ku manywa na nijoro iteka ryose.&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka abagirire neza, Amen.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=323&amp;qa_1=ese-inzoka-ivugwa-mu-itangiriro-igice-cya-3-ni-yo-satani&amp;show=661#a661</guid>
<pubDate>Wed, 27 Sep 2023 19:54:01 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese tugira Marayika-Murinzi?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=335&amp;qa_1=ese-tugira-marayika-murinzi&amp;show=659#a659</link>
<description>&lt;p&gt;Igitekerezo cya Marayika-Murinzi (Guardian Angel) cyagiye kivuka gihereye ku byanditse bimwe na bimwe biboneka muri Bibiriya tugiye gusuzuma hepfo. Abizera ko habaho Marayika-murinzi bavuga ko buri Mukristo aba afite Umumarayika umwe cyangwa benshi umuhora iruhande, akamugendaho kugirango amurinde nk'uko mujya mubona Abayobozi baba bafite &quot;Escort&quot; hafi yabo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ahanini ibyanditswe bashingiraho ni 2 by'ingenzi:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Matayo 18:10&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;“Mwirinde mudasuzugura umwe muri aba bana bato. Ndababwira yuko abamarayika babo bo mu ijuru bahora bareba mu maso ha Data wo mu ijuru.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Ibyakozwe n'intumwa 12:13-15&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&amp;nbsp;&quot;Petero akomanga ku rugi rw’irembo, umuja witwaga Rode ajya kubyumva. [14]Amenya ijwi rya Petero, ibinezaneza bimubuza gukingura, nuko yirukanka asubira mu nzu ababwira yuko Petero ahagaze ku irembo. [15]Baramusubiza bati “Urasaze!” Ariko akomeza guhamya ko ari koko. Bati “Ahubwo ni marayika we.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu by'ukuri, bisanzwe bizwi mu buryo butajijinganywaho ko abamarayika bakora imirimo itandukanye mu Bizera hano mu isi:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Kuturinda no kuturwanirira: (Daniel 6:20-23 ; 2 Ngoma 6:13-17)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Kutuzanira ubutumwa (Ibyakozwe n'Intumwa 7:52-53 ; Luka 1:11-20)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Kutuyobora (Matayo 1:20-21 ; Ibyakozwe 8:26)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Kuduha ibifatika bidufasha (1 Abami 19:15-17)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri rusange bafite umurimo wo gufasha abazaragwa agakiza: &lt;strong&gt;Abaheburayo 1:14&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Mbese abamarayika bose si imyuka iyikorera, itumwa gukora umurimo wo gufasha abazaragwa agakiza?&quot; &lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;Mu gusohoza izi nshingano zabo tuvuze haruguru, Marayika runaka ashobora kugendana n'umuntu runaka kubera impamvu runaka mu gihe runaka, ariko nta cyanditswe na kimwe muri Bibiriya cyigaragaza ko buri Mukristo yahawe Marayika wo kumugendayo nka Escort ubuzima bwe bwose. Inyigisho za marayika-murinzi zadutse ahanini hagati y'isezerano rya kera n'irishya, abayuda barabyizeraga cyane, ntabwo bizeraga gusa ko buri wese afite marayika we murinzi, banavugaga ko buri wese yanagenewe idayimoni y'umwihariko yo kumugerageza.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Tugarutse gato ku byanditswe twatangiriyeho bituma bamwe bavuga ko buri wese yahawe marayika-murinzi:&lt;strong&gt; [Ibyakozwe 12:5]&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Baramusubiza bati “Urasaze!” Ariko akomeza guhamya ko ari koko. Bati “Ahubwo ni marayika we.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; ;Kuba abari muri urwo rugo baravuze bati &quot;ahubwo ni marayika we&quot;, ntibisobanuye ko ibyo bavugaga byari ukuri. Icyo bakoze hano batanze igitekerezo cy'uko babyumvaga, ariko igihe cyose muri Bibiriya hagaragayemo igitekerezo cy'umuntu (Opinion) ntabwo icyo gitekerezo gifatwa nk'ukuri kwa Bibiriya. None se ko bigeze no kuvuga ko Yesu afite dayimoni, ibyo byafatwa nk'ukuri kwa Bibiriya? Oya rwose. Uko babivuze niko babitekerezaga, kandi nyine byarangiye bigaragaye ko bibeshyaga, &lt;strong&gt;bo bibwirako ko ari marayika wa Petero, ariko ukuri ni uko bitari marayika wa Petero, ahubwo yari Petero ubwe!&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri make, ntabwo wakoresha Bibiriya ngo uhamye ko buri Mukristo yahawe marayika we wo kumugendaho nka escort. Imana yadusezeranije ko itazadusiga, ko izaturengera, ko izaturinda,..... kugirango ibigereho inzira zayo ntizirondoreka. Rimwe yakoresheje Marayika Mikayeli, ubundi yakoresheje umuyaga, ubundi yakoreshe urubura, ubundi&amp;nbsp;yakoresheje ......&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Uwiteka abagirire neza&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=335&amp;qa_1=ese-tugira-marayika-murinzi&amp;show=659#a659</guid>
<pubDate>Wed, 27 Sep 2023 19:27:26 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese koko Satani yaba yari ashinzwe umuziki mu ijuru mbere yo kugwa?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=321&amp;qa_1=ese-koko-satani-yaba-yari-ashinzwe-umuziki-ijuru-mbere-kugwa&amp;show=639#a639</link>
<description>&lt;p&gt;Ukuri guhari ni uko ntaho Bibiriya ivuga ko Satani yari ashinzwe umuziki mu Ijuru, ariko hari ibyanditse duheraho duhamya ko yari afite aho ahuriye no kuririmba. Bibiriya ntitinda cyane mu kuvuga uko satani yari abayeho mbere yo kugwa kwe.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;Muri Bibiriya hari ibyanditswe bibiri gusa bikomoza kuri satani mbere yo kugwa kwe:&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1) Ezek 28:14-17&lt;/strong&gt;&amp;nbsp; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;[14]Wari warasīgiwe kugira ngo ube umukerubi utwikīra, kandi nagushyizeho kugira ngo ube ku musozi wera w'Imana, wagendagenderaga hagati y'amabuye yaka umuriro. [15]Wari utunganye bihebuje mu nzira zawe zose uhereye umunsi waremweho, kugeza igihe wabonetsweho gukiranirwa. [16]Wuzuyemo urugomo ruzanywe n'ubugenza bwawe bwinshi bugutera gucumura, ni cyo cyatumye nkwirukana nk'uwanduye nkagukura ku musozi w'Imana. Narakurimbuye wa mukerubi utwikīra we, ngukura hagati ya ya mabuye yaka umuriro. [17]Ubwiza bwawe ni bwo bwateye umutima wawe kwishyira hejuru, kubengerana kwawe ni ko kononnye ubwenge bwawe, nakujugunye hasi ngutangariza imbere y'abami kugira ngo bakwitegereze.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2) Yesaya&amp;nbsp;14:11-17&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Icyubahiro cyawe n'amajwi y'inanga zawe bimanuwe ikuzimu, usasiwe inyo urazoroswa. “Wa nyenyeri yo mu ruturuturu we, mwana w'umuseke ko uvuye mu ijuru, ukagwa! Uwaneshaga amahanga ko baguciye bakakugeza ku butaka! [13]Waribwiraga uti ‘Nzazamuka njye mu ijuru nkuze intebe yanjye y'ubwami isumbe inyenyeri z'Imana’, kandi uti ‘Nzicara ku musozi w'iteraniro mu ruhande rw'impera y'ikasikazi, [14]nzazamuka ndenge aho ibicu bigarukira, nzaba nk'Isumbabyose.’ [15]Ariko uzamanuka ikuzimu ugere ku ndiba ya rwa rwobo. [16]“Abazakubona bazakwitegereza cyane bagutekerezeho bati ‘Uyu ni we wahindishaga isi umushyitsi akanyeganyeza ubwami, [17]agahindura isi ubutayu, asenya imidugudu yo muri yo, ntarekure abanyagano ngo basubire iwabo?’&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwo murongo wa &lt;strong&gt;Yesaya 14:11&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;ni wo abasesenguzi bakunze guheraho bavuga ko satani yari umuririmbyi mu Ijuru. Ikindi kizwi ni uko mu Ijuru nta kindi Abamarayika bakora uretse kuramya Imana. Satani rero nk'uwahoze ari umumarayika usumba abandi, mu bwiza, mu cyubahiro... Ubwo birumvikana ko na we yari ku isonga mu kuramya. Gusa, ntaho Bibiriya ivuga bitomoye ngo wenda satani yaba yari ashinzwe umuziki mu Ijuru, ariko ikigaragara ni uko&amp;nbsp; umwanya yari afite mu Ijuru wari ufite&amp;nbsp; aho uhurira bya hafi no kuririmba.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka abahe umugisha.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=321&amp;qa_1=ese-koko-satani-yaba-yari-ashinzwe-umuziki-ijuru-mbere-kugwa&amp;show=639#a639</guid>
<pubDate>Tue, 26 Sep 2023 17:13:43 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese koko hari Abamarayika biyambitse imibiri baryamana n'abakobwa b'abantu?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=591&amp;qa_1=abamarayika-biyambitse-imibiri-baryamana-nabakobwa-babantu&amp;show=592#a592</link>
<description>&lt;p&gt;Iki ni kimwe mu bibazo byavuzweho byinshi muri Bibiriya binasobanurwa ukwinshi. Reka duhere ku cyanditswe abagize icyo babivugaho baheraho:&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Itangiiriro 6:1-5&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Abantu batangiye kugwira mu isi babyara abakobwa, [2]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;abana b’Imana bareba abakobwa b’abantu ari beza, barongoramo abo batoranyije bose. [3]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Uwiteka aravuga ati “Umwuka wanjye ntazahora aruhanya n’abantu iteka ryose, kuko ari abantu b’umubiri. Nuko rero iminsi yabo izaba imyaka ijana na makumyabiri.” [4]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Muri iyo minsi abantu barebare banini bari mu isi, no mu gihe cyo hanyuma, abana b’Imana bamaze kurongora abakobwa b’abantu babyarana na bo abana, ari bo za ntwari za kera zari ibirangirire. [5]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Kandi Uwiteka abona yuko ingeso z’abantu zari mbi cyane mu isi, kandi ko kwibwira kose imitima yabo itekereza ari kubi gusa iteka ryose.&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iki cyanditswe cyavuzweho byinshi ndetse gisobanurwa ukwinshi, ariko hari ibihurizwaho n'abasesenguzi ba Bibiriya kandi koko warebera ibyo Bisobanuro mu Ijambo ry'Imana ugasanga ariko kuri. Ariko ikibazo cy'ingorabahizi kikavukira hano: &lt;strong&gt;Ese koko &quot;Abana b'Imana bavugwa hano ni abamarayika? &lt;/strong&gt;None se,&amp;nbsp;&quot;Kuki Aba bana b'Imana bamaze kurongora abakobwa b'abantu babyaranye abantu badasanzwe? ESE ABA BANA B'IMANA BAVUGWA NI BANDE? Ibyo aribyo byose, aba bana b'Imana babaye ari abantu basanzwe, ntitubona impamvu bari kubyara abantu badasanzwe. Tugiye gusuzumira hamwe ibisobanura bibiri by'ingenzi bikunze gutangwa n'abantu, hanyuma turareba kimwe kidateza ibibazo kandi cyabonerwa ubusobanuro bushingiye ku ijambo ry'Imana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;1) &lt;/strong&gt;Bamwe bavuga ko aba Bana b'Imana ari Abamarayika&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&amp;nbsp;2)&lt;/strong&gt; Abandi bavuga ko aba bana b'Imana ari urubyaro rwa Seti rwivanze n'urubyaro rwa Kayini bagashyingirana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;GROUP YA 1: &lt;/strong&gt;Abavuga ko abana b'Imana bavugwa hano ari Abamarayika, babishingira ahanini ku kuba mu isezerano rya kera, igihe cyose Bibiriya yavugaga &lt;strong&gt;&quot;Abana b'Imana&quot;&lt;/strong&gt; yabaga ishaka kuvuga &lt;strong&gt;Abamarayika&lt;/strong&gt;. Dore ibyo byanditswe:&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Yobu 1:6&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Umunsi umwe abana b’Imana baje bashengereye Uwiteka, kandi na Satani yazanye na bo.&quot; &lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;Ahangaha mu buryo butajijinganywaho, &lt;strong&gt;Abana b'Imana = Abamarayika&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Yobu 38:7&lt;/strong&gt; &quot;Igihe inyenyeri zo mu ruturuturu zaririmbiranaga, Abana b’Imana bose bakarangurura ijwi ry’ibyishimo? Ahangaha ni mu gihe Imana yari irimo kurema. Igihe Imana yaremaga ibiriho, umuntu yari atarabaho. Aha naho &lt;strong&gt;Abana b'Imana = Abamarayika&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ikibazo abashyigikira iki gitekerezo bakunze kugira, ni uko Bibiriya ivuga ko Abamarayika batagira igitsina, bityo ko&amp;nbsp;batakororoka, ntibarongora&amp;nbsp;cyangwa ngo barongorwe &lt;strong&gt;(Matayo 22;30)&lt;/strong&gt;, ariko iyo witegereje muri bibiriya, usanga izi mbogamizi zabonerwa ubusobanuro bushingiye ku ijambo ry'Imana, turabibona hasi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;GROUP YA 2&lt;/strong&gt;: Abavuga ko Abana b'Imana bavugwa ari urubyaro rwa Seti rwivanze n'urwa Kayini, na bo bahura n'ibibazo 2 bikurikira bitabonerwa ubusobanuro muri Bibiriya:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1)&lt;/strong&gt; Abakomoka kuri Seti ni abantu, n'abakomoka kuri Kayini ni abantu: None se ni iki cyatuma aba bantu bombi babyara abantu badasanzwe igihe barongoranye?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&amp;nbsp;2)&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Kugeza hano mu Itangiriro igice cya 6, nta hantu hagaragara muri Bibiriya Imana yaba yarabujije urubyaro rwa Seti&amp;nbsp; kurongorana n'urubyaro rwa Kayini: None se ni iki cyari gutuma Imana irakazwa n'uko barongoranye? Muzirikane ko uko kurongorana kw'abana b'Imana n'abakobwa b'abantu byarakaje Imana ku buryo yahise ifata imyanzuro ibiri ikaze: Imana yahise igabanya imyaka yo kubaho k'umuntu iyigeza ku 120, ndetse ifata n'umwanzuro wo kurimbuza isi umwuzure.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Umwanzuro ukaze Imana yahise ifata Abana b'Imana bamaze kurongorana n'Abana b'abantu, ni ukurimbuza isi umwuzure. Kugirango Imana igere aho irinda gufata umwanzuro nk'uyu, ni uko hari habaye ikintu gikomeye kandi kidasanzwe. Nta kindi cyaba kidasanzwe kirenze kuba Abamarayika bakwambara umubiri bakarongora abakobwa b'abantu, cyane ko muri uku kwihuza kudasanzwe kwanavuyemo abantu badasanzwe, bitwaga Abanaki. (Aba banaki bashoboraga gupima metero zigera kuri 3 z'uburebure, Bibiriya irabivuga neza ihereye kuri Goriyati w'i Gati wapimaga metero 3 &lt;strong&gt;(1 Samuel 17:4)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Group ya mbere ni yo ifite ubusobanuro bufite ireme kandi bushingiye kuri Bibiriya. Ni byo rwose, natwe ni ko tubibona, Abana b'Imana bavugwa muri iki gice ni Abamarayika bandi banze kumvira Imana, basuzugura nanone itegeko ryayo, bambara umubiri w'abantu, baryamana n'abakobwa b'abantu, babyarana abantu badasanzwe kuko uko kwihuza nako ntikwari gusanzwe. Za mbogamizi z'uko Abamarayika batagira umubiri wororoka nk'uw'abantu, na zo twazirebera mu ijambo ry'Imana. Nibyo, &lt;strong&gt;Matayo 22:29-30&lt;/strong&gt; hagira hati: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Yesu arabasubiza ati “Mwarahabye kuko mutamenye ibyanditswe cyangwa imbaraga z’Imana. Mu izuka ntibarongora kandi ntibashyingirwa, ahubwo bamera nk’abamarayika bo mu ijuru&quot;.&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; Sobanukirwa neza: Yesu aravuga ati &quot;bamera nk'abamarayika bo mu ijuru&quot;. Abamarayika bo mu ijuru batandukanye n'abamarayika baguye. Ikiyongera kuri ibi, muri Bibiriya harimo ibyanditswe byinshi tutabasha gushyira hano byose, aho Abamarayika bagiye bambara umubiri nk'uw'umuntu bakaza mu butumwa mu isi: Yakobo yakiranye n'umugabo ijoro ryose atazi ko ari Marayika, (Uyu mumarayika yari yiyambitse umubiri nk'uw'umuntu neza neza); Aburahamu yasangiye na Marayika,..... ingero ni nyinshi cyane. Mu &lt;strong&gt;Itangiriro 19:1-5&lt;/strong&gt; Bibiriya igaragaza aho abagabo bo mu murwa w'i Sodomu babonye Abamarayika bakifuza kuryamana na bo. Uko bigaragara rwose, aba bamarayika bari batumwe i Sodomu byabashobokeye&amp;nbsp;kwiyambika umubiri nk'uw''umuntu usanzwe, ku buryo abagabo b'i Sodomu barebye aba bamarayika bakifuza kuryamana na bo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Tugana ku musozo, ahari hari uwakwibaza ati&amp;nbsp;Ko tuzi ko Abamarayika badapfa, byaje kugendekera bite abo bamarayika? Bibiriya itubwira Abamarayika Imana yafungiraniye ahantu mu minyururu bakaba bategereje gucirwaho iteka, ibivuga muri aya magambo: &lt;strong&gt;Yuda 1:6&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;N’abamarayika batarinze ubutware bwabo ahubwo bakareka ubuturo bwabo, ibarindira mu minyururu idashira no mu mwijima w’icuraburindi kugira ngo bacirwe ho iteka ku munsi ukomeye.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp; Abantu benshi batekereza ko aba ari ba Bamarayika bakoze amahano tumaze kuvuga, bikaba ari nabyo byatumye nyuma yaho nta bandi Bamarayika bakoze amahano nk'ayo. Uko byagenda kose abamarayika bavugwa muri uyu murongo si babandi bifatanije na Lucifer bagahinduka abadayimoni, kuko nyine aba bahindutsee amadayimoni n'ubu arakora mu isi, mu gihe abandi bo ntabwo bahindutse abadayimoni ahubwo &quot;Imana yabafungiye mu minyururu idashira no mu mwijima w'icuraburindi&quot; aho bategerereje urubanza.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nguko uko tubibona dukoresheje Ijambo ry'Imana no kumurikirwa na Mwuka Wera: Ni byo rwose, Abana b'Imana bavugwa mu Itangiriro 6:1-4 ni Abamarayika.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ibahe umugisha.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=591&amp;qa_1=abamarayika-biyambitse-imibiri-baryamana-nabakobwa-babantu&amp;show=592#a592</guid>
<pubDate>Thu, 14 Sep 2023 21:11:06 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese hagati muri twe, tubana n'Abamarayika?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=355&amp;qa_1=ese-hagati-muri-twe-tubana-nabamarayika&amp;show=578#a578</link>
<description>&lt;p&gt;Inshuro nyinshi mu byanditswe byera kuva mu itangiriro, tubona Abamarayika ku murimo hano mu isi mu buryo butandukanye n'impamvu zitandukanye: Bamwe bazanaga ubutumwa bw'Imana, abandi bajyaga ku rugamba gufasha Abera. Bamwe bagaragaye bafite umubiri ufatika abantu bakabakoraho, ikindi gihe bakagaragara ari umwuka udafatika.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nk'uko dusanzwe tubizi, ntabwo Bibiriya yanditswe kugirango itumare amatsiko ku bibazo bidafite aho bihuriye n'umugambi w'Imana ku muntu. Gusa nanone twifashisha Bibiriya kugirango idufashe gusubiza ibibazo bitandukanye bifite aho bihuriye n'umugambi w'Imana ku muntu. Kimwe muri ibyo bibazo ni ukumenya niba hagati muri twe muri iyi minsi ya none, twaba tubana n'Abamarayika, bakaba bari hafi yacu kubera impamvu zitandukanye mu buryo butagaragara.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu isezerano rya kera, Abamarayika bagaragaye mu isi mu buryo budashidikanywaho inshuro nyinshi, atari mu iyerekwa cyangwa mu nzozi, ahubwo inshuro nyinshi baragaragaye bakabonwa n'amaso y'abantu. Yakobo yakiranye na Marayika, Aburahamu yasangiye na we, Yosuwa yahuriye na we ku rugamba..... n'abandi n'abandi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ese kuri ubu Abamarayika baba bari hagati muri twe mu buryo butagaragara cyangwa bugaragara? Imirongo imwe n'imwe muri Bibiriya yadufasha gusobanukirwa:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ibyakozwe n'Intumwa 12:14-15:&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;[....] Amenya ijwi rya Petero, ibinezaneza bimubuza gukingura, nuko yirukanka asubira mu nzu ababwira yuko Petero ahagaze ku irembo. Baramusubiza bati &quot;urasaze!&quot; ariko akomeza guhamya ko ari koko. Bati &quot;Ahubwo ni Marayika we&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&amp;nbsp;Abaheburayo 13:2:&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt; &quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Ntimukirengagize gucumbikira abashyitsi, kuko bamwe bacumbikiye abashyitsi, bacumbikiye abamarayika batabizi.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Tuzi mu buryo budashidikanywaho ko Imana yaremye abamarayika kandi ikibakoresha n'ubu kugirango isohoze ibintu bimwe na bimwe mu buryo bwayo hano mu isi, hagati muri twe. Icyo tutazi ni umubare cyangwa inshuro abamarayika bemererwa kugaragara hagati muri twe. No muri iki gihe cya none, Umuntu runaka ashobora gufungurwa amaso akabona marayika n'amaso y'umubiri. Abandi babonekerwa n'abamarayika mu nzozi, abadi mu iyerekwa. Nta wahamya mu buryo budashidikanywaho ko buri Mukristo afite umumarayika umwe cyangwa benshi bamugendaho aho agiye hose nka &quot;Body Guard&quot;, ariko icyo tuzi ni uko Imana igikoresha abamarayika mu gusohoza gahunda zayo zitandukanye mu isi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ndibuka igihe kimwe twari mu gitaramo gisoza umwaka (31/12) muri Assemblies of God i Huye; hari mu gicuku. Twarimo dusenga duhimbawe cyane, hanze hari abana bo ku muhanda bari banze kwinjira mu rusengero. Mu kanya kamwe, abo bana binjiye mu rusengero biruka bishwe n'ubwoba, batabasha ubugenda n'ururimi rutava mu kanwa. Bamaze kuzanzamuka, twababajije icyo babaye, batubwirira icyarimwe ko ubwo bari hanze, babonye abagabo bambaye ibyera, mu maso habo harabagirana, ngo bahagaze hejuru y'urusengero. Twe twahise dusobanukirwa ko Imana yabemereye kubona ibyo abandi batareba (Abamarayika). Ndibuka ko icyo gihe nibwiye mu mutima nti &quot;Mana, maze imyaka ngukorera, nturanyereka Marayika n'amaso y'umubiri, none umweretse ba Mayibobo koko? (...) Ariko nahise nigarura, nibuka ko Imana ikora icyo ishatse kandi nta wayibaza ngo urakora ibiki (Umubwiriza 8:4).&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Yewe biranashoboka ko bamwee muri twe baba barabonye abamarayika, cyangwa bakagendana na bo, ariko ntibahabwe kumenya ko abo bari kumwe ari abamarayika.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Tuzi mu buryo budashidikanywaho tubibwirijwe na Bibiriya ko Satani n'abadayimoni birirwa bazerera hagati muri twe bashaka uwo baconshomera&amp;nbsp;&lt;strong&gt;(1 Petero 5:8)&lt;/strong&gt;. None se niba ari uko bimeze, ni iki cyabuza abamarayika kuba hafi yacu kugirango badukorere ibyo Imana yifuza, kabone n'ubwo twaba tutababona?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ariko igikomeye kurushaho dukwiye kwishimira, ni uko tuzi mu buryo budashidikanywaho ko uwaremye abamarayika ubwe ari hagati muri twe. Agendana na twe, aba muri twe, Yishimana natwe, ababarana natwe. Ntazadusiga, ntazaduhana. afite uburyo butabarika bwo kutuvugisha no kutugirira neza. Iyo muri ubwo buryo ahisemo gukoresha abamarayika, arabikora nta rutangira.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ibahe umugisha.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;em&gt;Ev. Innocent Munyaneza&lt;/em&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=355&amp;qa_1=ese-hagati-muri-twe-tubana-nabamarayika&amp;show=578#a578</guid>
<pubDate>Tue, 05 Sep 2023 17:40:42 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese Satani n'abadayimoni bashobora kumenya ibyo dutekereza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=322&amp;qa_1=ese-satani-nabadayimoni-bashobora-kumenya-ibyo-dutekereza&amp;show=574#a574</link>
<description>&lt;p&gt;Mbere na mbere, ni&amp;nbsp; ngombwa gusobanukirwa ko Satani atabera hose icyarimwe. Ubu muri aka kanya urimo gusoma iki gisubizo, niba Satani ari aho wicaye, bisobanuye ko hano ndi adahari. Niba aka kanya ari muri USA, bisobanuye ko mu Rwanda adahari.&amp;nbsp;Imana ni yo yonyine ifite umwihariko wo kubera hose icyarimwe no kumenya byose, mu gihe Satani we acungira ku kuba afite umubare munini w'abadayimoni bamukorera umurimo we w'ubugome, ariko tutaragera kure, bibanze byumvikane ko Satani atazi byose, ndetse ntanabera hose icyarimwe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ese satani n'abadayimoni be bashobora gusoma mu bwonko bwacu no kumenya ibyo dutekereza? Igisubizo gitomoye ni &lt;strong&gt;OYA.&lt;/strong&gt; Bibiriya Yera, &lt;strong&gt;Abami ba mbere 8:39&lt;/strong&gt;; Bibiriya ivuga neza ko &quot;Imana Ariyo yonyine izi imitima y'abantu bose.&quot; Nta kindi cyaremwe gifite ubwo bubasha. Imana imenya icyo tugiye kuvuga kitarasohoka mu kanwa kacu. &lt;strong&gt;Zaburi 139:4&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Bibiriya igira iti&lt;strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#1abc9c&quot;&gt;&quot;Kuko ijambo ritaraba mu rurimi rwanjye Uba umaze kurimenya rwose, Uwiteka&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Yesu na we, kuko twizera ko ari Imana, akiri no mu isi mu mubiri yamenyaga igitekerezo cya buri muntu ataranavuga.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- &lt;strong&gt;Yohana 2:24&lt;/strong&gt; &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Ntiyagombaga kubwirwa iby'abantu, kuko ubwe yari azi ibibarimo&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- &lt;strong&gt;Matayo 9:4&lt;/strong&gt; &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Ariko Yesu amenya ibyo bibwira arababaza ati: Ni iki kibateye kwibwira ibidatunganye mu mitima yanyu?&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ni byo ko Bibiriya ivuga ko Satani afite imbaraga, kuko ni nawe mumarayika mukuru mu bamarayika baguye. Mu kugwa kwe, yabashije kwemeza no kwigarurira abamarayika bagera kuri kimwe cya gatatu cy'abamarayika Imana yaremye. &lt;strong&gt;(Ibyahishuwe 12:4)&lt;/strong&gt;. Ndetse n'aho agwiriye, Marayika ukomeye witwa Mikayeli, ubusanzwe usanzwe akora iby'ubutware buhambaye, igihe yariho atonganganira na Satani umurambo wa Mose, ku bwe ntiyabashije kugira ubundi butware kuri Satani ahubwo yitabaje Imana aravuga ati &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Umwami Imana Iguhane&quot;&lt;strong&gt; &lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;(Yuda1:9).&lt;/strong&gt; Ibyo aribyo byose, imbaraga za Satani n'ububasha bwe bifite umupaka ntarengwa, no gusoma mu bwonko bwacu ibyo dutekereza birenze ububasha bwe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kugirango Satani n'abadayimoni babashe gusoma mu bwonko bwacu ibyo dutekereza, byabasaba kuba bazi byose kandi ntibazi byose, byanabasaba kubera hose icyarimwe kandi ntibabera hose icyarimwe. Uwo ni umwihariko w'Imana. Icyakora, Satani n'abadayimoni be bafite inararibonye ikomeye y'igihe kirekire bayobya abantu kandi babagerageza. Babonye umwanya uhagije wo kwiga ikiremwa-muntu. Idayimoni ishobora kuba mu muntu, cyangwa kugenda ku muntu, ubuzima bwe bwose. Imyaka mirongo imugendaho bucece, ireba uko akora, uko avuga, uko abaho. Ibyo bibaha ishusho rusange ya buri muntu, cyane cyane ko ibyo babigenzura bucece, twe ntituba twitaye kuba hari ibiremwa bitagaragara birimo kutwumviriza ibyo tuvuga. Nyuma yo kugenzura ibyo byose, Satani n'abadayimoni bashobora gukora icyo bita mu cyongereza &lt;strong&gt;&quot;a well educated guess&quot;&lt;/strong&gt;, tugenekerereje mu kinyarwanda ni nko &lt;strong&gt;&quot;gufora cyangwa gutomboza&quot;&lt;/strong&gt;. Muri uku gufora no gutomboza, satani n'abadayimoni bashobora kugerageza gufora ibyo dutekereza cyangwa gahunda dufite n'ibindi. Ni yo mpamvu, rimwe barahusha.... ubundi bagahamyamo.......&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kugirango birusheho gusobanuka neza, tugiye kwifashisha ibyanditswe byera turebe ingero zifatika:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;u&gt;1) Kugerageza gufora no gutomboza:&lt;/u&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Igihe satani yashakaga Yobu, dore ijambo yabwiye Imana: &lt;strong&gt;Yobu 1:&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;9&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Maze Satani asubiza Uwiteka ati “Ariko se ugira ngo Yobu yubahira Imana ubusa? &lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;10Ntiwagiye umurinda we n'inzu ye n'ibyo atunze byose? Wahiriye umurimo w'amaboko ye, n'amatungo ye agwiriye mu gihugu.&amp;nbsp;11&amp;nbsp;Ariko rambura ukuboko kwawe ukore ku byo atunze byose, na we azakwihakana ari imbere yawe.”&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Biragaragara neza: Satani ntabwo yasomye mu bitekerezo bya Yobu ngo amenye niba Yobu ari bwihakane Imana: Ahubwo yarafoye, akurikije ibyo asanzwe abona ku bantu, aravuga ati na Yobu ari bwihakane Imana kuko ni ko bisanzwe bigenda! None se Yobu yihakanye Imana nk'uko satani yabyibwiraga? Oya rwose. Hano satani yafoye nabi, yarashe ku ruhande. biragaragara ko atari yabashije kureba mu bitekerezo bya Yobu, iyo aza kurebamo aba yaramenye ko Yobu atigeze anatekereza kwihakana Imana.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;u&gt;2) N'ubwo batabasha gusoma ibitekerezo byacu, satani n'abadayimoni bashobora kuduteramo igitekerezo.&lt;/u&gt;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ibi ni byo: Satani n'abadayimoni bashoboramo kuduteramo ibitekerezo, ingero zirahari muri Bibiriya: &lt;strong&gt;Ibyakozwe n'Intumwa 5:&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;3&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Petero aramubaza ati “Ananiya, ni iki gitumye Satani yuzuza umutima wawe kubeshya Umwuka Wera, ukīsigariza igice cy'ibiguzi by'isambu?&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Urundi rugero: &lt;strong&gt;Yohana 13:&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;2&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;Bakirya ibyokurya bya nijoro, Satani yari yamaze koshya umutima wa Yuda Isikariyota mwene Simoni ngo amugambanire.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Birasobanutse:&lt;/strong&gt; Iyo idayimoni ituye mu muntu&lt;strong&gt; (Possession)&lt;/strong&gt;, birayorohera cyane gutera igitekerezo mu mutima w'umuntu ituyemo. Ndetse rimwe na rimwe, uyu muntu utuwemo na dayimoni ashobora kuvuga, amagambo agasohoka mu kanwa ke, n'ijwi ukumva ari irye,&amp;nbsp; ariko mu by'ukuri atari amagambo ye ahubwo ari dayimoni irimo kuvuga. Ibyo bishoborwa na dayimoni ituye mu muntu gusa, iyo hanze y'umubiri ntabyo yabasha, ariko na bwo ntabwo bisobanuye ko dayimoni yasomye ibitekerezo bye, ahubwo yamuteyemo igitekerezo; (Biratandukanye). No muri Bibiriya ingero zirimo: &lt;strong&gt;Matayo 8:&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;28 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Amaze gufata hakurya mu gihugu cy'Abagadareni, ahura n'abantu babiri batewe n'abadayimoni bava mu mva, bari abasazi cyane bituma ari nta watinyuka kunyura muri iyo nzira. &lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;29Barataka cyane bati “Duhuriye he, Mwana w'Imana? Mbese uje hano kutwica urupfu n'agashinyaguro, igihe cyacu kitaragera?” 30Hirya yabo hari umugana w'ingurube nyinshi zirisha. 31Abadayimoni bazibonye baramwinginga bati “Nutwirukana utwohereze muri uriya mugana w'ingurube.” 32Arabasubiza ati “Nimugende.” Babavamo baragenda, bajya muri izo ngurube. Umugana wose wirukira ku gacuri, zisuka mu nyanja zipfira mu mazi.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Biragaragara rwose, dushingiye ku Ijambo ry'Imana, ko dayimoni ishobora kuvugira mu muntu, ariko ibyo ntibisobanuye ko ibasha gusoma ibitekerezo bye.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Hari ikindi cyanditswe cyadufasha: &lt;strong&gt;2 Abakorinto 2:&lt;/strong&gt;&lt;strong&gt;11&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Mbese ni nde mu bantu wamenya ibyo undi atekereza, keretse umwuka wa wa wundi umurimo? N'iby'Imana ni ko biri, nta wabimenya keretse Umwuka wayo.&quot;.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;Biragaragara ko uretse Imana na nyirabyo, nta kindi kiremwa, cyaba umuntu cyangwa satani n'abadayimoni&amp;nbsp;cyabasha kumenya ibyo undi atekereza.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Twebwe abaviriwe n'umucyo tukamenya ukuri, tujye twita ku nama Bibiriya itugira. Kenshi cyane Bibiriya idusaba kuvuga make no kutihutira kuvuga. Ntabwo impamvu yabyo ishingiye ku bo tuba tuganira gusa, ahubwo harimo n'inyungu y'uko hari ibiremwa bitagaragara bitabasha kumenya ibiri muri twe tutarabivuga, ahubwo bikadutegera ku bisohotse mu kanwa kacu.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ibahe umugisha.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ev. Innocent Munyaneza&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=322&amp;qa_1=ese-satani-nabadayimoni-bashobora-kumenya-ibyo-dutekereza&amp;show=574#a574</guid>
<pubDate>Tue, 05 Sep 2023 15:59:32 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese Satani akenera uruhushya rw'Imana mbere yo kudutera?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=320&amp;qa_1=ese-satani-akenera-uruhushya-rwimana-mbere-yo-kudutera&amp;show=546#a546</link>
<description>&lt;p&gt;Iki ni ikibazo kiza abantu benshi bakunze kwibaza, cyane cyane bashingiye ku nkuru y'ibyabaye kuri Yobu, aho bigaragara ko Satani yigabije Yobu nyuma yo kubiherwa uruhusa n'Imana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Wifashishije Bibiriya, nta cyanditswe na kimwe cy'umwihariko kigaragaza ko igihe cyose Satani ashatse gutera Umuntu akenera uruhusa rw'Imana. Ariko kandi, binagaragara ko mu bihe bimwe na bimwe no ku mpamvu zimwe na zimwe, Satani adashobora kudutera keretse abiherewe uruhusa n'Imana. Muri Yobu igice cya mbere, bigaragara ko Satani atabashije guteza Yobu imibababaro mbere yo kubyemererwa n'Imana.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ariko kandi, birakwiye kumenya impamvu Satani atabashaga gutera Yobu, iyi mpamvu igaragara mu magambo ya Satani ubwe. &lt;strong&gt;Yobu 1:9-10&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Maze Satani asubiza Uwiteka ati:'Ariko se ugirango Yobu yubahira Imana ubusa? Ntiwagiye umurinda we n'inzu ye n'ibyo atunze byose? Wahiriye umurimo w'amaboko ye, n'amatungo ye agwiriye mu gihugu.'&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;Biragaragara neza ko Satani yari azi neza uwo Yobu ari we, ndetse yari azi neza kandi yabonaga uburinzi budasanzwe n'imigisha Imana yashyiraga kuri Yobu. Iyo yobu aza kuba atarinzwe, Satani ntiyari gukenera kuza imbere y'Imana, yari gutera Yobu nta handi aciye. Mbere yo kuza imbere y'Imana, bigaragara ko Satani n'abadayimoni be bagerageje gutera Yobu, ntibabibashe kubera uburinzi bw'imana bwari kuri we. Icyo satani yasabaga, ni uko Imana yakura&amp;nbsp;uburinzi bwayo kuri Yobu akanya gato. Ese ibi bigaragaza ko igihe cyose Satani ashaka kudutera ajya kwaka uruhusa Imana? Reka dukomeze turebe ibyanditswe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ikindi cyanditswe kerekeza aha kiri muri &lt;strong&gt;Luka 22:31-32&lt;/strong&gt; aho yesu yabwiraga Petero ati &quot; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;'&lt;strong&gt;....Simoni, Simoni, dore Satani yabasabye kugirango abagosore nk'amasaka. Ariko weho ndakwingingiye ngo kwizera kwaye kudacogora. Nawe numara guhinduka ukomeze bagenzi bawe&lt;/strong&gt;'&quot;&lt;/span&gt;. Biragaragara neza ko aha naho, Satani yari yasabye uruhushya rwo kugerageza Petero n'izindi ntumwa. Yesu yahumurije Petero ko yamusengeye, ndetse amubwira impamvu Imana yemereye Satani ko abagerageza &lt;strong&gt;&quot;kugirango nibamara guhinduka no gukomera, bakomeze abandi&quot;.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri izi ngero zombi uko ari 2, bigaragara ko Imana yemereye Satani kugerageza abayo, ariko ikamushyiriraho umupaka ntarengwa. Ndetse no kuba Imana yarabyemeye, yari ifite gahunda nziza mu bitekerezo byayo: Kuri Yobu, Bibibiriya ivuga ko ubutunzi bwe bwa nyuma bwabaye bwinshi kurusha ubwa mbere. Kuri Petero na bagenzi be, bamaze guhinduka no gukomera bakomeje&amp;nbsp;abandi.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko bigaragara mu buryo budashidikanywaho, igihe cyose Satani yemerewe kudutera ashyirirwaho umupaka ntarengwa. Imana iradukunda kandi itwitayeho, ntishobora kuturekera mu mbibi za satani nta burinzi. Umwanditsi wa Zaburi yagize ati &lt;strong&gt;&quot;Iyaba Uwiteka atari we wari mu ruhande rwacu, ubwo abantu baduhagurukiraga, baba baratumize&amp;nbsp;bunguri tukiri bazima.... &quot;.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ukurindwa n'Imana ni byo bituma Satani atatwisanzuraho ngo akore icyo ashatse n'igihe abishakiye. Ku mpamvu zihariye no mu bihe byihariye, Satani ashobora kudusaba iyo akeneye kurenga imbago yashyiriweho. Ariko igihe cyose akiri mu mbibi ze, Bibiriya ivuga ko&lt;strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;azerera nk'intare yivuga ashaka uwo aconshomera.&lt;/span&gt; 1 Petero 5:8 &quot;.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Igihe cyose akiri mu mbago ze, ntaho Bibiriya ivuga ko akenera uruhushya kugirango adutere. Yadutera, yatugerageza, ariko hari aho atemerewe kurenga. Iyo akeneye kuharenga, aho niho akenera kubyemererwa ku mpamvu Imana isanga zitazaduhungabanya.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ibahe umugisha.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=320&amp;qa_1=ese-satani-akenera-uruhushya-rwimana-mbere-yo-kudutera&amp;show=546#a546</guid>
<pubDate>Thu, 06 Jul 2017 08:47:15 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese koko Abamarayika babaho?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=363&amp;qa_1=ese-koko-abamarayika-babaho</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=363&amp;qa_1=ese-koko-abamarayika-babaho</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:29:53 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese koko Abadayimoni babaho?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=362&amp;qa_1=ese-koko-abadayimoni-babaho</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=362&amp;qa_1=ese-koko-abadayimoni-babaho</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:29:23 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bibiriya ivuga iki kuri Marayika Mikayeli</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=361&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-kuri-marayika-mikayeli</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=361&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-kuri-marayika-mikayeli</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:28:12 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bibiriya ivuga iki kuri Marayika Gabriel?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=360&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-kuri-marayika-gabriel</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=360&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-kuri-marayika-gabriel</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:26:56 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Abamarayika bafite ubushake? (Free will / Volonte)</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=354&amp;qa_1=ese-abamarayika-bafite-ubushake-free-will-volonte</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=354&amp;qa_1=ese-abamarayika-bafite-ubushake-free-will-volonte</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:17:42 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Satani afite imbaraga (cyangwa ubutware) zingana iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=353&amp;qa_1=satani-afite-imbaraga-cyangwa-ubutware-zingana-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=353&amp;qa_1=satani-afite-imbaraga-cyangwa-ubutware-zingana-iki</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:16:42 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>&quot;Abatware n'abafite ubushobozi&quot;. Ni bande?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=352&amp;qa_1=abatware-nabafite-ubushobozi-ni-bande</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=352&amp;qa_1=abatware-nabafite-ubushobozi-ni-bande</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:15:40 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ibizima 4 bivugwa mu Byahishuwe ni ba nde?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=350&amp;qa_1=ibizima-4-bivugwa-mu-byahishuwe-ni-ba-nde</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=350&amp;qa_1=ibizima-4-bivugwa-mu-byahishuwe-ni-ba-nde</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:14:07 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana ikunda Satani?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=349&amp;qa_1=ese-imana-ikunda-satani</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=349&amp;qa_1=ese-imana-ikunda-satani</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:09:29 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Abamarayika baracyabonekera abantu no muri iyi minsi ya none?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=348&amp;qa_1=ese-abamarayika-baracyabonekera-abantu-muri-iyi-minsi-none</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=348&amp;qa_1=ese-abamarayika-baracyabonekera-abantu-muri-iyi-minsi-none</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:08:24 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Marayika Mikayeli na Satani bashakaga umurambo wa Mose? (Yuda 9)</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=347&amp;qa_1=kuki-marayika-mikayeli-satani-bashakaga-umurambo-mose-yuda</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=347&amp;qa_1=kuki-marayika-mikayeli-satani-bashakaga-umurambo-mose-yuda</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:07:00 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Abakristo bafite ububasha bwo kugira icyo bategeka Abamarayika?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=346&amp;qa_1=abakristo-bafite-ububasha-kugira-icyo-bategeka-abamarayika</link>
<description>Do Christians have the authority to command angels?</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=346&amp;qa_1=abakristo-bafite-ububasha-kugira-icyo-bategeka-abamarayika</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:05:02 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese ko ko 1/3 cy'Abamarayiko bose bagwanye na Luciferi</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=345&amp;qa_1=ese-ko-ko-1-3-cyabamarayiko-bose-bagwanye-na-luciferi</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=345&amp;qa_1=ese-ko-ko-1-3-cyabamarayiko-bose-bagwanye-na-luciferi</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:03:23 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Satani ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=344&amp;qa_1=satani-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=344&amp;qa_1=satani-ni-iki</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:02:13 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Imana yaremye Abamarayika ryari?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=343&amp;qa_1=imana-yaremye-abamarayika-ryari</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=343&amp;qa_1=imana-yaremye-abamarayika-ryari</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 23:01:13 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni ubuhe bwoko butandukanye bw'Abamarayika?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=342&amp;qa_1=ni-ubuhe-bwoko-butandukanye-bwabamarayika</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=342&amp;qa_1=ni-ubuhe-bwoko-butandukanye-bwabamarayika</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:53:48 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Abamarayika bagira amababa?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=341&amp;qa_1=ese-abamarayika-bagira-amababa</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=341&amp;qa_1=ese-abamarayika-bagira-amababa</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:52:34 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Abamarayika bararirimba?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=340&amp;qa_1=ese-abamarayika-bararirimba</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=340&amp;qa_1=ese-abamarayika-bararirimba</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:49:57 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Imana idaha Abamarayika baguye amahirwe yo kwihana?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=339&amp;qa_1=kuki-imana-idaha-abamarayika-baguye-amahirwe-yo-kwihana</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=339&amp;qa_1=kuki-imana-idaha-abamarayika-baguye-amahirwe-yo-kwihana</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:49:22 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Abamarayika ni abagabo cyangwa abagore?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=338&amp;qa_1=ese-abamarayika-ni-abagabo-cyangwa-abagore</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=338&amp;qa_1=ese-abamarayika-ni-abagabo-cyangwa-abagore</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:47:56 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Abamarayika basa bate?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=337&amp;qa_1=abamarayika-basa-bate</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=337&amp;qa_1=abamarayika-basa-bate</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:44:36 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese habaho Marayika w'urupfu?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=336&amp;qa_1=ese-habaho-marayika-wurupfu</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=336&amp;qa_1=ese-habaho-marayika-wurupfu</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:43:47 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki imana yemerera Satani kudutera?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=333&amp;qa_1=kuki-imana-yemerera-satani-kudutera</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=333&amp;qa_1=kuki-imana-yemerera-satani-kudutera</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:35:26 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese abadayimoni bashobora gutura mu kintu kindi uretse umuntu?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=332&amp;qa_1=ese-abadayimoni-bashobora-gutura-kintu-kindi-uretse-umuntu</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=332&amp;qa_1=ese-abadayimoni-bashobora-gutura-kintu-kindi-uretse-umuntu</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:33:54 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bibiriya ivuga iki ku badayimoni?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=331&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-ku-badayimoni</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=331&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-ku-badayimoni</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:32:11 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bibiriya ivuga iki ku guterwa n'abadayimoni?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=330&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-ku-guterwa-nabadayimoni</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=330&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-iki-ku-guterwa-nabadayimoni</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:31:14 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Umukristo ashobora guterwa no guturwamo n'abadayimoni?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=329&amp;qa_1=ese-umukristo-ashobora-guterwa-no-guturwamo-nabadayimoni</link>
<description>Can a Christian be demon possessed?</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=329&amp;qa_1=ese-umukristo-ashobora-guterwa-no-guturwamo-nabadayimoni</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:29:33 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Abakerubi ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=328&amp;qa_1=abakerubi-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=328&amp;qa_1=abakerubi-ni-iki</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:28:02 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Abaserafi ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=327&amp;qa_1=abaserafi-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=327&amp;qa_1=abaserafi-ni-iki</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:27:31 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Imyuka y'akarere ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=326&amp;qa_1=imyuka-yakarere-ni-iki</link>
<description>What are territorial spirits?</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=326&amp;qa_1=imyuka-yakarere-ni-iki</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:26:10 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Imyuka yarindiwe mu nzu y'imbohe ni iyihe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=325&amp;qa_1=imyuka-yarindiwe-mu-nzu-yimbohe-ni-iyihe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=325&amp;qa_1=imyuka-yarindiwe-mu-nzu-yimbohe-ni-iyihe</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:23:35 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Satani ashobora kugenzura ikirere n'ibihe (Weather)?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=324&amp;qa_1=ese-satani-ashobora-kugenzura-ikirere-nibihe-weather</link>
<description>Does Satan have the power to control the weather?</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=324&amp;qa_1=ese-satani-ashobora-kugenzura-ikirere-nibihe-weather</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:21:07 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni gute Satani ari &quot;Imana y'iyi si&quot;? (Abakorinto ba 2 4:4)</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=319&amp;qa_1=ni-gute-satani-ari-imana-yiyi-si-abakorinto-ba-2-4-4</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=319&amp;qa_1=ni-gute-satani-ari-imana-yiyi-si-abakorinto-ba-2-4-4</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:08:57 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Satani yaguye avuye mu ijuru: Byabaye gute, ryari, kubera iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=318&amp;qa_1=satani-yaguye-avuye-mu-ijuru-byabaye-gute-ryari-kubera-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=318&amp;qa_1=satani-yaguye-avuye-mu-ijuru-byabaye-gute-ryari-kubera-iki</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:01:19 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Satani yibwiye ko ashobora kunesha Imana bigatuma atangiza urugamba?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=317&amp;qa_1=satani-yibwiye-ashobora-kunesha-bigatuma-atangiza-urugamba</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=317&amp;qa_1=satani-yibwiye-ashobora-kunesha-bigatuma-atangiza-urugamba</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 22:00:09 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Satani aracyabasha kugera mu ijuru? Kuki Imana yemerera Satani kugera mu ijuru nk'uko Bibiriya ibivuga?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=316&amp;qa_1=satani-aracyabasha-kugera-yemerera-satani-bibiriya-ibivuga</link>
<description>Does Satan still have access to heaven? Why does God allow Satan to enter heaven, as recorded in the Bible?</description>
<category>Ibibazo byerekeye Abamarayika n'abadayimoni</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=316&amp;qa_1=satani-aracyabasha-kugera-yemerera-satani-bibiriya-ibivuga</guid>
<pubDate>Sun, 06 Nov 2016 21:54:17 +0000</pubDate>
</item>
</channel>
</rss>